Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyemezo cya Leta cyateye impungenge urwego rukuru mu bukungu bw’u Rwanda n’icyo rucyifuzaho

radiotv10by radiotv10
24/02/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya icyemezo cya Leta cyateye impungenge urwego rukuru mu bukungu bw’u Rwanda n’icyo rucyifuzaho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko igiye gukura nkunganire yayo mu bikorwa byo gutwara abagenzi; Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda, buvuga ko bwasabye ko byakorwa mu byiciro kugira ngo bitazatuma umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro wongera kurenga ubushobozi bw’abaturage.

Imibare igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko ry’u Rwanda wamaze kugera mu cyerekezo gifasha ubukungu bw’u Rwanda gukura.

Ibi byagezweho kubera ingamba zitandukanye zagiye zifatwa na Leta, zirimo no gushyira nkunganire mu nzego zireba imibereho y’abaturage by’umwihariko mu bwikorezi no gutwara abagenzi, aho Leta yishyuriraga buri mugenzi ikiguzi cya 1/3 cy’igiciro cy’urugendo.

Gusa Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, aherutse kubwira Inteko Ishinga Amategeko ko Guverinoma igiye guhagarika ubu buryo bwari bumaze gutangwaho miliyari 91 Frw.

Yagize ati “Nkunganire mu kugenda kw’abantu yari igikorwa cyo kugira ngo dufashe abantu mu gihe cya Covid. Ntabwo ari nkunganire yahoraho kuko twemeza ko iyo ubyutse ugafata bisi uvuye aha ugiye aha; ni gahunda ugiyemo urabitekereza yego, ariko n’amafaranga ni menshi. nk’uko nabibabwiye ziriya miliyari 91 zimaze kujya mu gutwara abantu ntabwo tuzazikuraho ngo tuzibike.”

Iyi ngingo yahise itera impungenge bamwe mu Badepite, aho Dr Frank Habineza yagize ati “Hari n’itangazo twari twabonye ku mbugankoranyamabaga rigaragaza ko abantu batangira kwitegura y’uko ibiciro bizongera bikazamuka. Hari abagaragaza ko ubukungu nubwo imibare igaragaza ko buhagaze neza; ariko mu mifuka y’abaturage ntabwo birahagarara neza.”

Iki cyemezo nigishyirwa mu bikorwa uko cyavuzwe; kizaba kije gisanga umuvuduko w’ibiciro ku isoko wari umaze kugabanuka ku rugero rutari rwarigeze rubaho mu myaka itatu ishize.

Ukwezi kwa Mutarama 2024 kwasize uyu muvuduko ugeze kuri 5%, ndetse Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko nihatabaho ibindi bibazo, uyu mwaka uzarangira bikiri kuri urwo rugero, hagati ya 2% na 8%.

Guverineri wa BNR, John Rwangommbwa agaruka kuri iki cyemezo cya Leta cyo guhagarika nkunganire mu gutwara abagenzi, yavuze ko nubwo hataragaragazwa uko bizakorwa, ariko ko bikwiye gukoranwa ubushishozi kugira ngo bitazakoma mu nkokora uru rugendo rwo kugabanya umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro.

Yagize ati “Ntabwo turamenya uko Leta izabikora, ariko icyo twasabye ni uko byakorwa ntibibe icyarimwe kugira ngo byo kugira ingaruka ku bantu no kuri iyi mibare tureba.”

Nubwo hategerejwe kumenya ingaruka iki cyemezo gishobora kugira ku bukungu bw’u Rwanda; Gverinoma y’u Rwanda ivuga ko amafaranga yashyirwaga muri uku kunganira abantu mu ngendo, azashyirwa mu bindi bikorwa bigamije iterambere ry’imibereho y’abaturage.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Umukinnyi w’Umudage wari wasezeye mu Ikipe y’Igihugu yatangaje ko yisubiyeho

Next Post

Hahishuwe uburyo Imbwa ya Perezida Biden yateje impagarara mu Bajepe bamurinda

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe uburyo Imbwa ya Perezida Biden yateje impagarara mu Bajepe bamurinda

Hahishuwe uburyo Imbwa ya Perezida Biden yateje impagarara mu Bajepe bamurinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.