• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya uko Ibihugu bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi n’ibiza imbere muri Afurika

radiotv10by radiotv10
13/07/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Menya uko Ibihugu bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi n’ibiza imbere muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragajwe urutonde rushya rwa 2023 rugaragaza uko Ibihugu 145 bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi, biyobowe na USA, mu gihe icyo muri Afurika cyiza imbere ari Misiri, naho mu karere u Rwanda ruherereyemo, DRCongo irayoboye.

Uru rutonde rukorwa n’urubuga Global Firepower, rukorwa hashingiwe ku bipimo birenga 60, ari na byo biherwaho mu gutuma Igihugu gihabwa amanota yiswe PowerIndex, aho abarwa ahereye kuri 0.0000.

Muri ibyo bipimo, hasuzumwa amatsinda agize igisirikare, uko ubukungu bwacyo buhagaze ndetse n’ibikoresho byacyo, n’umubare w’abagize igisirikare n’ibijyanye n’ikirere cy’icyo Gihugu.

Uru rutonde rwa 2023 rugaragaza uko Ibihugu bifite Igisirikare gikomeye, ruyobowe na Leta Zunze Ubumwe za America, aho ifite amanota (PowerIndex) 0.0712, igakurikirwa n’u Burusiya bufite amanota 0.0714.

U Bushinwa buza ku mwanya wa gatatu n’amanota 0.0722, na bwo bugakurikirwa n’u Buhindi bufite PowerIndex ya 0.1025, ku mwanya wa gatanu hakaza u Bwongereza n’amanota 0.1435.

Igihugu cyo ku Mugabane wa Afurika kiza ku mwanya wa hafi, ni Misiri iri ku mwanya wa 14 ifite PowerIndex ya 0.2224 ikaba inakurikirwa na Ukraine iri ku mwanya wa 15, aho iki Gihugu kimaze iminsi gihanganye n’u Burusiya buza ku mwanya wa kabiri kuri uru rutonde.

Ikindi Gihugu cyiza hafi muri Afurika, ni Algeria iri ku mwanya wa 26 ku rutonde rusange, gifite amanota 0.3911, mu gihe Afurika y’Epfo iza ku mwanya wa 33 n’amanota 0.4885, ikaba ari iya gatatu kuri uyu Mugabane.

Nigeria yo iza ku mwanya wa 36 n’amanota 0.5587, ikaza ikurikirwa na Ethiopia ku Mugabane wa Afurika aho yo iri ku mwanya wa 49 n’amanota 0.7979.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari na yo iza ku mwanya wa mbere mu Bihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, iza ku mwanya wa 72 ku rutonde rusange n’amanota 1.3055, ikaba iza mu myanya 10 ya mbere muri Afurika.

Muri aka karere, Uganda iza ku mwanya wa Kabiri, aho yo iza ku mwanya wa 83 ku rutonde rusange, n’amanota 1.6264, igakurikirwa na Kenya iza ku mwanya wa 87 ku rutonde rusange, aho yo ifite amanota 1.7701.

Tanzania yo iza ku mwanya w’ 101 ku rutonde rusange n’amanota 2.0387 mu gihe Sudan y’Epfo iza ku mwanya w’ 116 ku rutonde rusange n’amanota 2.5261, akaba ari na cyo Gihugu cya nyuma cyo muri Afurika y’Iburasirazuba kiri kuri uru rutonde rutariho u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − four =

Previous Post

Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

Next Post

Abarimu bane batawe muri yombi bakekwaho gufasha umunyeshuri igikorwa kigize icyaha

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Abarimu bane batawe muri yombi bakekwaho gufasha umunyeshuri igikorwa kigize icyaha

Abarimu bane batawe muri yombi bakekwaho gufasha umunyeshuri igikorwa kigize icyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.