Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyemezo cya Leta cyateye impungenge urwego rukuru mu bukungu bw’u Rwanda n’icyo rucyifuzaho

radiotv10by radiotv10
24/02/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya icyemezo cya Leta cyateye impungenge urwego rukuru mu bukungu bw’u Rwanda n’icyo rucyifuzaho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko igiye gukura nkunganire yayo mu bikorwa byo gutwara abagenzi; Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda, buvuga ko bwasabye ko byakorwa mu byiciro kugira ngo bitazatuma umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro wongera kurenga ubushobozi bw’abaturage.

Imibare igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko ry’u Rwanda wamaze kugera mu cyerekezo gifasha ubukungu bw’u Rwanda gukura.

Ibi byagezweho kubera ingamba zitandukanye zagiye zifatwa na Leta, zirimo no gushyira nkunganire mu nzego zireba imibereho y’abaturage by’umwihariko mu bwikorezi no gutwara abagenzi, aho Leta yishyuriraga buri mugenzi ikiguzi cya 1/3 cy’igiciro cy’urugendo.

Gusa Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, aherutse kubwira Inteko Ishinga Amategeko ko Guverinoma igiye guhagarika ubu buryo bwari bumaze gutangwaho miliyari 91 Frw.

Yagize ati “Nkunganire mu kugenda kw’abantu yari igikorwa cyo kugira ngo dufashe abantu mu gihe cya Covid. Ntabwo ari nkunganire yahoraho kuko twemeza ko iyo ubyutse ugafata bisi uvuye aha ugiye aha; ni gahunda ugiyemo urabitekereza yego, ariko n’amafaranga ni menshi. nk’uko nabibabwiye ziriya miliyari 91 zimaze kujya mu gutwara abantu ntabwo tuzazikuraho ngo tuzibike.”

Iyi ngingo yahise itera impungenge bamwe mu Badepite, aho Dr Frank Habineza yagize ati “Hari n’itangazo twari twabonye ku mbugankoranyamabaga rigaragaza ko abantu batangira kwitegura y’uko ibiciro bizongera bikazamuka. Hari abagaragaza ko ubukungu nubwo imibare igaragaza ko buhagaze neza; ariko mu mifuka y’abaturage ntabwo birahagarara neza.”

Iki cyemezo nigishyirwa mu bikorwa uko cyavuzwe; kizaba kije gisanga umuvuduko w’ibiciro ku isoko wari umaze kugabanuka ku rugero rutari rwarigeze rubaho mu myaka itatu ishize.

Ukwezi kwa Mutarama 2024 kwasize uyu muvuduko ugeze kuri 5%, ndetse Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko nihatabaho ibindi bibazo, uyu mwaka uzarangira bikiri kuri urwo rugero, hagati ya 2% na 8%.

Guverineri wa BNR, John Rwangommbwa agaruka kuri iki cyemezo cya Leta cyo guhagarika nkunganire mu gutwara abagenzi, yavuze ko nubwo hataragaragazwa uko bizakorwa, ariko ko bikwiye gukoranwa ubushishozi kugira ngo bitazakoma mu nkokora uru rugendo rwo kugabanya umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro.

Yagize ati “Ntabwo turamenya uko Leta izabikora, ariko icyo twasabye ni uko byakorwa ntibibe icyarimwe kugira ngo byo kugira ingaruka ku bantu no kuri iyi mibare tureba.”

Nubwo hategerejwe kumenya ingaruka iki cyemezo gishobora kugira ku bukungu bw’u Rwanda; Gverinoma y’u Rwanda ivuga ko amafaranga yashyirwaga muri uku kunganira abantu mu ngendo, azashyirwa mu bindi bikorwa bigamije iterambere ry’imibereho y’abaturage.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 13 =

Previous Post

Umukinnyi w’Umudage wari wasezeye mu Ikipe y’Igihugu yatangaje ko yisubiyeho

Next Post

Hahishuwe uburyo Imbwa ya Perezida Biden yateje impagarara mu Bajepe bamurinda

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe uburyo Imbwa ya Perezida Biden yateje impagarara mu Bajepe bamurinda

Hahishuwe uburyo Imbwa ya Perezida Biden yateje impagarara mu Bajepe bamurinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.