Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya undi muti utanga icyizere ugiye kuvugutirwa ikibazo cyakunze kuzamurwa n’Abanyakigali

radiotv10by radiotv10
26/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Menya undi muti utanga icyizere ugiye kuvugutirwa ikibazo cyakunze kuzamurwa n’Abanyakigali
Share on FacebookShare on Twitter

Imihanda yerecyeza ahantu hatatu mu Mujyi wa Kigali, bigiye kujya bihabwa umwihariko wo kunyurwamo n’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu masaha azagenwa, mu rwego rwo kugabanya umuvundo w’imodoka ukunze kugaragara muri Kigali no korohereza abagenzi batega iza rusange.

Ibi byerecyezo bigiye gutangira nk’igerageza, ni ukuva mu Mujyi Rwagati werecyeza Rwandex na Giporoso, hakaba Mu Mujyi rwagati werecyeza Kimirongo, ndetse no mu Mujyi rwagati werecyeza Kicukiro.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa watangarije The New Times ibi byerecyezo, yavuze ko ibi bizakorwa mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi (NST1) izarangira umwaka utaha.

Ati “Indi mihanda izakurikiraho. Gusa kuri gahunda ya Guverinoma y’Imyaka irindwi (NST1), dufite ibilometero 22 twifuza ko bizaba ibya bisi, ariko twifuza ko byaziyongera.”

Rubingisa avuga ko iyi gahunda izatuma igihe abantu bajyaga bamara bategereje imodoka mu Mujyi wa Kigali kigabanuka kikava ku minota 30’ kikagera ku minota 15’.

Ati “Dufatanyije na Minisiteri y’Ibidukikije, RURA ndetse n’abikorera, tugiye gushyiraho inzira zahariwe bisi mu kuzamura urwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, tugabanya igihe bamara bategereje ndetse n’umuvundo ukunze kubaho mu masaha ya mu gitondo na nimugoroba. Tugiye no kwakira izindi bisi nini vuba aha.”

Umujyi wa Kigali kandi uvuga ko hakenewe bisi 500, aho imwe ishobora kujya itwara abantu bari hagati ya 38 na 70, mu rwego rwo kuzatuma iyi gahunda y’imodoka zizaharirwa inzira zazo, ibasha gukorwa.

Umujyi wa Kigali, ugira inama abandi, kuzajya bakoresha indi mihanda iherutse kubakwa mu bihe bya mu gitondo ndetse no mu mugoroba mu rwego rwo kugabanya umuvundo w’imodoka.

Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa Remezo, Merard Mpabwanamaguru yavuze ko imwe muri iyi mihanda, harimo uwa Kimicanga-Kacyiru-Golf course-Nyarutarama.

Ati “Iyi ni mihanda ishobora gufasha abantu baturuka mu bice bya Kibagabaga, Kimironko na Remera, mu gihe baba bajya mu mujyi rwagati, batarinze gukoresha imihanda mikuru.”

Yavuze ko undi muhanda uzafasha kugabanya umuvundo w’imodoka, ari umuhanda uri inyuma ya Sports View Hotel uteganye na Sitade Amahoro ugakomeza ahazwi nka Kagara, ugakomeza ku Bitaro bizwi nka Baho ndetse na Nyarutarama.

Ati “Uyu muhanda ushobora kugabanya umuvundo w’imodoka kuko abantu bashobora kuwukoresha aho gukoresha uwa Gishushu.”

Nanone kandi umuhanda wubatswe uturuka Kabeza, Mu Itunda ugakomeza Busanza, na wo uzatanga igisubizo ku kibazo cy’umuvundo.

Ati “Uyu muhanda ushobora gukoreshwa n’abantu ba Kanombe bajya Busanza, Kabeza, Niboyi, Kicukiro, Sonatube bagakomeza mu Mujyi batiriwe banyura mu Giporoso.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nsenga Deo says:
    2 years ago

    Gusa icyo mbakundira muba mufite imihigo myiza ariko kuyishyira mu bikorwa bikananirana .
    Umuyobozi w’umujyi wa Kigali ati gutegereza imodoka bizava ku minota 30 bijye ku minota 15 ninde wakubeshye ko gutegereza imodoka ari imonota 30 gutegereza imodoka bitwara hagati ya amasaha 2 n’isaha imwe nibyiza ko transport y’abantu babihaye umujyi wa kigali mujye kuri terrain muzahamenyera ibibazo biri muri transport
    Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − one =

Previous Post

Abazwi mu myidagaduro mu Rwanda bagaragaye muri America bizihiwe baseka batembagaye (VIDEO)

Next Post

Umuhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka

Umuhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.