Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya indwara ifata umuntu akamera nk’uwasinze nyamara atanasogongeye ku gasembuye

radiotv10by radiotv10
15/01/2024
in AMAHANGA
0
Menya indwara ifata umuntu akamera nk’uwasinze nyamara atanasogongeye ku gasembuye
Share on FacebookShare on Twitter

Bibaho ko ubona umuntu asinda atanyweye inzoga cyangwa atarigera azinywaho na rimwe, hari n’abavuga ko bapimwa bagasanga banyweye agasembuye nyamara bakavuga ko batigeze basomaho na gacye. Ibyo byose birashoboka ko byaba ari uburwayi budasanzwe bwiswe ‘auto brewery syndrome’ butuma ubufite amera nk’umusinzi nyamara nta nzoga yanyoye, agasinda kugera n’aho ururimi rutava mu kanwa cyangwa ntabashe kugenda neza.

Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko ibi biterwa n’amafunguro umunutu afata yiganjemo ibyitwa carbohydrate biboneka mu biribwa birimo imigati, ibishyimbo, ibijumba, caroti, amarongi macaroni, amata biboneka kandi no mu binyobwa bidasembuye nka za fanta ndetse n’ibindi.

Ibyo rero ngo bigera mu mubiri bigakora ikitwa Ethanol ari nacyo kivamo alcohol cyangwa umusemburo ubwo mu mubiri w’umuntu haba habaye nko mu rwengero.

Hari umugabo witwa Gionnoto Donato wamenyekanye cyane kuri ubu burwayi ubwo yari afite imyaka 45 y’amavuko, yari atarasoma ku nzoga na rimwe ariko atangira kujya agira ibimenyetso nk’iby’umusinzi ku buryo atabashaga no gutwara ikinyabiziga agahora ahanwa na polisi kuko yasangaga yanyweye ibisindisha nyamara akarahira avuga ko ntabyo yanyweye. Bikomeje nibwo yagiye kwa muganga bemeza ko afite ubwo burwayi budasanzwe.

Ikinyamakuru cya ABC cyaganiriye kandi n’undi murwayi wahoze ari umutoza ku kigo cy’amashuli ari n’umwalimu waje kwirukanwa mu kazi biturutse kuri ubwo burwayi, avuga ko nubwo yanywaga inzoga ariko atari yarigeze na rimwe azinywera ku ishuli

Mark ati “Barampamagaye banshyira ku ruhande, ni ubwa mbere umuntu yarambwiye ko ndi kunuka inzoga. Sinigeze mbikora kuko nari umwarimu, turi mu nama rero bansabye ko nakora ikizami cy’amaraso basangamo alcohol nanjye ntazi uko bigenze.

Mama wanjye yatangiye gushakisha kuri interinete niba umubiri ushobora kwikorera alcohol niho yabonye ibya auto brewery syndrome.”

Imibare igaragaza ko abantu batarenze 100 ari bo byemejwe n’abaganga ko bafite ubwo burwayi, icyakora ngo bishoboka ko baba barenga dore ko hari abatisuzumisha ahandi bakaba batarasobanukirwa nubwo burwayi.

Mu Rwanda byumwihariko ntibizwi niba hari abafite ubwo burwayi cyangwa uko bangana.

Kugeza ubu kandi nta muti wihariye uraboneka, icyakora mu gihe abahanga mu by’ubuzima bakomeje ubushakashatsi batanga imiti igabanya cyangwa ivura ibimenyetso, ndetse bagatanga inama zo kugabanya amafunguro yiganjemo carbohydrates yavuzwe.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Rusizi: Umukecuru watabazaga mu marira menshi ubu ibisubizo byatangiye kuboneka

Next Post

Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

Related Posts

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Umugabo witwa Prophète Ebo Noah w’Umunya-Ghana umaze igihe yubaka inkuge avuga ko ari izo azakoresha arokora abantu ngo kuko Isi...

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Inc., a biotechnology company dedicated to developing and delivering high-quality, affordable medicines, announced the appointment of Professor Prashant...

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.