Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya uko Ibihugu bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi n’ibiza imbere muri Afurika

radiotv10by radiotv10
13/07/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Menya uko Ibihugu bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi n’ibiza imbere muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragajwe urutonde rushya rwa 2023 rugaragaza uko Ibihugu 145 bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi, biyobowe na USA, mu gihe icyo muri Afurika cyiza imbere ari Misiri, naho mu karere u Rwanda ruherereyemo, DRCongo irayoboye.

Uru rutonde rukorwa n’urubuga Global Firepower, rukorwa hashingiwe ku bipimo birenga 60, ari na byo biherwaho mu gutuma Igihugu gihabwa amanota yiswe PowerIndex, aho abarwa ahereye kuri 0.0000.

Muri ibyo bipimo, hasuzumwa amatsinda agize igisirikare, uko ubukungu bwacyo buhagaze ndetse n’ibikoresho byacyo, n’umubare w’abagize igisirikare n’ibijyanye n’ikirere cy’icyo Gihugu.

Uru rutonde rwa 2023 rugaragaza uko Ibihugu bifite Igisirikare gikomeye, ruyobowe na Leta Zunze Ubumwe za America, aho ifite amanota (PowerIndex) 0.0712, igakurikirwa n’u Burusiya bufite amanota 0.0714.

U Bushinwa buza ku mwanya wa gatatu n’amanota 0.0722, na bwo bugakurikirwa n’u Buhindi bufite PowerIndex ya 0.1025, ku mwanya wa gatanu hakaza u Bwongereza n’amanota 0.1435.

Igihugu cyo ku Mugabane wa Afurika kiza ku mwanya wa hafi, ni Misiri iri ku mwanya wa 14 ifite PowerIndex ya 0.2224 ikaba inakurikirwa na Ukraine iri ku mwanya wa 15, aho iki Gihugu kimaze iminsi gihanganye n’u Burusiya buza ku mwanya wa kabiri kuri uru rutonde.

Ikindi Gihugu cyiza hafi muri Afurika, ni Algeria iri ku mwanya wa 26 ku rutonde rusange, gifite amanota 0.3911, mu gihe Afurika y’Epfo iza ku mwanya wa 33 n’amanota 0.4885, ikaba ari iya gatatu kuri uyu Mugabane.

Nigeria yo iza ku mwanya wa 36 n’amanota 0.5587, ikaza ikurikirwa na Ethiopia ku Mugabane wa Afurika aho yo iri ku mwanya wa 49 n’amanota 0.7979.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari na yo iza ku mwanya wa mbere mu Bihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, iza ku mwanya wa 72 ku rutonde rusange n’amanota 1.3055, ikaba iza mu myanya 10 ya mbere muri Afurika.

Muri aka karere, Uganda iza ku mwanya wa Kabiri, aho yo iza ku mwanya wa 83 ku rutonde rusange, n’amanota 1.6264, igakurikirwa na Kenya iza ku mwanya wa 87 ku rutonde rusange, aho yo ifite amanota 1.7701.

Tanzania yo iza ku mwanya w’ 101 ku rutonde rusange n’amanota 2.0387 mu gihe Sudan y’Epfo iza ku mwanya w’ 116 ku rutonde rusange n’amanota 2.5261, akaba ari na cyo Gihugu cya nyuma cyo muri Afurika y’Iburasirazuba kiri kuri uru rutonde rutariho u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

Next Post

Abarimu bane batawe muri yombi bakekwaho gufasha umunyeshuri igikorwa kigize icyaha

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarimu bane batawe muri yombi bakekwaho gufasha umunyeshuri igikorwa kigize icyaha

Abarimu bane batawe muri yombi bakekwaho gufasha umunyeshuri igikorwa kigize icyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.