Friday, August 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, atangaza ko mu kugena ibiciro bishya by’Ibikomoka kuri Peteroli, hatekerejwe ku cyatuma ibiciro ku masoko bitazamuka, ari na yo mpamvu igiciro cya Mazutu kitahindutse.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Kanama 2023, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’Imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), rwatangaje ibiciro bishya by’Ibikomoka kuri Peteroli; aho litiro imwe ya Lisansi itagomba kurenza 1 639 Frw, mu gihe Mazutu yo ari 1 492 Frw.

Ni ibiciro byajemo impinduka kuri Lisansi gusa, kuko yazamutseho amafaranga 122 Frw, mu gihe mazutu yo yagumye ku yo yari iriho.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana agaruka kuri ibi biciro bishya bizatangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Kanama 2023, yavuze ko izamuka ry’ibi biciro riterwa n’ibibazo biri ku Isi, birimo intambara y’u Burusiya na Ukraine.

Avuga ko muri aya mezi macye ashize, igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli cyazamutse cyane, yaba aho bicukurwa ndetse n’ibiciro by’ubwikorezi bwabyo.

Ati “Hari impamvu ebyiri; iya mbere ni uko hari ibikomoka kuri peteroli byaturukaga mu Burusiya akenshi byacaga mu Buhindi no mu Bushinwa bikaba byakomeza n’ahandi ku Isi nko muri Afurika, murabizi ko hari ingamba zafashwe n’Ibihugu by’i Burayi byakomeje kugenda bifatira ibihano Igihugu cy’u Burusiya, byakomeje gutuma rero ibikomoka kuri Peteroli byacaga mu Bushinwa no mu Buhindi bidakomeza kuza nk’uko byazaga mu mezi macye ashize.”

Avuga ko indi mpamvu, ari ibyemezo byafashwe n’Ibihugu bicukurwamo Peteroli, byiyemeje kugabanya ingano y’ibikomoka kuri Peteroli yahacukurwaga.

Yagaragaje kandi impamvu igiciro cya Mazutu kitigeze kizamuka, avuga ko ari umwanzuro wafashwe na Leta y’u Rwanda mu nyungu rusange z’Abaturarwanda.

Ati “Iyo urebye muri rusange, imodoka zitwara abantu, zaba izikora mu bucuruzi cyane cyane mu kwikorera ibiribwa, imodoka nini tubona, izitwara ibikoresho byo mu bwubatsi, ziriya zose zikoresha Mazutu, ari yo mpamvu hafashwe umwanzuro w’uko igiciro cya Mazutu kitagomba guhinduka.”

Yaboneyeho no guha ubutumwa abacuruzi bajyaga bitwaza izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, bagatumbagiza ibiciro by’ibiribwa n’iby’, ko badakwiye kubyitwaza.

Ati “Kuri iyi mpamvu nta rwitwazo, yaba ari abafite imodoka zitwara ibicuruzwa, yaba ari abafite imodoka zitwara abantu, yaba ari abatwara abantu mu buryo bwa rusange. Ntabwo igiciro cya mazutu kigeze gihinduka.”

Dr Ernest Nsabimana avuga ko Leta y’u Rwanda ikurikiranira hafi ibyerecyeye ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli ku rwego mpuzamahanga, kuko impinduka zijemo, zigira ingaruka ku buzima n’ubukungu by’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 1 =

Previous Post

Ibitekerezo byihariye ku Muganura by’Abanyakigali bavuga ko usanze kurya kabiri byaribagiranye

Next Post

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wahawe inshingano zikomeye ku Isi yazitangiye avugwa imyato

Related Posts

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

IZIHERUKA

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC
MU RWANDA

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

01/08/2025
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

01/08/2025
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

31/07/2025
Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wahawe inshingano zikomeye ku Isi yazitangiye avugwa imyato

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wahawe inshingano zikomeye ku Isi yazitangiye avugwa imyato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.