Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umwanya uhanitse u Rwanda rwajeho muri Afurika mu banyoteye ubumenyi bw’ubucuruzi

radiotv10by radiotv10
16/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya umwanya uhanitse u Rwanda rwajeho muri Afurika mu banyoteye ubumenyi bw’ubucuruzi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo kiri mu bikomeye ku Isi bitanga amahugurwa mu buryo bw’ikoranabuhanga ry’iya kure, cyashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika, mu bijyanye n’abiyandikishiriza gukurikirana amasomo y’ubucuruzi kuri interineti.

Ni raporo y’iki kigo cya Coursera, cyakoze ku Bihugu 100 aho ishingiye ku bantu barenga miliyoni 124 biyandikishirije gukurikirana amasomo kuri interineti.

Amakuru yashingiweho hakora iyi raporo ashingiye ku bumenyi buri mu ngeri eshatu bukunze gukurikiranwa n’abiyandikisha, nko mu Bucuruzi, mu Ikoranabuhanga ndetse n’ibijyanye n’ikusanyamakuru.

Mu byavuye muri ubu bushakashatsi, bigaragaza ko benshi mu Banyafurika, biyandikisha gukurikirana aya mahugurwa yo kuri murandasi, kugira ngo babone impamyabushobozi (certificate).

Abifuza ibyo byemezo by’umwuga biyongereho 69% kuri uyu Mugabane wa Afurika, akaba ari na wo mubare munini kurusha indi Migabane.

Nanone kandi byagaragaye ko abihugura muri ubu buryo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, ari bo bagaragaza ubushobozi cyane mu bijyanye n’ubucuruzi, bakaba banaza ku mwanya wa kabiri ku Isi, aho ku mwanya wa mbere haza abo muri Botswana, igakurikirwa n’u Rwanda.

Kimwe mu byatumye uyu mubare uzamuka cyane, harimo kuba Afurika ifite umubare munini w’urubyiruko kandi bakaba badafite ubushobozi bwo kujya kwiga mu mashuri makuru na za kaminuza zikomeye, nanone kandi bakaba bagorwa no kuba babona Visa zo kujya kwiga hanze, bigatuma bitabira ku bwinshi aya masomo yo kuri interineti.

Iyi raporo igaragaza ko abantu barenga miliyoni 4,9 bo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara biganjemo abafite imyaka kugeza kuri 34 bakurikiranye amasomo ya Coursera hagati ya 2019 na 2023. Aho 60% yabo bakoresha telefone, bakaba barimo 35 b’igitsinagore.

Iyi raporo kandi ivuga ko abakurikirana amasomo bo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara ari bo bakunze kwibanda cyane mu bijyanye n’ubumenyi mu by’ubucuruzi nk’ubugenzuzi bw’imari, bukurikirwa n’ubumenyi mu bijyanye no guhanga imirimo nko guhanga udusha, guhangana n’ingaruka z’igihombo, ndetse n’imicungiro y’ishoramari.

Mu bijyanye no gukurikirana amasomo y’ikoranabuhanga n’ikusanyamakuru, abo muri Cameroon ni bo babaye benshi mu gihe abo muri Zambia bo baza imbere mu bijyanye n’ikusanyamakuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + fifteen =

Previous Post

Hasobanuwe ibikurikiranywe ku bagabo batatu byumvikanamo amahano n’agashinyaguro bakoreye umwana w’umukobwa

Next Post

Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.