Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, atangaza ko mu kugena ibiciro bishya by’Ibikomoka kuri Peteroli, hatekerejwe ku cyatuma ibiciro ku masoko bitazamuka, ari na yo mpamvu igiciro cya Mazutu kitahindutse.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Kanama 2023, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’Imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), rwatangaje ibiciro bishya by’Ibikomoka kuri Peteroli; aho litiro imwe ya Lisansi itagomba kurenza 1 639 Frw, mu gihe Mazutu yo ari 1 492 Frw.

Ni ibiciro byajemo impinduka kuri Lisansi gusa, kuko yazamutseho amafaranga 122 Frw, mu gihe mazutu yo yagumye ku yo yari iriho.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana agaruka kuri ibi biciro bishya bizatangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Kanama 2023, yavuze ko izamuka ry’ibi biciro riterwa n’ibibazo biri ku Isi, birimo intambara y’u Burusiya na Ukraine.

Avuga ko muri aya mezi macye ashize, igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli cyazamutse cyane, yaba aho bicukurwa ndetse n’ibiciro by’ubwikorezi bwabyo.

Ati “Hari impamvu ebyiri; iya mbere ni uko hari ibikomoka kuri peteroli byaturukaga mu Burusiya akenshi byacaga mu Buhindi no mu Bushinwa bikaba byakomeza n’ahandi ku Isi nko muri Afurika, murabizi ko hari ingamba zafashwe n’Ibihugu by’i Burayi byakomeje kugenda bifatira ibihano Igihugu cy’u Burusiya, byakomeje gutuma rero ibikomoka kuri Peteroli byacaga mu Bushinwa no mu Buhindi bidakomeza kuza nk’uko byazaga mu mezi macye ashize.”

Avuga ko indi mpamvu, ari ibyemezo byafashwe n’Ibihugu bicukurwamo Peteroli, byiyemeje kugabanya ingano y’ibikomoka kuri Peteroli yahacukurwaga.

Yagaragaje kandi impamvu igiciro cya Mazutu kitigeze kizamuka, avuga ko ari umwanzuro wafashwe na Leta y’u Rwanda mu nyungu rusange z’Abaturarwanda.

Ati “Iyo urebye muri rusange, imodoka zitwara abantu, zaba izikora mu bucuruzi cyane cyane mu kwikorera ibiribwa, imodoka nini tubona, izitwara ibikoresho byo mu bwubatsi, ziriya zose zikoresha Mazutu, ari yo mpamvu hafashwe umwanzuro w’uko igiciro cya Mazutu kitagomba guhinduka.”

Yaboneyeho no guha ubutumwa abacuruzi bajyaga bitwaza izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, bagatumbagiza ibiciro by’ibiribwa n’iby’, ko badakwiye kubyitwaza.

Ati “Kuri iyi mpamvu nta rwitwazo, yaba ari abafite imodoka zitwara ibicuruzwa, yaba ari abafite imodoka zitwara abantu, yaba ari abatwara abantu mu buryo bwa rusange. Ntabwo igiciro cya mazutu kigeze gihinduka.”

Dr Ernest Nsabimana avuga ko Leta y’u Rwanda ikurikiranira hafi ibyerecyeye ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli ku rwego mpuzamahanga, kuko impinduka zijemo, zigira ingaruka ku buzima n’ubukungu by’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 6 =

Previous Post

Ibitekerezo byihariye ku Muganura by’Abanyakigali bavuga ko usanze kurya kabiri byaribagiranye

Next Post

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wahawe inshingano zikomeye ku Isi yazitangiye avugwa imyato

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

26/12/2025
Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wahawe inshingano zikomeye ku Isi yazitangiye avugwa imyato

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wahawe inshingano zikomeye ku Isi yazitangiye avugwa imyato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.