Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya uko ibigo byagaragayemo ruswa mu Rwanda bikurikirana n’ingano y’amafaranga yose yatanzwe

radiotv10by radiotv10
11/12/2024
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Urwanya Ruswa n’Akarengane ishami ryo mu Rwanda, Transparency International Rwanda, wagaragaje ibyavuye mu bushakashatsi kuri ruswa mu Rwanda, bwerekana ko urwego rw’abikorera ruza ku mwanya wa mbere, ndetse na ruswa y’amafaranga yose yatanzwe muri 2024, ari miliyoni 17 Frw.

Ubu bushakashatsi bwashyizwe hanze na Transparency International Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukuboza, bugaragaza imyumvire y’abaturage kuri ruswa mu mitangire ya serivisi muri uyu mwaka wa 2024 (Rwanda Bribery Index 2024).

Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bantu 2 400, bugaragaza ko muri rusange abantu batswe ruswa bagiye gusaba serivisi mu bigo no mu nzego zinyuranye ari 15,90%, naho abagera kuri 2,60% bakaba ari bo bavuze ko bayisabye.

Urwego rw’abikorera ruza ku mwanya wa mbere mu kugaragaramo ruswa, aho ruri ku gipimo cya 13%, mu gihe Ibigo nka REG cyo cyagaragayemo ruswa iri ku rugero rwa 7,80%, ndetse na WASAC ikaba iri ku gipimo cya 7,20%.

Ubu bushakashatsi bunagaruka ku gipimo cy’ingano ya ruswa yatanzwe, aho muri uyu mwaka wa 2024, hatanzwe ruswa y’amafaranga angana na 17 041 203 Frw.

Muri aya mafaranga yatanzwe nka ruswa, 56% yatanzwe mu nzego z’ibanze, aho yatanzwe cyane muri serivisi zo gusaba ibyangombwa byo kubaka.

Ni mu gihe ruswa yatanzwe muri Polisi y’u Rwanda, ari 18% muri ariya yose yatanzwe, aho byari byiganje cyane muri serivisi zo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiga.

Ubu bushakashatsi kandi bugaragaza ko Abacamanza ari bo bakiriye ruswa y’amafaranga menshi, aho mu bakorewe ubu bushakashatsi, bavuze ko bahaye abo muri uru rwego rw’Ubucamanza, Miliyoni 1,9 Frw, arimo ibihumbi 600 Frw yishyuwe kugira ngo hihutishwe imanza, ndetse n’ibihumbi 500 Frw yatanzwe mu bashakaga gutsinda imanza, ndetse n’ibihumbi 800 Frw yatanzwe mu kurangiza imanza.

Hanagaragajwe ibigo byagaragayemo izamuka rya ruswa ugereranyije n’uko yari ihagaze umwaka ushize, aho REG iza ku mwanya wa mbere, kuko ruswa ivugwamo yageze kuri 7,80% muri 2024 ivuye kuri 5,80% yariho umwaka ushize wa 2023, naho muri WASAC igera kuri 7,20% mu 2024 ivuye kuri 5,20%.

Transparency International Rwanda kandi ivuga ko muri uyu mwaka wa 2024, abantu 92% batswe ruswa batabitanzeho amakuru, ku mpamvu zinyuranye, zirimo kwanga kwiteranya, aho iyi mpamvu yatanzwe n’abantu bari ku rugero rwa 24,7%.

Ni mu gihe abagera kuri 19,2% banga gutanga amakuru kuri ruswa, batanga impamvu ya ‘Ntibinturukeho, mu gihe abandi 17,8% baba bamva ko n’iyo bayatanga ntacyo byahindura, mu gihe abagera kuri 16% bo batanze impamvu yo kuba badasobanukiwe urwego baha ayo makuru.

Apollinaire Mupiganyi, Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Transparency International Rwanda
Ubu bushakashatsi bwamurikiwe ibigo n’inzego binyuranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 11 =

Previous Post

Ukekwaho kwica umugore babanaga yisobanura ko intandaro yabaye amajwi yumvise muri telefone ye

Next Post

Perezida mushya w’Urukiko rusumba izindi mu Rwanda agiye kurahira

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida mushya w’Urukiko rusumba izindi mu Rwanda agiye kurahira

Perezida mushya w’Urukiko rusumba izindi mu Rwanda agiye kurahira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.