Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya icyatumye Perezida w’Igihugu cy’igihangange atungurana akagaragara arinzwe n’Abajepe badasanzwe

radiotv10by radiotv10
28/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya icyatumye Perezida w’Igihugu cy’igihangange atungurana akagaragara arinzwe n’Abajepe badasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Joe Biden yagaragaye mu ngoro ye ari gutambutsa imbwirwaruhame imbere y’abana, arindiwe umutekano n’abana bato, atangira avuga ko yishimiye kuba yacungiwe umutekano n’abajepe (Secret Service Agents) kabuhariwe i Washington. Ibi byakozwe muri gahunda isanzwe igenewe abana.

Ni amafoto yashyizwe kuri Twitter ubwe Joe Biden kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023, aho aba ari gutanga imbwirwaruhame muri ‘White House’, ubwo yaganiraga n’abana.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kane ubwo Perezida Joe Biden yakiraga mu biro bye, abana muri gahunda yiswe ‘Take Your Child To Work Day’, bakanagirana ikiganiro, aho bagiye bamubaza ibibazo by’amatsiko.

Mu butumwa bwe akigera kuri Podium, atangiye ijambo rye, Perezida Biden yagize ati “Ndashaka gushimira abajepe banjye bari kungenda imbere.”

Naho mu mafoto yashyize kuri Twitter, Biden yayaherekesheje ubutumwa bugira buti “Iyi ni Take Your Child To Work Day, nagiriwe umugisha wo kuba nacungiwe umutekano na bamwe mu bajepe bakomeye mu mujyi.”

President Biden unveils his new Secret Service team at the White House’s “Take Your Child to Work Day.” pic.twitter.com/yXjlryhFRQ

— The Recount (@therecount) April 27, 2023

Aba bana baba bari imbere ya Perezida Joe Biden, baba bambaye nk’abasirikare barinda uyu Mukuru w’Igihugu, nk’imyambaro yirabura ndete n’amataratara y’umurimbo, ubundi banambaye utwuma tubafasha mu itumanaho, bakaba bagaragaye kandi bahagaze nka bo, bagaragaza igitinyiro n’ubushongore.

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri aya mafoto, bishimiye kubona uyu mukuru w’Igihugu cy’igihangange ari gucungirwa umutekano n’abana.

Nk’uwitwa Brennan Murphy yagize ati “Aba-Secrest service b’abana baba ari beza cyane muri white house, rero birakwiye ko abantu bazana abana babo bagahabwa akazi.”

Undi na we yagize ati “Mbega ibintu byiza mbonye mu buzima bwanjye.” Undi ati “Mana yanjye, biteye ubwuzu. Ukuntu bambaye indorerwamo z’izuba nziza.”

Iki gikorwa cya ‘Take Your Child To Work Day’, ni gahunda ngarukamwaka yo ku rwego rw’Igihugu isanzwe iba buri wa kane wa Kane w’ukwezi kwa Mata, aho ababyeyi bajyana abana babo aho bakorera kugira ngo bamenye ibyo baba bahugiyemo ndetse n’ubuzima bw’abantu bakuru.

Iyi gahunda iterwa inkunga n’umuryango udaharanira inyungu uzwi nka ‘Take Our Daughters and Sons to Work Foundation’ uri kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 umaze ubayeho, ari na yo mpamvu wakoze iki gikorwa mu buryo budasanzwe, ahajyanywe aba bana muri Whithe House.

Bimwe mu byo Biden yabwiye aba bana, ni uko ibara akunda ari ubururu, akaba akunda kurya ifunguro rya mu gitondo rigizwe n’amagi, inyama zitunganyijwe zizwi nka bacon ndetse na fromage cyangwa cheese.

Bagaragaye bitwaye nk’aba Secret service agents

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + fifteen =

Previous Post

Moses Turahirwa nyuma yo guhamagazwa na RIB hari andi amakuru yahise amenyekana

Next Post

Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko

Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.