Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya uko Ibihugu bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi n’ibiza imbere muri Afurika

radiotv10by radiotv10
13/07/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Menya uko Ibihugu bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi n’ibiza imbere muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragajwe urutonde rushya rwa 2023 rugaragaza uko Ibihugu 145 bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi, biyobowe na USA, mu gihe icyo muri Afurika cyiza imbere ari Misiri, naho mu karere u Rwanda ruherereyemo, DRCongo irayoboye.

Uru rutonde rukorwa n’urubuga Global Firepower, rukorwa hashingiwe ku bipimo birenga 60, ari na byo biherwaho mu gutuma Igihugu gihabwa amanota yiswe PowerIndex, aho abarwa ahereye kuri 0.0000.

Muri ibyo bipimo, hasuzumwa amatsinda agize igisirikare, uko ubukungu bwacyo buhagaze ndetse n’ibikoresho byacyo, n’umubare w’abagize igisirikare n’ibijyanye n’ikirere cy’icyo Gihugu.

Uru rutonde rwa 2023 rugaragaza uko Ibihugu bifite Igisirikare gikomeye, ruyobowe na Leta Zunze Ubumwe za America, aho ifite amanota (PowerIndex) 0.0712, igakurikirwa n’u Burusiya bufite amanota 0.0714.

U Bushinwa buza ku mwanya wa gatatu n’amanota 0.0722, na bwo bugakurikirwa n’u Buhindi bufite PowerIndex ya 0.1025, ku mwanya wa gatanu hakaza u Bwongereza n’amanota 0.1435.

Igihugu cyo ku Mugabane wa Afurika kiza ku mwanya wa hafi, ni Misiri iri ku mwanya wa 14 ifite PowerIndex ya 0.2224 ikaba inakurikirwa na Ukraine iri ku mwanya wa 15, aho iki Gihugu kimaze iminsi gihanganye n’u Burusiya buza ku mwanya wa kabiri kuri uru rutonde.

Ikindi Gihugu cyiza hafi muri Afurika, ni Algeria iri ku mwanya wa 26 ku rutonde rusange, gifite amanota 0.3911, mu gihe Afurika y’Epfo iza ku mwanya wa 33 n’amanota 0.4885, ikaba ari iya gatatu kuri uyu Mugabane.

Nigeria yo iza ku mwanya wa 36 n’amanota 0.5587, ikaza ikurikirwa na Ethiopia ku Mugabane wa Afurika aho yo iri ku mwanya wa 49 n’amanota 0.7979.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari na yo iza ku mwanya wa mbere mu Bihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, iza ku mwanya wa 72 ku rutonde rusange n’amanota 1.3055, ikaba iza mu myanya 10 ya mbere muri Afurika.

Muri aka karere, Uganda iza ku mwanya wa Kabiri, aho yo iza ku mwanya wa 83 ku rutonde rusange, n’amanota 1.6264, igakurikirwa na Kenya iza ku mwanya wa 87 ku rutonde rusange, aho yo ifite amanota 1.7701.

Tanzania yo iza ku mwanya w’ 101 ku rutonde rusange n’amanota 2.0387 mu gihe Sudan y’Epfo iza ku mwanya w’ 116 ku rutonde rusange n’amanota 2.5261, akaba ari na cyo Gihugu cya nyuma cyo muri Afurika y’Iburasirazuba kiri kuri uru rutonde rutariho u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + twelve =

Previous Post

Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

Next Post

Abarimu bane batawe muri yombi bakekwaho gufasha umunyeshuri igikorwa kigize icyaha

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarimu bane batawe muri yombi bakekwaho gufasha umunyeshuri igikorwa kigize icyaha

Abarimu bane batawe muri yombi bakekwaho gufasha umunyeshuri igikorwa kigize icyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.