Thursday, April 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

radiotv10by radiotv10
23/04/2026
in MU RWANDA
0
Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatanu, imihanda ine izatangirizwamo igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu masaha y’abagenzi benshi.

Byatangajwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa Kane tariki 23 Mata 2025, mbere y’umunsi umwe gusa ngo iyi gahunda itangire gushyirwa mu bikorwa, kuko izatangira kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mata 2026.

Iyi mihanda irimo uturuka muri Rond Point yo mu mujyi (City Centre Roundabout) ugana Peyage-Kanogo-Rwandex-Sonatubes-mu Giporoso kugera ku Cyamitsingi.

Hari kandi umuhanda uturuka Sonatube-Kicukiro Centre ugakomeza kuri Gare ya Nyanza mu Karere ka Kicukiro.

Undi muhanda, n’uva mu Mujyi rwagati Downtown ugana kuri 1930 (ahahoze Igororero rya Nyarugenge) ugakomeza Roundabout-Yamaha-Gare ya Nyabugogo.

Undi muhanda wa kane, ni uva kuri Hoteli Gloria (mu Mujyi rwagati) ugana ku Isoko rya Nyarugenge ukagera kuri City Plaza.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ako “Iki gisate kizajya gikoreshwa na bisi n’ibinyabiziga ndakumirwa mu masaha ya mugitondo (06h00 kugeza 10h00) na nimugoroba (17h00 kugeza 21h00).”

Bukomeza bukomeza buvuga ko “Mu yandi masaha, iyi mihanda izajya ikoreshwa n’ibinyabiziga byose mu buryo busanzwe” kandi ko “Iyi mihanda izashyirwamo ibyapa byabugenewe byerekana iyi gahunda.”

Iyi gahunda yari iherutse gutangizwa mu buryo bw’igerageza mu muhanda ugana mu mujyi rwagati unyuze Rwandex, ahashyizweho n’ibimenyetso byihariye bya bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Inzego z’ubuyobozi mu Rwanda zimaze iminsi zigira inama abakora ingendo mu Mujyi wa Kigali gukoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, kuko iyi gahunda yanogejwe.

Ibi kandi bikaba biri no mu rwego rwo gucunga no gukoresha neza ibikomoka kuri Peteroli bikomeje guhenda ku isoko mpuzamahanga no mu Rwanda.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Eng. Uwihanganye Jean de Dieu; mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Gatatu, yibukije abafite imodoka zabo bwite, kuyoboka izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange kuko ubu imeze neza kubera amavugurura yakozwemo, ndetse ko azakomeza gukorwa, kugira ngo abantu barusheho kuyiyoboka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 13 =

Previous Post

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Next Post

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Related Posts

Prof. PLO Lumumba Reaffirms International Community’s Failure During the 1994 Genocide Against the Tutsi in Rwanda

Prof. PLO Lumumba Reaffirms International Community’s Failure During the 1994 Genocide Against the Tutsi in Rwanda

by radiotv10
23/04/2026
0

Prof. Patrick Loch Otieno Lumumba said that even before the 1994 Genocide against the Tutsi took place, there had long...

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

by radiotv10
23/04/2026
0

Prof. Patrick Loch Otieno Lumumba, inzobere mu mategeko, akaba n’umwe mu bahanga mu gutanga ibiganiro mbwirwaruhame, yavuze ko Jenoside yakorewe...

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

by radiotv10
23/04/2026
0

Umusore wari uherutse gutabwa muri yombi akekwaho kwiba mudosobwa ebyiri z’Ikigo cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka...

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

by radiotv10
23/04/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 wo mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside nyuma...

Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

by radiotv10
23/04/2026
0

Abasesengura iby’ubukungu bavuga ko icyemezo gisaba ibigo bya Leta  kongera umubare w'imodoka z'amashanyarazi mu zo bigura, kizatanga umusaruro ku bukungu...

IZIHERUKA

Prof. PLO Lumumba Reaffirms International Community’s Failure During the 1994 Genocide Against the Tutsi in Rwanda
MU RWANDA

Prof. PLO Lumumba Reaffirms International Community’s Failure During the 1994 Genocide Against the Tutsi in Rwanda

by radiotv10
23/04/2026
0

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

23/04/2026
Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

23/04/2026
Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

23/04/2026
Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

23/04/2026
Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

23/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Prof. PLO Lumumba Reaffirms International Community’s Failure During the 1994 Genocide Against the Tutsi in Rwanda

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.