• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu zatumye u Rwanda rutumiza Ambasaderi wa Canada

radiotv10by radiotv10
05/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impamvu zatumye u Rwanda rutumiza Ambasaderi wa Canada
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje impamvu zatumye itumiza Ambasaderi wa Canada mu Rwanda, kugira ngo ziganirweho n’impande zombi, zirimo kuba Canada Ishinja Nkana u Rwanda ibirego by’ibinyoma ko rugira uruhare mu marorerwa abera mu burasirazuba bwa DRC.

Ni nyuma yuko Guverinoma ya Canada na yo ifashe ingamba z’ibihano ku Rwanda irushinja kugira uruhare mu bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yari yanahise ishyira hanze itangazo, rivuga kuri izi ngamba, aho yavuze ko ibyo Canada yashinje u Rwanda ari icyasha kidashobora kwihanganirwa.

Muri iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ryagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Werurwe 2025, yari yavuze ko ikeneye ibisobanuro kuri ibyo birego by’ibinyoma no guharabika iki Gihugu.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri kandi, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, yashyize hanze itangazo rigaragaza ko yatumije Ambasaderi wa Canada mu Rwanda kugira ngo haganirwe ku byatangajwe n’Igihugu cye.

Iri tangazo rivuga ko “Nyuma yuko itangazo rya Canada rishinja u Rwanda kugira uruhare mu makimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, Minisiteri y’Ububanyu n’Amahanga uyu munsi yatumije Ambasaderi wa Canada.”

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza igaragaza ingingo zazamuwe zatumye hafatwa iki cyemezo cyo guhamagaza Ambasaderi wa Canada mu Rwanda, zirimo kuba “Canada yashinje ibigambiriye u Rwanda amarorerwa abera mu burasirazuba bwa DRC, mu gihe ibyo byaha bikorwa ku manywa y’ihangu na FARDC ndetse n’imitwe ya Guverinoma ya Congo.”

U Rwanda ruvuga kandi ko Canada yirengagije impungenge rutahwemye kugaragaza z’umutekano warwo, ndetse iki Gihugu kikaba cyakingiye ikibaba ubutegetetsi bwa Congo Kinshasa n’abambari bayo barimo umutwe w’abajenosideri wa FDLR mu bikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu biri bukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi mu Kivu ya Ruguru, iy’Epfo, ndetse no muri Ituri.

U Rwanda ruvuga ko rudashobora kugira icyo rugurana intego zarwo rwiyemeje zo kurinda abaturage, ndetse no gusigasira umutekano w’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Ukraine yavuze uko igiye kwitwara nyuma yuko America iyihagarikiye inkunga ya Gisirikare

Next Post

Mu buryo butunguranye igitaramo cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe kibura iminsi micye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Mu buryo butunguranye igitaramo cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe kibura iminsi micye

Mu buryo butunguranye igitaramo cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe kibura iminsi micye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.