Tuesday, October 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya icyatumye Perezida w’Igihugu cy’igihangange atungurana akagaragara arinzwe n’Abajepe badasanzwe

radiotv10by radiotv10
28/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya icyatumye Perezida w’Igihugu cy’igihangange atungurana akagaragara arinzwe n’Abajepe badasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Joe Biden yagaragaye mu ngoro ye ari gutambutsa imbwirwaruhame imbere y’abana, arindiwe umutekano n’abana bato, atangira avuga ko yishimiye kuba yacungiwe umutekano n’abajepe (Secret Service Agents) kabuhariwe i Washington. Ibi byakozwe muri gahunda isanzwe igenewe abana.

Ni amafoto yashyizwe kuri Twitter ubwe Joe Biden kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023, aho aba ari gutanga imbwirwaruhame muri ‘White House’, ubwo yaganiraga n’abana.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kane ubwo Perezida Joe Biden yakiraga mu biro bye, abana muri gahunda yiswe ‘Take Your Child To Work Day’, bakanagirana ikiganiro, aho bagiye bamubaza ibibazo by’amatsiko.

Mu butumwa bwe akigera kuri Podium, atangiye ijambo rye, Perezida Biden yagize ati “Ndashaka gushimira abajepe banjye bari kungenda imbere.”

Naho mu mafoto yashyize kuri Twitter, Biden yayaherekesheje ubutumwa bugira buti “Iyi ni Take Your Child To Work Day, nagiriwe umugisha wo kuba nacungiwe umutekano na bamwe mu bajepe bakomeye mu mujyi.”

President Biden unveils his new Secret Service team at the White House’s “Take Your Child to Work Day.” pic.twitter.com/yXjlryhFRQ

— The Recount (@therecount) April 27, 2023

Aba bana baba bari imbere ya Perezida Joe Biden, baba bambaye nk’abasirikare barinda uyu Mukuru w’Igihugu, nk’imyambaro yirabura ndete n’amataratara y’umurimbo, ubundi banambaye utwuma tubafasha mu itumanaho, bakaba bagaragaye kandi bahagaze nka bo, bagaragaza igitinyiro n’ubushongore.

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri aya mafoto, bishimiye kubona uyu mukuru w’Igihugu cy’igihangange ari gucungirwa umutekano n’abana.

Nk’uwitwa Brennan Murphy yagize ati “Aba-Secrest service b’abana baba ari beza cyane muri white house, rero birakwiye ko abantu bazana abana babo bagahabwa akazi.”

Undi na we yagize ati “Mbega ibintu byiza mbonye mu buzima bwanjye.” Undi ati “Mana yanjye, biteye ubwuzu. Ukuntu bambaye indorerwamo z’izuba nziza.”

Iki gikorwa cya ‘Take Your Child To Work Day’, ni gahunda ngarukamwaka yo ku rwego rw’Igihugu isanzwe iba buri wa kane wa Kane w’ukwezi kwa Mata, aho ababyeyi bajyana abana babo aho bakorera kugira ngo bamenye ibyo baba bahugiyemo ndetse n’ubuzima bw’abantu bakuru.

Iyi gahunda iterwa inkunga n’umuryango udaharanira inyungu uzwi nka ‘Take Our Daughters and Sons to Work Foundation’ uri kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 umaze ubayeho, ari na yo mpamvu wakoze iki gikorwa mu buryo budasanzwe, ahajyanywe aba bana muri Whithe House.

Bimwe mu byo Biden yabwiye aba bana, ni uko ibara akunda ari ubururu, akaba akunda kurya ifunguro rya mu gitondo rigizwe n’amagi, inyama zitunganyijwe zizwi nka bacon ndetse na fromage cyangwa cheese.

Bagaragaye bitwaye nk’aba Secret service agents

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 9 =

Previous Post

Moses Turahirwa nyuma yo guhamagazwa na RIB hari andi amakuru yahise amenyekana

Next Post

Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko

Related Posts

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko

by radiotv10
14/10/2025
0

Colonel Michael Randrianirina w’Ingabo za Madagascar, wari uyoboye abasirikare bigumuye bakifatanya n'urubyiruko mu myigaragambyo, yatangaje ko Igisirikare cyafashe ubutegetsi bw’iki...

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

by radiotv10
14/10/2025
1

Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar, yasheshe Inteko Ishinga amategeko nyuma yuko hari hateganyijwe amatora y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, agamije kumukura...

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

by radiotv10
14/10/2025
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, bashyize umukono ku masezerano ashyiraho urwego rushinzwe kugenzura no gukurikirana ishyirwa...

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

by radiotv10
13/10/2025
0

Nyuma y’iminsi ibiri inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo urwana ku ruhande rwa Leta ya DRC zigenzura ibice bine byo muri Teritwari...

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

by radiotv10
13/10/2025
0

Israel yashyikirijwe imfungwa 20 bari barafashwe bugwate n’umutwe wa Hamas mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’agahenge agamije kurangiza...

IZIHERUKA

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko
AMAHANGA

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko

by radiotv10
14/10/2025
0

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

14/10/2025
Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

14/10/2025
BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

14/10/2025
Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

14/10/2025
Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

14/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko

Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.