Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu Guverinoma y’u Rwanda yazamuye imisoro ku nzoga n’itabi

radiotv10by radiotv10
11/02/2025
in MU RWANDA
0
Menya impamvu Guverinoma y’u Rwanda yazamuye imisoro ku nzoga n’itabi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yazamuye imisoro ku nyungu-TVA ku bicuruzwa birimo itabi n’inzoga, ndetse inashyiraho imisoro mishya itari isanzweho nko kuri serivisi z’ikoranabuhanga nko ku bakoresha Netflix na Amazon. Hasobanuwe icyashingiweho.

Byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Gashyantare 2025 yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ingingo ya gatatu y’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri, ivuga ko “yemeje imishinga y’amategeko n’amateka harimo ayerekeye imisoro n’amahoro mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’Igihugu bwo gushyira mu bikorwa Gahunda y’Igihugu yo kwihutisha Iterambere (NST2).”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yavuze ko muri iyi Nama y’Abaminisitiri haganiriwe ku misoro yo mu bwoko butatu irimo iy’ibikoresho bitajyaga bisoreshwa umusoro ku nyungu uzwi nka TVA.

Ati “Urugero, TVA ntabwo yatangwaga mu matelefone mu rwego rwo gushyigikira ko Abanyarwanda benshi bakoresha amatelefone, kandi kugeza ubu bisa nk’aho twabigezeho, hafi 80% by’Abanyarwanda bafite amatelefone.”

Hari kandi n’ibikoresho by’ikoranabuhanga bitishyurirwaga TVA, nabyo bikaba bigiye kujya bisoreshwa uyu musoro wo ku nyungu.

Minisitiri Murangwa kandi yavuze ko Inama y’Abaminisitiri yanaganiriye ku muroso wazamuwe. Ati “Urugero twazamuye imisoro ku Itabi, hanazamurwa imisoro ku nzoga byeri.”

Nanone kandi haganiriwe ku misoro mishya itari isanzweho, irimo ijyanye n’ikoranabuhanga rizweho izwi nka ‘Digital services Taxes’ nka serivisi yo kureba film hifashishijwe imbuga nka Netflix ndetse n’urubuga Amazon rwifashishwa mu guhaha. Ati “Na ho twemeje ko hajyaho umusoro.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi avuga ko kuzamura iyi misoro no kuzana iyi mishya, bishingiye ku bikenewe kugira ngo hashyigikirwe Gahunda yo Kwihutisha Iterambere NST2.

Ati “Icyo twashingiyeho gikomeye, ni icyifuzo cyo kuva aho turi n’aho dushaka kugana. Nk’uko tubizi turi mu mwaka wa mbere wo gushyira mu bikorwa gahunda y’iterambere NST2 kandi bikaba bisaba amikoro kandi kugira ngo Igihugu gitere imbere kive ku rwego rumwe kijye ku rundi, bisaba ubushobozi kandi ubushobozi ni imisoro, kandi twarabishishoje cyane, dusanga ko iyo misoro ni ibintu bishoboka, ntabwo twemeje imisoro idashoboka.”

Gusa Minisitiri Murangwa yavuze ko hari uburyo iyi misoro izajyenda itangwa, kugira ngo byorohereze abagomba kuyitanga.

Ati “Iyi misoro yose ntabwo izahita igiraho icyarimwe, ni gahunda y’imyaka itanu. Ni ukuvuga ko buri mwaka hari imisoro twateganyije ko izagenda ishyirwaho kandi tuzabisobanura kugira ngo abo bireba bose babyumve neza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda yafashe icyemezo cyo gutandukana n’uwamufashaga avuga n’icyabimuteye

Next Post

M23 yaciye amarenga yo gufata undi Mujyi uzwi muri Congo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Bidasubirwaho M23 yafashe Umujyi wa Goma ihita iha amabwiriza FARDC yubahirije itazuyaje

M23 yaciye amarenga yo gufata undi Mujyi uzwi muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.