Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagoroye imvugo yakoreshejwe n’igitangazamakuru Mpuzamahanga inyuranye n’izikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Igitangazamakuru cyakoresheje imvugo ngo ‘Jenoside yakorewe mu Rwanda’, atari yo, ahubwo ko ari ‘Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994’.

Ni nyuma yuko Igitangazamakuru BBC Gahuza cyandika mu Kinyarwanda n’Ikirundi, gishyize hanze inkuru igaruka ku buhamya bwa Joseph Semafara warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu akaba ari rwiyemezamirimo ukomeye.

Mu nkuru igaragaza uburyo uyu Munyarwanda Joseph Semafara warokotse wenyine mu bahungu 11 bavaga indi imwe kuri se, inerekana urugendo rwo kwiyubaka k’uyu warokotse Jenoside yakorwe Abatutsi akiri muto, ubu akaba afite ikigo Solvit Africa gifite agaciro ka Miliyini 10 USD.

Kimwe mu bika bitangira muri iyi nkuru, iki kinyamakuru cyanditse ngo “Mu gihe mu Rwanda ubu bari mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe mu Rwanda mu 1994, uyu munsi ikiganiro cyacu kiraganiriza umucikacumu wabuze ababyeyi be na bamwe mu bavandimwe be muri icyo gihe, maze ajya kurererwa mu miryango, imufata nabi kuburyo yaragiye no kuhaburira ubuzima maze ahitamo kujya kuba mu kigo cy’impfubyi cyitwa Hameau des Jeune Saint Kizito Musha.”

Agendeye kuri iyi mvugo yakoreshejwe n’iki gitangazamakuru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagize ati “Ndibutsa BBC Gahuza ko Semafara atarokotse ‘Jenoside yakorewe mu Rwanda mu 1994’ ahubwo ko yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.”

Minisitiri Nduhungire yakomeje agaya Igihugu cy’u Bwongereza ari na cyo nyiri iki gitangazamakuru cyakoresheje iyi mvugo, kuba kuva mu myaka 31 ishize habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, ari cyo Gihugu rukumbi cyo ku Mugabane w’u Burayi, cyanze kohereza cyangwa kuburanisha abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bari ku butaka bwacyo.

Ati “None na British Broadcasting Corporation (BBC) ikomeje kuba umuyoboro mpuzamahanga rukumbi ukomeje guhakana icyaha cyemejwe n’Urukiko rwa UN ndetse cyanemejwe n’Inteko Rusange ya UN.”

Miniritiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire, yakomeje avuga ko aho kugira ngo abantu bakoreshe imvugo nk’iriya ipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, “nibura iyo baruca bakarumira muri iyi minsi 100 yo Kwibuka.”

Tariki 26 Mutarama 2018, Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yemeje ko imvugo igomba gukoreshwa ku byabaye mu Rwanda, ari ‘Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994’.

Ni icyemezo cyatangajwe nyuma y’imyaka 15 Guverinoma y’u Rwanda isaba Umuryango w’Abibumbye kudakoresha imvugo ‘Jenoside yo mu Rwanda yabaye 1994’, kuko yumvikanagamo gupfobya amateka nyakuri y’ibyabaye mu Rwanda, kandi bizwi ko ari Jenoside yakorewe Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 5 =

Previous Post

Ukuri ni ukuhe?-Harumvikana kubusanya imvugo ku bivugwa muri Rayon

Next Post

Iby’ingenzi ku ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia usuye u Rwanda nyuma y’ukwezi yakiriye uwa RDF

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi ku ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia usuye u Rwanda nyuma y’ukwezi yakiriye uwa RDF

Iby'ingenzi ku ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia usuye u Rwanda nyuma y’ukwezi yakiriye uwa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.