Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya indwara ifata umuntu akamera nk’uwasinze nyamara atanasogongeye ku gasembuye

radiotv10by radiotv10
15/01/2024
in AMAHANGA
0
Menya indwara ifata umuntu akamera nk’uwasinze nyamara atanasogongeye ku gasembuye
Share on FacebookShare on Twitter

Bibaho ko ubona umuntu asinda atanyweye inzoga cyangwa atarigera azinywaho na rimwe, hari n’abavuga ko bapimwa bagasanga banyweye agasembuye nyamara bakavuga ko batigeze basomaho na gacye. Ibyo byose birashoboka ko byaba ari uburwayi budasanzwe bwiswe ‘auto brewery syndrome’ butuma ubufite amera nk’umusinzi nyamara nta nzoga yanyoye, agasinda kugera n’aho ururimi rutava mu kanwa cyangwa ntabashe kugenda neza.

Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko ibi biterwa n’amafunguro umunutu afata yiganjemo ibyitwa carbohydrate biboneka mu biribwa birimo imigati, ibishyimbo, ibijumba, caroti, amarongi macaroni, amata biboneka kandi no mu binyobwa bidasembuye nka za fanta ndetse n’ibindi.

Ibyo rero ngo bigera mu mubiri bigakora ikitwa Ethanol ari nacyo kivamo alcohol cyangwa umusemburo ubwo mu mubiri w’umuntu haba habaye nko mu rwengero.

Hari umugabo witwa Gionnoto Donato wamenyekanye cyane kuri ubu burwayi ubwo yari afite imyaka 45 y’amavuko, yari atarasoma ku nzoga na rimwe ariko atangira kujya agira ibimenyetso nk’iby’umusinzi ku buryo atabashaga no gutwara ikinyabiziga agahora ahanwa na polisi kuko yasangaga yanyweye ibisindisha nyamara akarahira avuga ko ntabyo yanyweye. Bikomeje nibwo yagiye kwa muganga bemeza ko afite ubwo burwayi budasanzwe.

Ikinyamakuru cya ABC cyaganiriye kandi n’undi murwayi wahoze ari umutoza ku kigo cy’amashuli ari n’umwalimu waje kwirukanwa mu kazi biturutse kuri ubwo burwayi, avuga ko nubwo yanywaga inzoga ariko atari yarigeze na rimwe azinywera ku ishuli

Mark ati “Barampamagaye banshyira ku ruhande, ni ubwa mbere umuntu yarambwiye ko ndi kunuka inzoga. Sinigeze mbikora kuko nari umwarimu, turi mu nama rero bansabye ko nakora ikizami cy’amaraso basangamo alcohol nanjye ntazi uko bigenze.

Mama wanjye yatangiye gushakisha kuri interinete niba umubiri ushobora kwikorera alcohol niho yabonye ibya auto brewery syndrome.”

Imibare igaragaza ko abantu batarenze 100 ari bo byemejwe n’abaganga ko bafite ubwo burwayi, icyakora ngo bishoboka ko baba barenga dore ko hari abatisuzumisha ahandi bakaba batarasobanukirwa nubwo burwayi.

Mu Rwanda byumwihariko ntibizwi niba hari abafite ubwo burwayi cyangwa uko bangana.

Kugeza ubu kandi nta muti wihariye uraboneka, icyakora mu gihe abahanga mu by’ubuzima bakomeje ubushakashatsi batanga imiti igabanya cyangwa ivura ibimenyetso, ndetse bagatanga inama zo kugabanya amafunguro yiganjemo carbohydrates yavuzwe.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Rusizi: Umukecuru watabazaga mu marira menshi ubu ibisubizo byatangiye kuboneka

Next Post

Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.