Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyemezo cya Leta cyateye impungenge urwego rukuru mu bukungu bw’u Rwanda n’icyo rucyifuzaho

radiotv10by radiotv10
24/02/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya icyemezo cya Leta cyateye impungenge urwego rukuru mu bukungu bw’u Rwanda n’icyo rucyifuzaho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko igiye gukura nkunganire yayo mu bikorwa byo gutwara abagenzi; Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda, buvuga ko bwasabye ko byakorwa mu byiciro kugira ngo bitazatuma umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro wongera kurenga ubushobozi bw’abaturage.

Imibare igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko ry’u Rwanda wamaze kugera mu cyerekezo gifasha ubukungu bw’u Rwanda gukura.

Ibi byagezweho kubera ingamba zitandukanye zagiye zifatwa na Leta, zirimo no gushyira nkunganire mu nzego zireba imibereho y’abaturage by’umwihariko mu bwikorezi no gutwara abagenzi, aho Leta yishyuriraga buri mugenzi ikiguzi cya 1/3 cy’igiciro cy’urugendo.

Gusa Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, aherutse kubwira Inteko Ishinga Amategeko ko Guverinoma igiye guhagarika ubu buryo bwari bumaze gutangwaho miliyari 91 Frw.

Yagize ati “Nkunganire mu kugenda kw’abantu yari igikorwa cyo kugira ngo dufashe abantu mu gihe cya Covid. Ntabwo ari nkunganire yahoraho kuko twemeza ko iyo ubyutse ugafata bisi uvuye aha ugiye aha; ni gahunda ugiyemo urabitekereza yego, ariko n’amafaranga ni menshi. nk’uko nabibabwiye ziriya miliyari 91 zimaze kujya mu gutwara abantu ntabwo tuzazikuraho ngo tuzibike.”

Iyi ngingo yahise itera impungenge bamwe mu Badepite, aho Dr Frank Habineza yagize ati “Hari n’itangazo twari twabonye ku mbugankoranyamabaga rigaragaza ko abantu batangira kwitegura y’uko ibiciro bizongera bikazamuka. Hari abagaragaza ko ubukungu nubwo imibare igaragaza ko buhagaze neza; ariko mu mifuka y’abaturage ntabwo birahagarara neza.”

Iki cyemezo nigishyirwa mu bikorwa uko cyavuzwe; kizaba kije gisanga umuvuduko w’ibiciro ku isoko wari umaze kugabanuka ku rugero rutari rwarigeze rubaho mu myaka itatu ishize.

Ukwezi kwa Mutarama 2024 kwasize uyu muvuduko ugeze kuri 5%, ndetse Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko nihatabaho ibindi bibazo, uyu mwaka uzarangira bikiri kuri urwo rugero, hagati ya 2% na 8%.

Guverineri wa BNR, John Rwangommbwa agaruka kuri iki cyemezo cya Leta cyo guhagarika nkunganire mu gutwara abagenzi, yavuze ko nubwo hataragaragazwa uko bizakorwa, ariko ko bikwiye gukoranwa ubushishozi kugira ngo bitazakoma mu nkokora uru rugendo rwo kugabanya umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro.

Yagize ati “Ntabwo turamenya uko Leta izabikora, ariko icyo twasabye ni uko byakorwa ntibibe icyarimwe kugira ngo byo kugira ingaruka ku bantu no kuri iyi mibare tureba.”

Nubwo hategerejwe kumenya ingaruka iki cyemezo gishobora kugira ku bukungu bw’u Rwanda; Gverinoma y’u Rwanda ivuga ko amafaranga yashyirwaga muri uku kunganira abantu mu ngendo, azashyirwa mu bindi bikorwa bigamije iterambere ry’imibereho y’abaturage.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + two =

Previous Post

Umukinnyi w’Umudage wari wasezeye mu Ikipe y’Igihugu yatangaje ko yisubiyeho

Next Post

Hahishuwe uburyo Imbwa ya Perezida Biden yateje impagarara mu Bajepe bamurinda

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuganda is one of Rwanda’s strongest traditions. It brings people together every last Saturday of the month to clean, build,...

IZIHERUKA

Uncategorized

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe uburyo Imbwa ya Perezida Biden yateje impagarara mu Bajepe bamurinda

Hahishuwe uburyo Imbwa ya Perezida Biden yateje impagarara mu Bajepe bamurinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.