Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, atangaza ko mu kugena ibiciro bishya by’Ibikomoka kuri Peteroli, hatekerejwe ku cyatuma ibiciro ku masoko bitazamuka, ari na yo mpamvu igiciro cya Mazutu kitahindutse.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Kanama 2023, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’Imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), rwatangaje ibiciro bishya by’Ibikomoka kuri Peteroli; aho litiro imwe ya Lisansi itagomba kurenza 1 639 Frw, mu gihe Mazutu yo ari 1 492 Frw.

Ni ibiciro byajemo impinduka kuri Lisansi gusa, kuko yazamutseho amafaranga 122 Frw, mu gihe mazutu yo yagumye ku yo yari iriho.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana agaruka kuri ibi biciro bishya bizatangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Kanama 2023, yavuze ko izamuka ry’ibi biciro riterwa n’ibibazo biri ku Isi, birimo intambara y’u Burusiya na Ukraine.

Avuga ko muri aya mezi macye ashize, igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli cyazamutse cyane, yaba aho bicukurwa ndetse n’ibiciro by’ubwikorezi bwabyo.

Ati “Hari impamvu ebyiri; iya mbere ni uko hari ibikomoka kuri peteroli byaturukaga mu Burusiya akenshi byacaga mu Buhindi no mu Bushinwa bikaba byakomeza n’ahandi ku Isi nko muri Afurika, murabizi ko hari ingamba zafashwe n’Ibihugu by’i Burayi byakomeje kugenda bifatira ibihano Igihugu cy’u Burusiya, byakomeje gutuma rero ibikomoka kuri Peteroli byacaga mu Bushinwa no mu Buhindi bidakomeza kuza nk’uko byazaga mu mezi macye ashize.”

Avuga ko indi mpamvu, ari ibyemezo byafashwe n’Ibihugu bicukurwamo Peteroli, byiyemeje kugabanya ingano y’ibikomoka kuri Peteroli yahacukurwaga.

Yagaragaje kandi impamvu igiciro cya Mazutu kitigeze kizamuka, avuga ko ari umwanzuro wafashwe na Leta y’u Rwanda mu nyungu rusange z’Abaturarwanda.

Ati “Iyo urebye muri rusange, imodoka zitwara abantu, zaba izikora mu bucuruzi cyane cyane mu kwikorera ibiribwa, imodoka nini tubona, izitwara ibikoresho byo mu bwubatsi, ziriya zose zikoresha Mazutu, ari yo mpamvu hafashwe umwanzuro w’uko igiciro cya Mazutu kitagomba guhinduka.”

Yaboneyeho no guha ubutumwa abacuruzi bajyaga bitwaza izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, bagatumbagiza ibiciro by’ibiribwa n’iby’, ko badakwiye kubyitwaza.

Ati “Kuri iyi mpamvu nta rwitwazo, yaba ari abafite imodoka zitwara ibicuruzwa, yaba ari abafite imodoka zitwara abantu, yaba ari abatwara abantu mu buryo bwa rusange. Ntabwo igiciro cya mazutu kigeze gihinduka.”

Dr Ernest Nsabimana avuga ko Leta y’u Rwanda ikurikiranira hafi ibyerecyeye ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli ku rwego mpuzamahanga, kuko impinduka zijemo, zigira ingaruka ku buzima n’ubukungu by’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − eleven =

Previous Post

Ibitekerezo byihariye ku Muganura by’Abanyakigali bavuga ko usanze kurya kabiri byaribagiranye

Next Post

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wahawe inshingano zikomeye ku Isi yazitangiye avugwa imyato

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wahawe inshingano zikomeye ku Isi yazitangiye avugwa imyato

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wahawe inshingano zikomeye ku Isi yazitangiye avugwa imyato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.