Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Milutin Micho yahisemo 25 ba Uganda Cranes bategerejwe i Kigali

radiotv10by radiotv10
05/10/2021
in SIPORO
0
Milutin Micho yahisemo 25 ba Uganda Cranes bategerejwe i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Milutin Sredojević “Micho” umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Uganda yahisemo abakinnyi 25 azitabaza mu mukino w’umunsi wa gatatu w’amatsinda y’ibihugu yo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022 kziabera muri Qatar. U Rwanda ruzakira Uganda Cranes kuri uyu wa kane tariki ya 7 Ukwakira 2021.

Emmanuel Anold Okwi kapiteni w’ikipe y’gihugu ya Uganda ntari mu bakinnyi 25 umutoza Milutin Micho yashyize ku rutonde rwo gukora imyiteguro ya nyuma y’umukino bazahuramo n’u Rwanda tariki ya 7 Ukwakira 2021 mu mikino y’amatsinda yo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

Nyuma yo kuba Emmanuel Anold Okwi atari mu bakinnyi bazakina n’Amavubi Stars, Micho yafashe umwanzuro ko Khalid Aucho ukina hagati mu kibuga muri Yanga SC ari we uzaba yambaye igitambaro cy’abakapiteni (Uganda Cranes Captain).

Khalid Aucho ukina hagati muri Yanga SC niwe uzaba yambaye igitambaro cyo kuyobora Uganda Cranes

Uganda iheruka kunganya na Mali 0-0, izasura u Rwanda tariki ya 7 Ukwakira 2021 kuri sitade ya Kigali mbere y’uko bakina umukino wo kwishyura tariki ya 10 Ukwakira 2021 kuri St Marry’s Kitende mu mujyi wa Kampala.

Milutin Sredojević “Micho” umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Uganda aganira n’abanyamakuru mbere y’uko ikipe ihaguruka

Uganda Cranes yatangiye imikino y’amatsinda inganya 0-0 na Kenya mbere y’uko n’ubundi banganya na Mali 0-0 kuri ubu bakaba bafite amanota abiri (2) mu gihe u Rwanda rufite inota rimwe rwakuye mu kunganya na Kenya igitego 1-1 kuri sitade ya Kigali kuko umukino ufungura amatsinda, u Rwanda rwatsinzwe na Mali igitego 1-0 i Agadir muri Morocco.

Abakinnyi 25 ba Uganda Cranes bategerejwe i Kigali:

1-Lukwago Charles, 2-Watenga Isma, 3-Alionzi Nafian, 4-Wafula Innocent, 5-Poloto Julius, 6-Muleme Isaac , 7-Kayondo Aziz , 8-Awanyi Timothy, 9-Najib Fesali, 10-Walusimbi Enock , 11-Mulondo Livingstone , 12-Waswa Geofrey , 13-Aucho Khalid ,14-Waiswa Moses, 15-Lwanga Tadeo , 16-Byaruhanga Bobosi, 17-Iguma Denis, 18-Kagimu Shafik, 19-Orit Ibrahim, 20-Kizza Martin, 21-Kizza Mustafa, 22-Sentamu Yunus, 23-Rwothomio Cromwell, 24-Mukwala Steven, 25-Bayo Fahad.

Milutin Sredojević “Micho” umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Uganda na kapiteni Khalid Aucho bavuze ko ikibazanyemu Rwanda ari ugucyura amanota atatu

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 6 =

Previous Post

10 SPORTS: Kevin Mirallas na Jock Stein baravutse, Tiger Woods yararongoye ni nabwo Gasogi United yinjiye icyiciro cya mbere..Ibyaranze uyu munsi

Next Post

OFFICIAL: Uganda Cranrs yageze i Kigali amahoro-AMAFOTO

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out
IMIBEREHO MYIZA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
OFFICIAL: Uganda Cranrs yageze i Kigali amahoro-AMAFOTO

OFFICIAL: Uganda Cranrs yageze i Kigali amahoro-AMAFOTO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.