Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu Guverinoma y’u Rwanda yazamuye imisoro ku nzoga n’itabi

radiotv10by radiotv10
11/02/2025
in MU RWANDA
0
Menya impamvu Guverinoma y’u Rwanda yazamuye imisoro ku nzoga n’itabi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yazamuye imisoro ku nyungu-TVA ku bicuruzwa birimo itabi n’inzoga, ndetse inashyiraho imisoro mishya itari isanzweho nko kuri serivisi z’ikoranabuhanga nko ku bakoresha Netflix na Amazon. Hasobanuwe icyashingiweho.

Byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Gashyantare 2025 yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ingingo ya gatatu y’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri, ivuga ko “yemeje imishinga y’amategeko n’amateka harimo ayerekeye imisoro n’amahoro mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’Igihugu bwo gushyira mu bikorwa Gahunda y’Igihugu yo kwihutisha Iterambere (NST2).”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yavuze ko muri iyi Nama y’Abaminisitiri haganiriwe ku misoro yo mu bwoko butatu irimo iy’ibikoresho bitajyaga bisoreshwa umusoro ku nyungu uzwi nka TVA.

Ati “Urugero, TVA ntabwo yatangwaga mu matelefone mu rwego rwo gushyigikira ko Abanyarwanda benshi bakoresha amatelefone, kandi kugeza ubu bisa nk’aho twabigezeho, hafi 80% by’Abanyarwanda bafite amatelefone.”

Hari kandi n’ibikoresho by’ikoranabuhanga bitishyurirwaga TVA, nabyo bikaba bigiye kujya bisoreshwa uyu musoro wo ku nyungu.

Minisitiri Murangwa kandi yavuze ko Inama y’Abaminisitiri yanaganiriye ku muroso wazamuwe. Ati “Urugero twazamuye imisoro ku Itabi, hanazamurwa imisoro ku nzoga byeri.”

Nanone kandi haganiriwe ku misoro mishya itari isanzweho, irimo ijyanye n’ikoranabuhanga rizweho izwi nka ‘Digital services Taxes’ nka serivisi yo kureba film hifashishijwe imbuga nka Netflix ndetse n’urubuga Amazon rwifashishwa mu guhaha. Ati “Na ho twemeje ko hajyaho umusoro.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi avuga ko kuzamura iyi misoro no kuzana iyi mishya, bishingiye ku bikenewe kugira ngo hashyigikirwe Gahunda yo Kwihutisha Iterambere NST2.

Ati “Icyo twashingiyeho gikomeye, ni icyifuzo cyo kuva aho turi n’aho dushaka kugana. Nk’uko tubizi turi mu mwaka wa mbere wo gushyira mu bikorwa gahunda y’iterambere NST2 kandi bikaba bisaba amikoro kandi kugira ngo Igihugu gitere imbere kive ku rwego rumwe kijye ku rundi, bisaba ubushobozi kandi ubushobozi ni imisoro, kandi twarabishishoje cyane, dusanga ko iyo misoro ni ibintu bishoboka, ntabwo twemeje imisoro idashoboka.”

Gusa Minisitiri Murangwa yavuze ko hari uburyo iyi misoro izajyenda itangwa, kugira ngo byorohereze abagomba kuyitanga.

Ati “Iyi misoro yose ntabwo izahita igiraho icyarimwe, ni gahunda y’imyaka itanu. Ni ukuvuga ko buri mwaka hari imisoro twateganyije ko izagenda ishyirwaho kandi tuzabisobanura kugira ngo abo bireba bose babyumve neza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 12 =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda yafashe icyemezo cyo gutandukana n’uwamufashaga avuga n’icyabimuteye

Next Post

M23 yaciye amarenga yo gufata undi Mujyi uzwi muri Congo

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Bidasubirwaho M23 yafashe Umujyi wa Goma ihita iha amabwiriza FARDC yubahirije itazuyaje

M23 yaciye amarenga yo gufata undi Mujyi uzwi muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.