Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagoroye imvugo yakoreshejwe n’igitangazamakuru Mpuzamahanga inyuranye n’izikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Igitangazamakuru cyakoresheje imvugo ngo ‘Jenoside yakorewe mu Rwanda’, atari yo, ahubwo ko ari ‘Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994’.

Ni nyuma yuko Igitangazamakuru BBC Gahuza cyandika mu Kinyarwanda n’Ikirundi, gishyize hanze inkuru igaruka ku buhamya bwa Joseph Semafara warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu akaba ari rwiyemezamirimo ukomeye.

Mu nkuru igaragaza uburyo uyu Munyarwanda Joseph Semafara warokotse wenyine mu bahungu 11 bavaga indi imwe kuri se, inerekana urugendo rwo kwiyubaka k’uyu warokotse Jenoside yakorwe Abatutsi akiri muto, ubu akaba afite ikigo Solvit Africa gifite agaciro ka Miliyini 10 USD.

Kimwe mu bika bitangira muri iyi nkuru, iki kinyamakuru cyanditse ngo “Mu gihe mu Rwanda ubu bari mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe mu Rwanda mu 1994, uyu munsi ikiganiro cyacu kiraganiriza umucikacumu wabuze ababyeyi be na bamwe mu bavandimwe be muri icyo gihe, maze ajya kurererwa mu miryango, imufata nabi kuburyo yaragiye no kuhaburira ubuzima maze ahitamo kujya kuba mu kigo cy’impfubyi cyitwa Hameau des Jeune Saint Kizito Musha.”

Agendeye kuri iyi mvugo yakoreshejwe n’iki gitangazamakuru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagize ati “Ndibutsa BBC Gahuza ko Semafara atarokotse ‘Jenoside yakorewe mu Rwanda mu 1994’ ahubwo ko yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.”

Minisitiri Nduhungire yakomeje agaya Igihugu cy’u Bwongereza ari na cyo nyiri iki gitangazamakuru cyakoresheje iyi mvugo, kuba kuva mu myaka 31 ishize habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, ari cyo Gihugu rukumbi cyo ku Mugabane w’u Burayi, cyanze kohereza cyangwa kuburanisha abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bari ku butaka bwacyo.

Ati “None na British Broadcasting Corporation (BBC) ikomeje kuba umuyoboro mpuzamahanga rukumbi ukomeje guhakana icyaha cyemejwe n’Urukiko rwa UN ndetse cyanemejwe n’Inteko Rusange ya UN.”

Miniritiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire, yakomeje avuga ko aho kugira ngo abantu bakoreshe imvugo nk’iriya ipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, “nibura iyo baruca bakarumira muri iyi minsi 100 yo Kwibuka.”

Tariki 26 Mutarama 2018, Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yemeje ko imvugo igomba gukoreshwa ku byabaye mu Rwanda, ari ‘Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994’.

Ni icyemezo cyatangajwe nyuma y’imyaka 15 Guverinoma y’u Rwanda isaba Umuryango w’Abibumbye kudakoresha imvugo ‘Jenoside yo mu Rwanda yabaye 1994’, kuko yumvikanagamo gupfobya amateka nyakuri y’ibyabaye mu Rwanda, kandi bizwi ko ari Jenoside yakorewe Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Ukuri ni ukuhe?-Harumvikana kubusanya imvugo ku bivugwa muri Rayon

Next Post

Iby’ingenzi ku ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia usuye u Rwanda nyuma y’ukwezi yakiriye uwa RDF

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi ku ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia usuye u Rwanda nyuma y’ukwezi yakiriye uwa RDF

Iby'ingenzi ku ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia usuye u Rwanda nyuma y’ukwezi yakiriye uwa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.