Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatanu, imihanda ine izatangirizwamo igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu masaha y’abagenzi benshi.
Byatangajwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa Kane tariki 23 Mata 2025, mbere y’umunsi umwe gusa ngo iyi gahunda itangire gushyirwa mu bikorwa, kuko izatangira kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mata 2026.
Iyi mihanda irimo uturuka muri Rond Point yo mu mujyi (City Centre Roundabout) ugana Peyage-Kanogo-Rwandex-Sonatubes-mu Giporoso kugera ku Cyamitsingi.
Hari kandi umuhanda uturuka Sonatube-Kicukiro Centre ugakomeza kuri Gare ya Nyanza mu Karere ka Kicukiro.
Undi muhanda, n’uva mu Mujyi rwagati Downtown ugana kuri 1930 (ahahoze Igororero rya Nyarugenge) ugakomeza Roundabout-Yamaha-Gare ya Nyabugogo.
Undi muhanda wa kane, ni uva kuri Hoteli Gloria (mu Mujyi rwagati) ugana ku Isoko rya Nyarugenge ukagera kuri City Plaza.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ako “Iki gisate kizajya gikoreshwa na bisi n’ibinyabiziga ndakumirwa mu masaha ya mugitondo (06h00 kugeza 10h00) na nimugoroba (17h00 kugeza 21h00).”
Bukomeza bukomeza buvuga ko “Mu yandi masaha, iyi mihanda izajya ikoreshwa n’ibinyabiziga byose mu buryo busanzwe” kandi ko “Iyi mihanda izashyirwamo ibyapa byabugenewe byerekana iyi gahunda.”
Iyi gahunda yari iherutse gutangizwa mu buryo bw’igerageza mu muhanda ugana mu mujyi rwagati unyuze Rwandex, ahashyizweho n’ibimenyetso byihariye bya bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.
Inzego z’ubuyobozi mu Rwanda zimaze iminsi zigira inama abakora ingendo mu Mujyi wa Kigali gukoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, kuko iyi gahunda yanogejwe.
Ibi kandi bikaba biri no mu rwego rwo gucunga no gukoresha neza ibikomoka kuri Peteroli bikomeje guhenda ku isoko mpuzamahanga no mu Rwanda.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Eng. Uwihanganye Jean de Dieu; mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Gatatu, yibukije abafite imodoka zabo bwite, kuyoboka izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange kuko ubu imeze neza kubera amavugurura yakozwemo, ndetse ko azakomeza gukorwa, kugira ngo abantu barusheho kuyiyoboka.
RADIOTV10








