Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya indwara ifata umuntu akamera nk’uwasinze nyamara atanasogongeye ku gasembuye

radiotv10by radiotv10
15/01/2024
in AMAHANGA
0
Menya indwara ifata umuntu akamera nk’uwasinze nyamara atanasogongeye ku gasembuye
Share on FacebookShare on Twitter

Bibaho ko ubona umuntu asinda atanyweye inzoga cyangwa atarigera azinywaho na rimwe, hari n’abavuga ko bapimwa bagasanga banyweye agasembuye nyamara bakavuga ko batigeze basomaho na gacye. Ibyo byose birashoboka ko byaba ari uburwayi budasanzwe bwiswe ‘auto brewery syndrome’ butuma ubufite amera nk’umusinzi nyamara nta nzoga yanyoye, agasinda kugera n’aho ururimi rutava mu kanwa cyangwa ntabashe kugenda neza.

Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko ibi biterwa n’amafunguro umunutu afata yiganjemo ibyitwa carbohydrate biboneka mu biribwa birimo imigati, ibishyimbo, ibijumba, caroti, amarongi macaroni, amata biboneka kandi no mu binyobwa bidasembuye nka za fanta ndetse n’ibindi.

Ibyo rero ngo bigera mu mubiri bigakora ikitwa Ethanol ari nacyo kivamo alcohol cyangwa umusemburo ubwo mu mubiri w’umuntu haba habaye nko mu rwengero.

Hari umugabo witwa Gionnoto Donato wamenyekanye cyane kuri ubu burwayi ubwo yari afite imyaka 45 y’amavuko, yari atarasoma ku nzoga na rimwe ariko atangira kujya agira ibimenyetso nk’iby’umusinzi ku buryo atabashaga no gutwara ikinyabiziga agahora ahanwa na polisi kuko yasangaga yanyweye ibisindisha nyamara akarahira avuga ko ntabyo yanyweye. Bikomeje nibwo yagiye kwa muganga bemeza ko afite ubwo burwayi budasanzwe.

Ikinyamakuru cya ABC cyaganiriye kandi n’undi murwayi wahoze ari umutoza ku kigo cy’amashuli ari n’umwalimu waje kwirukanwa mu kazi biturutse kuri ubwo burwayi, avuga ko nubwo yanywaga inzoga ariko atari yarigeze na rimwe azinywera ku ishuli

Mark ati “Barampamagaye banshyira ku ruhande, ni ubwa mbere umuntu yarambwiye ko ndi kunuka inzoga. Sinigeze mbikora kuko nari umwarimu, turi mu nama rero bansabye ko nakora ikizami cy’amaraso basangamo alcohol nanjye ntazi uko bigenze.

Mama wanjye yatangiye gushakisha kuri interinete niba umubiri ushobora kwikorera alcohol niho yabonye ibya auto brewery syndrome.”

Imibare igaragaza ko abantu batarenze 100 ari bo byemejwe n’abaganga ko bafite ubwo burwayi, icyakora ngo bishoboka ko baba barenga dore ko hari abatisuzumisha ahandi bakaba batarasobanukirwa nubwo burwayi.

Mu Rwanda byumwihariko ntibizwi niba hari abafite ubwo burwayi cyangwa uko bangana.

Kugeza ubu kandi nta muti wihariye uraboneka, icyakora mu gihe abahanga mu by’ubuzima bakomeje ubushakashatsi batanga imiti igabanya cyangwa ivura ibimenyetso, ndetse bagatanga inama zo kugabanya amafunguro yiganjemo carbohydrates yavuzwe.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 1 =

Previous Post

Rusizi: Umukecuru watabazaga mu marira menshi ubu ibisubizo byatangiye kuboneka

Next Post

Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ahavuye urufunguzo rwabafashije kwemera icyaha n’icyo byabafashije
MU RWANDA

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ahavuye urufunguzo rwabafashije kwemera icyaha n’icyo byabafashije

by radiotv10
16/01/2026
0

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

16/01/2026
Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ahavuye urufunguzo rwabafashije kwemera icyaha n’icyo byabafashije

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.