Friday, February 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

radiotv10by radiotv10
13/02/2026
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda ya 2025-2026 igabanukaho miliyari 80,4 Frw, ari ubushobozi bw’amafaranga bwakomeje gushakwa bwo kwifashisha mu kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera.

Minisitiri Yusuf Murangwa yabitangaje ubwo yagaragariza Inteko Ishinga Amategeko umushinga w’Itegeko rigena Ingengo y’Imari, aho yagaragaje hari hateganyijwe gukoreshwa Miliyari 7 032,5 Frw ubu ikaba yaragabanutse igeze kuri Miliyari 6 952,1 Frw; ni ukuvuga ko yagabanutseho miliyari 80,4 Frw.

Agaragaza zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari igabanuka, Minisitiri yavuze ko Guverinoma yakomeje gushaka amafaranga yo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Kigali [cyubakwa i Bugesera] kandi ikaba yarabonye umufatanyabikorwa.

Yagize ati “Aha twari twarafashe miliyoni hafi 400$ yo kwifashishwa mu kubaka ikibuga cy’indege. Twakomeje kwegera abafatanyabikorwa dukorana na bo cyane cyane Banki y’Isi, bemera kuduha ingwate ya 95% y’amafaranga azubaka ikibuga cy’indege, bituma tubona amafaranga ahendutse aho inyungu ku nguzanyo izagabanyuka cyane.”

Yavuze kandi ko uretse kuba harabonetse ayo mafaranga, ariko Guverinoma yanoroherejwe uburyo izajya iyabona, kuko izajya iyafata mu gihe iyakeneye.

Ati “Ubu bizadufasha gufata amafaranga igihe tuyakeneye. Ni ukuvuga ko ibikorwa bigikomeje kandi nta kizahagarara, ariko uburyo dufatamo amafaranga, azahenduka, ikindi tuzajya tuyafata igihe tuyakeneye. Mu by’ukuri amafaranga yo kubaka ikibuga cy’indege yaragabanutse ariko amafaranga y’indi mishinga yariyongereye [kugeza] hafi miliyari 250 Frw.”

Aya mahirwe ariko azatuma amafaranga ava hanze akoreshwa mu ngengo y’imari yiyongera, kuko yiyongereyeho miliyari 250,5 Frw, yiganjemo ay’inguzanyi n’inkunga.

Amafaranga yagenewe gukoreshwa mu mishinga y’Iterambere yavuye kuri Miliyari 1 862,5 Frw agera kuri miliyari 2 115,8 Frw, ni ukuvuga ko yiyongereyeho miliyari 253,3 Frw.

Naho amafaranga y’ingengo y’imari isanzwe, yo yaragabanutse, kuko yageze kuri miliyari 4 114,9 Frw avuye miliyari 4 312,9 Frw. Ni ukubuga ko yagabanutseho miliyari 198 Frw.

Umushinga w’iri Tegeko rivugurura irigena Ingengo y’Imari, wemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko, ukaza uzashyikirizwa Komisiyo, ugasuzumwa, kugira ngo utorwe nk’itegeko.

Minisitiri Murangwa ubwo yagezaga ku Nteko uyu mushinga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 3 =

Previous Post

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

Next Post

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Related Posts

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

by radiotv10
13/02/2026
0

Abaturage bo mu Kagari ka Cyarwa, mu Murenge wa Tumba, mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe kinini bafite...

Ngoma: Bavuze ibyifuzo basaba Leta kwigaho byatuma baruhuka ibihombo

Ngoma: Bavuze ibyifuzo basaba Leta kwigaho byatuma baruhuka ibihombo

by radiotv10
13/02/2026
0

Abakorera ubuhinzi bw’imbuto mu cyanya gihuriweho n'Imirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Ngoma, bataka ibihombo baterwa n’imbuto zangirikira...

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

by radiotv10
12/02/2026
0

Abari mu bugenzuzi bwo gutahura abacuruza inzoga z’inkorano mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababajwe no...

Intumwa z’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF zasuye Kaminuza y’Igisirikare cya Kazakhstan

Intumwa z’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF zasuye Kaminuza y’Igisirikare cya Kazakhstan

by radiotv10
12/02/2026
0

Itsinda ry’intumwa ziturutse mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ‘RDFCSC Nyakinama’, ziyobowe na Brig Gen Andrew Nyamvumba, riri mu rugendo shuri...

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

by radiotv10
12/02/2026
0

Abaturage bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko isoko ry’aka Karere ridakwiye kwitwa irya kijyambere, kuko ryubatswe mu buryo butajyanye...

IZIHERUKA

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa
IMYIDAGADURO

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

by radiotv10
13/02/2026
0

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

13/02/2026
Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

13/02/2026
Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

13/02/2026
Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

13/02/2026
Ngoma: Bavuze ibyifuzo basaba Leta kwigaho byatuma baruhuka ibihombo

Ngoma: Bavuze ibyifuzo basaba Leta kwigaho byatuma baruhuka ibihombo

13/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Umunyarwenya 'Nyamabondo' yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.