Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umwanya uhanitse u Rwanda rwajeho muri Afurika mu banyoteye ubumenyi bw’ubucuruzi

radiotv10by radiotv10
16/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya umwanya uhanitse u Rwanda rwajeho muri Afurika mu banyoteye ubumenyi bw’ubucuruzi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo kiri mu bikomeye ku Isi bitanga amahugurwa mu buryo bw’ikoranabuhanga ry’iya kure, cyashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika, mu bijyanye n’abiyandikishiriza gukurikirana amasomo y’ubucuruzi kuri interineti.

Ni raporo y’iki kigo cya Coursera, cyakoze ku Bihugu 100 aho ishingiye ku bantu barenga miliyoni 124 biyandikishirije gukurikirana amasomo kuri interineti.

Amakuru yashingiweho hakora iyi raporo ashingiye ku bumenyi buri mu ngeri eshatu bukunze gukurikiranwa n’abiyandikisha, nko mu Bucuruzi, mu Ikoranabuhanga ndetse n’ibijyanye n’ikusanyamakuru.

Mu byavuye muri ubu bushakashatsi, bigaragaza ko benshi mu Banyafurika, biyandikisha gukurikirana aya mahugurwa yo kuri murandasi, kugira ngo babone impamyabushobozi (certificate).

Abifuza ibyo byemezo by’umwuga biyongereho 69% kuri uyu Mugabane wa Afurika, akaba ari na wo mubare munini kurusha indi Migabane.

Nanone kandi byagaragaye ko abihugura muri ubu buryo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, ari bo bagaragaza ubushobozi cyane mu bijyanye n’ubucuruzi, bakaba banaza ku mwanya wa kabiri ku Isi, aho ku mwanya wa mbere haza abo muri Botswana, igakurikirwa n’u Rwanda.

Kimwe mu byatumye uyu mubare uzamuka cyane, harimo kuba Afurika ifite umubare munini w’urubyiruko kandi bakaba badafite ubushobozi bwo kujya kwiga mu mashuri makuru na za kaminuza zikomeye, nanone kandi bakaba bagorwa no kuba babona Visa zo kujya kwiga hanze, bigatuma bitabira ku bwinshi aya masomo yo kuri interineti.

Iyi raporo igaragaza ko abantu barenga miliyoni 4,9 bo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara biganjemo abafite imyaka kugeza kuri 34 bakurikiranye amasomo ya Coursera hagati ya 2019 na 2023. Aho 60% yabo bakoresha telefone, bakaba barimo 35 b’igitsinagore.

Iyi raporo kandi ivuga ko abakurikirana amasomo bo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara ari bo bakunze kwibanda cyane mu bijyanye n’ubumenyi mu by’ubucuruzi nk’ubugenzuzi bw’imari, bukurikirwa n’ubumenyi mu bijyanye no guhanga imirimo nko guhanga udusha, guhangana n’ingaruka z’igihombo, ndetse n’imicungiro y’ishoramari.

Mu bijyanye no gukurikirana amasomo y’ikoranabuhanga n’ikusanyamakuru, abo muri Cameroon ni bo babaye benshi mu gihe abo muri Zambia bo baza imbere mu bijyanye n’ikusanyamakuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Hasobanuwe ibikurikiranywe ku bagabo batatu byumvikanamo amahano n’agashinyaguro bakoreye umwana w’umukobwa

Next Post

Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

by radiotv10
08/12/2025
0

Kigali has always been a city of ambition, but over the last decade, a new kind of dream has taken...

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma
Uncategorized

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.