Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya uko ibigo byagaragayemo ruswa mu Rwanda bikurikirana n’ingano y’amafaranga yose yatanzwe

radiotv10by radiotv10
11/12/2024
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Urwanya Ruswa n’Akarengane ishami ryo mu Rwanda, Transparency International Rwanda, wagaragaje ibyavuye mu bushakashatsi kuri ruswa mu Rwanda, bwerekana ko urwego rw’abikorera ruza ku mwanya wa mbere, ndetse na ruswa y’amafaranga yose yatanzwe muri 2024, ari miliyoni 17 Frw.

Ubu bushakashatsi bwashyizwe hanze na Transparency International Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukuboza, bugaragaza imyumvire y’abaturage kuri ruswa mu mitangire ya serivisi muri uyu mwaka wa 2024 (Rwanda Bribery Index 2024).

Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bantu 2 400, bugaragaza ko muri rusange abantu batswe ruswa bagiye gusaba serivisi mu bigo no mu nzego zinyuranye ari 15,90%, naho abagera kuri 2,60% bakaba ari bo bavuze ko bayisabye.

Urwego rw’abikorera ruza ku mwanya wa mbere mu kugaragaramo ruswa, aho ruri ku gipimo cya 13%, mu gihe Ibigo nka REG cyo cyagaragayemo ruswa iri ku rugero rwa 7,80%, ndetse na WASAC ikaba iri ku gipimo cya 7,20%.

Ubu bushakashatsi bunagaruka ku gipimo cy’ingano ya ruswa yatanzwe, aho muri uyu mwaka wa 2024, hatanzwe ruswa y’amafaranga angana na 17 041 203 Frw.

Muri aya mafaranga yatanzwe nka ruswa, 56% yatanzwe mu nzego z’ibanze, aho yatanzwe cyane muri serivisi zo gusaba ibyangombwa byo kubaka.

Ni mu gihe ruswa yatanzwe muri Polisi y’u Rwanda, ari 18% muri ariya yose yatanzwe, aho byari byiganje cyane muri serivisi zo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiga.

Ubu bushakashatsi kandi bugaragaza ko Abacamanza ari bo bakiriye ruswa y’amafaranga menshi, aho mu bakorewe ubu bushakashatsi, bavuze ko bahaye abo muri uru rwego rw’Ubucamanza, Miliyoni 1,9 Frw, arimo ibihumbi 600 Frw yishyuwe kugira ngo hihutishwe imanza, ndetse n’ibihumbi 500 Frw yatanzwe mu bashakaga gutsinda imanza, ndetse n’ibihumbi 800 Frw yatanzwe mu kurangiza imanza.

Hanagaragajwe ibigo byagaragayemo izamuka rya ruswa ugereranyije n’uko yari ihagaze umwaka ushize, aho REG iza ku mwanya wa mbere, kuko ruswa ivugwamo yageze kuri 7,80% muri 2024 ivuye kuri 5,80% yariho umwaka ushize wa 2023, naho muri WASAC igera kuri 7,20% mu 2024 ivuye kuri 5,20%.

Transparency International Rwanda kandi ivuga ko muri uyu mwaka wa 2024, abantu 92% batswe ruswa batabitanzeho amakuru, ku mpamvu zinyuranye, zirimo kwanga kwiteranya, aho iyi mpamvu yatanzwe n’abantu bari ku rugero rwa 24,7%.

Ni mu gihe abagera kuri 19,2% banga gutanga amakuru kuri ruswa, batanga impamvu ya ‘Ntibinturukeho, mu gihe abandi 17,8% baba bamva ko n’iyo bayatanga ntacyo byahindura, mu gihe abagera kuri 16% bo batanze impamvu yo kuba badasobanukiwe urwego baha ayo makuru.

Apollinaire Mupiganyi, Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Transparency International Rwanda
Ubu bushakashatsi bwamurikiwe ibigo n’inzego binyuranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Ukekwaho kwica umugore babanaga yisobanura ko intandaro yabaye amajwi yumvise muri telefone ye

Next Post

Perezida mushya w’Urukiko rusumba izindi mu Rwanda agiye kurahira

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida mushya w’Urukiko rusumba izindi mu Rwanda agiye kurahira

Perezida mushya w’Urukiko rusumba izindi mu Rwanda agiye kurahira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.