Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu Guverinoma y’u Rwanda yazamuye imisoro ku nzoga n’itabi

radiotv10by radiotv10
11/02/2025
in MU RWANDA
0
Menya impamvu Guverinoma y’u Rwanda yazamuye imisoro ku nzoga n’itabi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yazamuye imisoro ku nyungu-TVA ku bicuruzwa birimo itabi n’inzoga, ndetse inashyiraho imisoro mishya itari isanzweho nko kuri serivisi z’ikoranabuhanga nko ku bakoresha Netflix na Amazon. Hasobanuwe icyashingiweho.

Byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Gashyantare 2025 yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ingingo ya gatatu y’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri, ivuga ko “yemeje imishinga y’amategeko n’amateka harimo ayerekeye imisoro n’amahoro mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’Igihugu bwo gushyira mu bikorwa Gahunda y’Igihugu yo kwihutisha Iterambere (NST2).”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yavuze ko muri iyi Nama y’Abaminisitiri haganiriwe ku misoro yo mu bwoko butatu irimo iy’ibikoresho bitajyaga bisoreshwa umusoro ku nyungu uzwi nka TVA.

Ati “Urugero, TVA ntabwo yatangwaga mu matelefone mu rwego rwo gushyigikira ko Abanyarwanda benshi bakoresha amatelefone, kandi kugeza ubu bisa nk’aho twabigezeho, hafi 80% by’Abanyarwanda bafite amatelefone.”

Hari kandi n’ibikoresho by’ikoranabuhanga bitishyurirwaga TVA, nabyo bikaba bigiye kujya bisoreshwa uyu musoro wo ku nyungu.

Minisitiri Murangwa kandi yavuze ko Inama y’Abaminisitiri yanaganiriye ku muroso wazamuwe. Ati “Urugero twazamuye imisoro ku Itabi, hanazamurwa imisoro ku nzoga byeri.”

Nanone kandi haganiriwe ku misoro mishya itari isanzweho, irimo ijyanye n’ikoranabuhanga rizweho izwi nka ‘Digital services Taxes’ nka serivisi yo kureba film hifashishijwe imbuga nka Netflix ndetse n’urubuga Amazon rwifashishwa mu guhaha. Ati “Na ho twemeje ko hajyaho umusoro.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi avuga ko kuzamura iyi misoro no kuzana iyi mishya, bishingiye ku bikenewe kugira ngo hashyigikirwe Gahunda yo Kwihutisha Iterambere NST2.

Ati “Icyo twashingiyeho gikomeye, ni icyifuzo cyo kuva aho turi n’aho dushaka kugana. Nk’uko tubizi turi mu mwaka wa mbere wo gushyira mu bikorwa gahunda y’iterambere NST2 kandi bikaba bisaba amikoro kandi kugira ngo Igihugu gitere imbere kive ku rwego rumwe kijye ku rundi, bisaba ubushobozi kandi ubushobozi ni imisoro, kandi twarabishishoje cyane, dusanga ko iyo misoro ni ibintu bishoboka, ntabwo twemeje imisoro idashoboka.”

Gusa Minisitiri Murangwa yavuze ko hari uburyo iyi misoro izajyenda itangwa, kugira ngo byorohereze abagomba kuyitanga.

Ati “Iyi misoro yose ntabwo izahita igiraho icyarimwe, ni gahunda y’imyaka itanu. Ni ukuvuga ko buri mwaka hari imisoro twateganyije ko izagenda ishyirwaho kandi tuzabisobanura kugira ngo abo bireba bose babyumve neza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − two =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda yafashe icyemezo cyo gutandukana n’uwamufashaga avuga n’icyabimuteye

Next Post

M23 yaciye amarenga yo gufata undi Mujyi uzwi muri Congo

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Bidasubirwaho M23 yafashe Umujyi wa Goma ihita iha amabwiriza FARDC yubahirije itazuyaje

M23 yaciye amarenga yo gufata undi Mujyi uzwi muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.