Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umwanya uhanitse u Rwanda rwajeho muri Afurika mu banyoteye ubumenyi bw’ubucuruzi

radiotv10by radiotv10
16/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya umwanya uhanitse u Rwanda rwajeho muri Afurika mu banyoteye ubumenyi bw’ubucuruzi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo kiri mu bikomeye ku Isi bitanga amahugurwa mu buryo bw’ikoranabuhanga ry’iya kure, cyashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika, mu bijyanye n’abiyandikishiriza gukurikirana amasomo y’ubucuruzi kuri interineti.

Ni raporo y’iki kigo cya Coursera, cyakoze ku Bihugu 100 aho ishingiye ku bantu barenga miliyoni 124 biyandikishirije gukurikirana amasomo kuri interineti.

Amakuru yashingiweho hakora iyi raporo ashingiye ku bumenyi buri mu ngeri eshatu bukunze gukurikiranwa n’abiyandikisha, nko mu Bucuruzi, mu Ikoranabuhanga ndetse n’ibijyanye n’ikusanyamakuru.

Mu byavuye muri ubu bushakashatsi, bigaragaza ko benshi mu Banyafurika, biyandikisha gukurikirana aya mahugurwa yo kuri murandasi, kugira ngo babone impamyabushobozi (certificate).

Abifuza ibyo byemezo by’umwuga biyongereho 69% kuri uyu Mugabane wa Afurika, akaba ari na wo mubare munini kurusha indi Migabane.

Nanone kandi byagaragaye ko abihugura muri ubu buryo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, ari bo bagaragaza ubushobozi cyane mu bijyanye n’ubucuruzi, bakaba banaza ku mwanya wa kabiri ku Isi, aho ku mwanya wa mbere haza abo muri Botswana, igakurikirwa n’u Rwanda.

Kimwe mu byatumye uyu mubare uzamuka cyane, harimo kuba Afurika ifite umubare munini w’urubyiruko kandi bakaba badafite ubushobozi bwo kujya kwiga mu mashuri makuru na za kaminuza zikomeye, nanone kandi bakaba bagorwa no kuba babona Visa zo kujya kwiga hanze, bigatuma bitabira ku bwinshi aya masomo yo kuri interineti.

Iyi raporo igaragaza ko abantu barenga miliyoni 4,9 bo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara biganjemo abafite imyaka kugeza kuri 34 bakurikiranye amasomo ya Coursera hagati ya 2019 na 2023. Aho 60% yabo bakoresha telefone, bakaba barimo 35 b’igitsinagore.

Iyi raporo kandi ivuga ko abakurikirana amasomo bo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara ari bo bakunze kwibanda cyane mu bijyanye n’ubumenyi mu by’ubucuruzi nk’ubugenzuzi bw’imari, bukurikirwa n’ubumenyi mu bijyanye no guhanga imirimo nko guhanga udusha, guhangana n’ingaruka z’igihombo, ndetse n’imicungiro y’ishoramari.

Mu bijyanye no gukurikirana amasomo y’ikoranabuhanga n’ikusanyamakuru, abo muri Cameroon ni bo babaye benshi mu gihe abo muri Zambia bo baza imbere mu bijyanye n’ikusanyamakuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 15 =

Previous Post

Hasobanuwe ibikurikiranywe ku bagabo batatu byumvikanamo amahano n’agashinyaguro bakoreye umwana w’umukobwa

Next Post

Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

Related Posts

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

IZIHERUKA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu
MU RWANDA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

20/11/2025
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

19/11/2025
Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.