Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu inyubako ya mbere ndende ku Isi yagaragayeho amabara y’ibendera ry’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impamvu inyubako ya mbere ndende ku Isi yagaragayeho amabara y’ibendera ry’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, cyifatanyije n’u Rwanda mu kwizihiza umunsi w’Ubwigenge, aho zimwe mu nyubako zo muri iki Gihugu, zirimo n’indende ya mbere ku Isi zagaragayeho amabara y’ibendera ry’u Rwanda.

Tariki 01 Nyakanga, ni umunsi wibutsa Ubwigenge bw’u Rwanda, aho kuwizihiza byahujwe n’uwo Kwibohora uba tariki 04 Nyakanga, aho kuri iyi nshuro uzaba ari umwihariko, kuko u Rwanda n’Abanyarwanda bazaba bizihiza isabukuru y’imyaka 30 bamaze bibohoye.

Kuri uyu munsi tariki 01 Nyakanga 2024, nubwo nta birori byabaye, ni umunsi usanzwe uri mu yizihizwa, ndetse hanatanzwe ikiruhuko rusange, ndetse kuri iyi nshuro, hakaba hanatashywe ku mugaragaro Sitade Amahoro yavuguruwe, hanakinwa umukino wahuje amakipe y’inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu yifatanyije n’u Rwanda mu kuzirikana uyu munsi w’ubwigenge, nk’uko tubikesha ibiro bya Ambasade y’u Rwanda muri iki Gihugu.

Mu butumwa bwatanzwe na Ambasade y’u Rwanda muri UAE, yagize iti “Ku ya 01 Nyakanga, Burj Khalifa, inyubako ya mbere ndende ku Isi iherereye i Dubai, ndetse n’Umunara w’ikirango cya Abu Dhabi wa ADNOC, harimbishijwe amabara y’ibendera ry’u Rwanda mu kwizihiza umunsi w’Ubwingenge bw’u Rwanda.”

Ubu butumwa bwa Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, buherekejwe n’amashusho n’ifoto, bigaragaza aha hantu hombi hacanywe amabara y’ibendera ry’u Rwanda.

Inyubako ya mbere ndende ku Isi yari yacanyweho amabara y’ibendera ry’u Rwanda
Ndetse n’umunara w’i Abu Dhabi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − thirteen =

Previous Post

Perezida wa FIFA yageneye ubutumwa Perezida Kagame ku gikorwa remezo gihanitse cy’umpira w’amaguru

Next Post

Ibihugu byo muri Afurika bimaze gihe birebana ay’ingwe byagiye kuganirira muri Turkey

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

President Paul Kagame has congratulated his counterpart, Mamadi Doumbouya, on winning the presidential elections in Guinea, assuring him that Rwanda...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu
MU RWANDA

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

06/01/2026
Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

05/01/2026
Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

05/01/2026
Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

05/01/2026
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihugu byo muri Afurika bimaze gihe birebana ay’ingwe byagiye kuganirira muri Turkey

Ibihugu byo muri Afurika bimaze gihe birebana ay’ingwe byagiye kuganirira muri Turkey

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.