• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya igihano cyahawe Umunya-Cameroon wahamijwe gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ikizakorwa natacyubahiriza

radiotv10by radiotv10
10/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya igihano cyahawe Umunya-Cameroon wahamijwe gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ikizakorwa natacyubahiriza
Share on FacebookShare on Twitter

Umwanditsi w’Umunya-Cameroon, Charles Onana yahamijwe n’Urukiko rwo mu Bufaransa icyaha cyo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi akaba ari na we wa mbere ubihamijwe muri iki Gihugu, rumuhanisha kwishyura ihazabu y’ihumbi 8,4 by’ama-Euro mu minsi 120, atabikora, agafungwa.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Mbere tariki 09 Ukuboza 2024 nyuma yuko uru Rukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwari rwatangiye kuburanisha uyu mwanditsi mu ntangiro z’Ukwakira 2024.

Me Gisagara Richard, umwe mu banyamategeko bakurikiranye uru rubanza, yavuze ko nk’uruhande rw’abari bahagarariye u Rwanda muri uru rubanza, bishimiye iki cyemezo cy’Urukiko cyo guhamya uyu mwanditsi iki cyaha.

Yavuze ko hari hashize imyaka 12 hasabwa ko Ubutabera bw’Igihugu cy’u Bufaransa buhana icyaha cyo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko hakunze kugaragara bamwe mu bagikora, none Onana akaba abaye uwa mbere ugihamijwe muri iki Gihugu.

Ati “Ni icyemezo cyadushimishije cyane, tukaba twumva ko kigiye kubera urugero abandi bose bari baragize Igihugu cy’u Bufaransa icy’abantu bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Me Gisagara yavuze ko Charles Onana yahanishijwe igihano cyo kwishyura ihazabu ya 8 400 Euro (arenga Miliyoni 11 Frw), ariko ko ikiba kigenderewe atari igihano, ahubwo ko ari ingaruka zo kuba yahamijwe iki cyaha.

Ati “Urebye ikintu kinini kiba kigenderewe, ntabwo ari igihano, kuko akenshi iyo uhamijwe icyo cyaha bwa mbere ntabwo igihano kiba kiri hejuru. Ikinini cyane ni uko iyo icyaha kiguhamye, ni icyasha bigushyiraho, iyo Ubucamanza bwemeje ko uri umuntu uhakana Jenoside, kugeza ubu ngubu abantu bari bamaze kwemezwa icyo cyaha, ni abantu bahakana Jenoside yakorewe Abayahudi, iyo icyo cyasha kimaze kugufata, nta muntu wongera kuguha ijambo.”

Avuga kandi ko ibi bizagira ingaruka zikomeye kuri Onana kuko yari asanzwe atunzwe no kwandika no gutangaza amakuru yo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ku buryo ubu nta muntu uzongera kumwizera no kumuha umwanya ngo abone aho anyuza ibyo yatangazaga.

Ati “Ntabwo wongera guca ku mateleviziyo azwi, ntabwo wongera kujya gutanga ibiganiro mbwirwaruhame. Ni cyo kintu cya mbere umuntu aba akurikiye, icya mbere ni ukugira ngo umuntu icyaha kimuhame.”

Charles Onana kandi yahise atangaza ko azajurira iki cyemezo yafatiwe, ariko ko iyi hazabu yakatiwe, aramutse atayitanze mu minsi 120, azahanishwa gufungwa iminsi 120.

Guhamywa iki cyaha byamwambitse icyasha kizatuma atongera guhabwa umwanya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − three =

Previous Post

Abanyerondo b’umwuga bo muri Kigali babwiwe ikizafasha guhangana n’ababiyitirira bagakora ibidakwiye

Next Post

LONI yavuze icyo ubona mu kuba Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye kongera kuganira

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

LONI yavuze icyo ubona mu kuba Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye kongera kuganira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.