Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

radiotv10by radiotv10
30/10/2025
in MU RWANDA
0
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR barenga ibihumbi 12 bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Byatangajwe n’iyi Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare (Rwanda Demobilization and Reintegration Commission-RDRC) kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukwakira 2025.

Ni mu gihe n’ubundi uyu munsi hateganyijwe umuhango wo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi ba FDLR bari bamaze igihe bari mu kigo cya Mutobo, aho iki gikorwa kibaye ku nshuro yacyo ya 75.

Iyi Komisiyo, ivuga ko abantu 12 602 bahoze ari abarwanyi ba FDLR “batahuse bavuye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagasubira mu muryango mugari w’Abanyarwanda kuva muri 2001, bakajya gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’Igihugu.”

Iyi komisiyo mu butumwa yatanze kuri uyu wa Kane, yakomeje ivuga ko “Ibi bigaragaza ubushake bw’u Rwanda mu gushyira imbere amahoro n’umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.”

Umutwe wa FDLR, ni umuzi w’ibibazo byakunze kuba hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho iki Gihugu cy’igituranyi, gikomeje kuwutera inkunga, ndetse kikaba cyarawizeje ubufasha mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Kurandura uyu mutwe, biri mu bikubiye mu masezerano y’amahoro, Guverinoma z’ibi Bihugu byombi zasinyiye i Washington DC, ariko ubutegetsi bwa Congo bukaba bukomeje kubigaragazamo intege nke, ndetse bukajya bunyuzamo bukanavuga ko uyu mutwe utakibaho.

Maj (Rtd) Mushimiyimana Didace umaze imyaka itatu yitandukanyije na FDLR agatahuka mu Rwanda, avuga ko uyu mutwe ukiriho kandi ko ugifite imigambi mibisha ku Rwanda.

Uyu wahoze muri FDLR avuga ko kuba bamwe mu bagize uyu mutwe barakomeje kwinangira bakanga gutaha, ari ibinyoma babwirwa n’abayobozi babo.

Ati “Abantu babeshywa byinshi, babeshywa ko mu Rwanda uramutse ugezeyo bakwica, ko nta bwisanzure, ko nta bwinyagamburiro, ibyo byose rero bigatuma abari hanze batagira ubushake bwo gutaha mu Gihugu cyabo. Ni iyo mpamvu ituma ahanini abantu badataha kuko baba bafite ubwoba bababitsemo ko nibagera mu Rwanda bashobora kwicwa.”

Uyu wahoze muri FDLR wemeza ko ubwo yari akiri muri uyu mutwe banarwanaga ku ruhande rwa Congo, avuga ko akimara kugera mu Rwanda yahise abona itandukaniro na biriya binyoma babwirwaga, kuko yakiriwe neza.

Ati “Nahise mbone itandukaniro nkigera ku mupaka, kuko nasanze Abanyarwanda banyakirana urugwiro rwinshi cyane, kandi mpita mbona n’iterambere nahasanze, nasanze Igihugu cyaramaze gutera imbere.”

Maj (Rtd) Mushimiyimana avuga ko kubera umutekano n’ituze yasanze mu Rwanda, ndetse n’intambwe iki Gihugu cyari gikomeje gutera mu iterambere, yahise ajyana na ryo, ubu na we akaba amaze kugira icyo yigezaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + nine =

Previous Post

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Related Posts

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

by radiotv10
30/10/2025
0

Bamwe mu barezi b’amarerero bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe bakora batabona agahimbazamusyi...

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

by radiotv10
30/10/2025
0

Every year, a big number of young Rwandans pack their bags to move to Kigali, drawn mostly by the promise...

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

IZIHERUKA

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye
MU RWANDA

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.