Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yakomoje ku mvano y’ihagarikwa ry’ubutumwa bw’Ingabo za SADC muri Congo

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ihagarikwa ry’ubutumwa bw’Ingabo za SADC muri DRC, rifite umuzi ku bushishozi budahagije bw’ubutegetsi bw’iki Gihugu bwaziyambaje ngo zisimbure iza EAC kuko zitakoraga ibyo bwifuzaga.

Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) yabaye kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025 yanzuye ko ihagaritse burundu ubutumwa bw’Ingabo zawo bwiswe SAMIDRC zari zoherejwemo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi Nteko y’Abakuru b’Ibihugu kandi yahise itegeka ko izi ngabo zitangira gutaha mu Bihugu byazo, aho Ibihugu byari byohereje ingabo, ari Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire, mu butumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Werurwe nyuma yuko hafashwe iki cyemezo, yagaragaje n’ubundi izi ngabo zari zagiye mu butumwa budakwiye.

Yagize ati “Ubutumwa bwa SADC (SAMIDRC) ntabwo bwari ubwo kubungabunga amahoro mu burasirazuba bwa DRC. Ahubwo bwari bushingiye ku cyemezo gihutiweho cy’umujinya, cyo gusimbura izari zagiye mu butumwa bwo gucunga amahoro z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF).”

Amb. Olivier Nduhungirehe, yibukije ko iki cyemezo cyafashwe mu mpera za 2023 na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, “Félix Tshisekedi wirukanye izi ngabo za EAC- EACRF, azihoye gusa kuba zari ziri kubungabunga amahoro no gushyira mu bikorwa agahenge ko guhagarika imirwano kari kemejwe, aho gufasha igisirikare cye FARDC guhangana na M23, nk’uko yabyifuzaga.”

Ni mu gihe kandi izi ngabo zari mu butumwa bwa EACRF zari ziri gushyira mu bikorwa ibyemezo by’ibiganiro by’i Nairobi, kandi ko zashyize mu bikorwa inshingano zazo mu gihe cy’amezi atandatu uhereye muri Werurwe 2023 aho umutwe wa M23 wari warekuye 80% by’ibice yari yafashe.

Amb. Nduhungirehe ati “Nk’uko Perezida Tshisekedi yari yirukanye M23 mu biganiro by’i Nairobi, yanabangamiye ananyuranya n’ibiganiro bya EAC by’i Nairobi.”

Umuryango wa SADC wafashe iki cyemezo cyo kurangiza ubu butumwa bw’ingabo zawo zarimo muri Congo nyuma yuko Umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, Angola atangaje ko noneho ubutegetsi bw’iki Gihugu bwemeye kwicarana ku meza y’ibiganiro n’umutwe wa M23 kandi bikazatangira mu cyumweru gitaha tariki 18 Werurwe 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − eleven =

Previous Post

Nyuma y’impanuka ikomeye y’imwe mu modoka zitwara abagenzi Polisi yahise iganiriza Abashoferi bazo

Next Post

Habaye indi mpanuka y’imodoka ya bisi

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye indi mpanuka y’imodoka ya bisi

Habaye indi mpanuka y’imodoka ya bisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.