Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

radiotv10by radiotv10
11/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse muri Bugarama mu Rwanda, batashyizemo ubushishozi, kuko ababihungaga ahubwo berecyezaga aho bavuga, ati “None se bahungira aho ibisasu bituruka?”

Ni ibirego byazamuwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Edouard Bizimana, n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya ko ngo ibisasu byarashwe muri Kivu y’Epfo, ngo byaturutse i Bugarama mu Rwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko kuba aba bayobozi muri biriya Bihugu bakumvikana ku kuzamura ibirego nka biriya by’ibinyoma, bidatangaje kuko ibi Bihugu byombi bihuje umugambi, ariko ko ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Ati “Ibyo bisasu ngo byaturutse i Bugarama ntabwo ari byo. Ibisasu byaturutse i Burundi bikibasira abaturage ba hariya Kamanyola. Ndetse hari n’impunzi z’Abanyekongo zirenga igihumbi zahungiye iwacu hariya i Bugarama ku Mupaka wacu. None se bari guhungira aho ibisasu birimo bituruka? Izo mpunzi ziri hariya muri Centre ya Nyarushishi.”

Amahanga arimo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na Leta Zunze Ubumwe za America, na yo yasohoye itangazo, rivuga ko abarwanyi ba AFC/M23 ngo bashyigikiwe n’Ingabo z’u Rwanda, bava mu bice bafashe muri iyi minsi, bagasubira aho basanzwe.

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko umwaka ushize ubwo M23 yari yigaruriye Teritwari ya Walikare, n’ubundi amahanga arimo Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye igitutu isaba u Rwanda gukoresha ‘influence’ [ububasha] rufite kuri uriya mutwe, rukawusaba gusubira inyuma.

Ati “Ibyo twarabikoze, twarababwiye tuti ‘kugira ngo duharanire amahoro, barasaba kuva aho hantu mwafashe kugira ngo noneho ibiganiro by’amahoro bibashe kuba’. Ibyo bintu nubwo batari babyishimiye, abo ba AFC/M23 barahavuye. Ariko se muzi icyabaye nyuma? Ni uko Guverinoma yahafashe, abantu bose bishimiye abo ba M23 baza cyangwa babashyigikiye, barishwe icyo gihe.”

Minisitiri Nduhungirehe, avuga ko kongera gusaba u Rwanda gusaba AFC/M23 ibintu nka biriya, bitashoboka, bitewe na biriya byabaye muri Walikare.

Ati “Kongera kudusaba ibintu nk’ibyo urumva ko bidashoboka, urumva ko twe tudashobora kongera kugira uwo mutwaro wo gusaba abantu kuva ahantu kugira ngo abaturage bari muri uwo mujyi baze kwibasirwa n’Ingabo za FARDC na FDLR na Wazalendo.”

Minisitiri Nduhungire avuga ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari bwo bukomeje kurenga ku gahenge, bufatanyije n’u Burundi ndetse n’indi mitwe irimo FDLR, bityo ko igisubizo cy’amahoro kitaboneka, iyi migambi ikomeje kubaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 15 =

Previous Post

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Next Post

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.