Thursday, April 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

radiotv10by radiotv10
23/04/2026
in MU RWANDA
0
Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatanu, imihanda ine izatangirizwamo igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu masaha y’abagenzi benshi.

Byatangajwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa Kane tariki 23 Mata 2025, mbere y’umunsi umwe gusa ngo iyi gahunda itangire gushyirwa mu bikorwa, kuko izatangira kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mata 2026.

Iyi mihanda irimo uturuka muri Rond Point yo mu mujyi (City Centre Roundabout) ugana Peyage-Kanogo-Rwandex-Sonatubes-mu Giporoso kugera ku Cyamitsingi.

Hari kandi umuhanda uturuka Sonatube-Kicukiro Centre ugakomeza kuri Gare ya Nyanza mu Karere ka Kicukiro.

Undi muhanda, n’uva mu Mujyi rwagati Downtown ugana kuri 1930 (ahahoze Igororero rya Nyarugenge) ugakomeza Roundabout-Yamaha-Gare ya Nyabugogo.

Undi muhanda wa kane, ni uva kuri Hoteli Gloria (mu Mujyi rwagati) ugana ku Isoko rya Nyarugenge ukagera kuri City Plaza.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ako “Iki gisate kizajya gikoreshwa na bisi n’ibinyabiziga ndakumirwa mu masaha ya mugitondo (06h00 kugeza 10h00) na nimugoroba (17h00 kugeza 21h00).”

Bukomeza bukomeza buvuga ko “Mu yandi masaha, iyi mihanda izajya ikoreshwa n’ibinyabiziga byose mu buryo busanzwe” kandi ko “Iyi mihanda izashyirwamo ibyapa byabugenewe byerekana iyi gahunda.”

Iyi gahunda yari iherutse gutangizwa mu buryo bw’igerageza mu muhanda ugana mu mujyi rwagati unyuze Rwandex, ahashyizweho n’ibimenyetso byihariye bya bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Inzego z’ubuyobozi mu Rwanda zimaze iminsi zigira inama abakora ingendo mu Mujyi wa Kigali gukoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, kuko iyi gahunda yanogejwe.

Ibi kandi bikaba biri no mu rwego rwo gucunga no gukoresha neza ibikomoka kuri Peteroli bikomeje guhenda ku isoko mpuzamahanga no mu Rwanda.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Eng. Uwihanganye Jean de Dieu; mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Gatatu, yibukije abafite imodoka zabo bwite, kuyoboka izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange kuko ubu imeze neza kubera amavugurura yakozwemo, ndetse ko azakomeza gukorwa, kugira ngo abantu barusheho kuyiyoboka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

Related Posts

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

by radiotv10
23/04/2026
0

Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’u Rwanda rishinzwe amahugurwa y’aba Ofisiye bakuru (RDFSCSC), basuye ibice bibumbatiye amateka y’urugamba rwo...

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

by radiotv10
23/04/2026
0

Umusore wari uherutse gutabwa muri yombi akekwaho kwiba mudosobwa ebyiri z’Ikigo cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka...

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Centrafrique zavuye abaturage 170

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Centrafrique zavuye abaturage 170

by radiotv10
23/04/2026
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique zigize itsinda rya RWABAT-2), zakoze igikorwa cyo...

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

by radiotv10
22/04/2026
0

Uwari umukozi wa WASAC mu Karere ka Rubavu waherukaga kugaragara mu cyumweru gishize, yasanzwe mu nzu yabagamo mu Murenge wa...

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

by radiotv10
22/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko iperereza ku rupfu rw'umwanditsi w’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye uherutse gusangwa mu muferege yapfuye mu...

IZIHERUKA

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi
MU RWANDA

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

by radiotv10
23/04/2026
0

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

23/04/2026
Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

23/04/2026
Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

23/04/2026
M.Fayulu ngo uretse u Rwanda na Uganda hari n’abagambanyi bari inyuma y’ibibazo bya Congo

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yarakaye nyuma yuko ishyaka rya Tshisekedi ritangije ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga

23/04/2026
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Centrafrique zavuye abaturage 170

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Centrafrique zavuye abaturage 170

23/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.