Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu isomwa ry’urubanza rwa Urayeneza Gerard ryigijwe inyuma

radiotv10by radiotv10
24/02/2022
in MU RWANDA
0
Abandi batangabuhamya bari bashinjije Urayeneza Gerard bakomeje guhindura imvugo bamushinjura
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rwaburanishije ubujurire bwa Urayeneza Gerard wakatiwe gufungwa burundu, rwimuye isomwa ry’uru rubanza kubera impamvu ziturutse kuri umwe mu Bacamanza b’inteko yaburanishije uru rubanza.

Uru rubanza rw’ubujurire rwaburanishijwe n’Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya imipaka, rwagombaga gusomwa kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022.

Urukiko rwasubitse isomwa ry’uru rubanza, kubera ikibazo cy’Umwe mu Bacamanza yahuye n’ikibazo cy’uburwayi bigatuma Urukiko rutarangiza kwandika icyemezo cy’Urukiko.

Muri uru rubanza kandi hajemo imbogamizi z’umwe mu bacamanza bari barutangiye ari we Beatrice Mukamurenzi yaje kuzamurwa mu ntera akajyanwa mu Rukiko rw’Ubujurire bigatuma uwamusimbuye abanza guhabwa umwanya wo kwiga dosiye.

Uyu wamusimbuye kandi ni na we wahuye n’ikibazo cy’uburwayi muri iki gihe bari bari gutegura umwanzuro w’Urukiko.

Urukiko rwimuriye isomwa ry’urubanza tariki 31 Werurwe 2022.

Uru rubanza rw’ubujurire rwagaragayemo ingingo nshya kuko bamwe mu batangabuhamya bari bashinje Urayeneza Gerard bagarutse bamushinjura, bavuga ko bari babihatiwe.

Ubushinjacyaha na bwo bwavuze ko uku kwivuguruza kw’aba batangabuhamya byatewe no kuba abo mu muryango wa Urayeneza ndetse n’abanyamategeko be, bagiye kubareba bakabasaba kuvuguruza ubuhamya bwabo.

Urayeneza yari yaburanye ahakana ibyaha, akavuga ko ibyo ashinjwa byose ntabyo yakoze, agasaba kugirwa umwere akarekurwa.

Urayeneza Gerard yari yakatiwe igifungo cya burundu n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kuba ikitso ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi n’icyo Kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside yakorewe abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 15 =

Previous Post

Uwamamaye nka ‘Inyogoye’ yasezeranye mu mategeko ati “Ndagafusha Rukara”

Next Post

Eddy Kenzo yageze mu Rwanda ati “Abanyarwanda n’Abanya-Uganda turi umuryango”

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eddy Kenzo yageze mu Rwanda ati “Abanyarwanda n’Abanya-Uganda turi umuryango”

Eddy Kenzo yageze mu Rwanda ati “Abanyarwanda n’Abanya-Uganda turi umuryango”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.