Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yakomoje ku mvano y’ihagarikwa ry’ubutumwa bw’Ingabo za SADC muri Congo

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ihagarikwa ry’ubutumwa bw’Ingabo za SADC muri DRC, rifite umuzi ku bushishozi budahagije bw’ubutegetsi bw’iki Gihugu bwaziyambaje ngo zisimbure iza EAC kuko zitakoraga ibyo bwifuzaga.

Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) yabaye kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025 yanzuye ko ihagaritse burundu ubutumwa bw’Ingabo zawo bwiswe SAMIDRC zari zoherejwemo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi Nteko y’Abakuru b’Ibihugu kandi yahise itegeka ko izi ngabo zitangira gutaha mu Bihugu byazo, aho Ibihugu byari byohereje ingabo, ari Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire, mu butumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Werurwe nyuma yuko hafashwe iki cyemezo, yagaragaje n’ubundi izi ngabo zari zagiye mu butumwa budakwiye.

Yagize ati “Ubutumwa bwa SADC (SAMIDRC) ntabwo bwari ubwo kubungabunga amahoro mu burasirazuba bwa DRC. Ahubwo bwari bushingiye ku cyemezo gihutiweho cy’umujinya, cyo gusimbura izari zagiye mu butumwa bwo gucunga amahoro z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF).”

Amb. Olivier Nduhungirehe, yibukije ko iki cyemezo cyafashwe mu mpera za 2023 na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, “Félix Tshisekedi wirukanye izi ngabo za EAC- EACRF, azihoye gusa kuba zari ziri kubungabunga amahoro no gushyira mu bikorwa agahenge ko guhagarika imirwano kari kemejwe, aho gufasha igisirikare cye FARDC guhangana na M23, nk’uko yabyifuzaga.”

Ni mu gihe kandi izi ngabo zari mu butumwa bwa EACRF zari ziri gushyira mu bikorwa ibyemezo by’ibiganiro by’i Nairobi, kandi ko zashyize mu bikorwa inshingano zazo mu gihe cy’amezi atandatu uhereye muri Werurwe 2023 aho umutwe wa M23 wari warekuye 80% by’ibice yari yafashe.

Amb. Nduhungirehe ati “Nk’uko Perezida Tshisekedi yari yirukanye M23 mu biganiro by’i Nairobi, yanabangamiye ananyuranya n’ibiganiro bya EAC by’i Nairobi.”

Umuryango wa SADC wafashe iki cyemezo cyo kurangiza ubu butumwa bw’ingabo zawo zarimo muri Congo nyuma yuko Umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, Angola atangaje ko noneho ubutegetsi bw’iki Gihugu bwemeye kwicarana ku meza y’ibiganiro n’umutwe wa M23 kandi bikazatangira mu cyumweru gitaha tariki 18 Werurwe 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + nine =

Previous Post

Nyuma y’impanuka ikomeye y’imwe mu modoka zitwara abagenzi Polisi yahise iganiriza Abashoferi bazo

Next Post

Habaye indi mpanuka y’imodoka ya bisi

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye indi mpanuka y’imodoka ya bisi

Habaye indi mpanuka y’imodoka ya bisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.