Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana yongeye gusaba urubyiruko kwirinda gukoresha imvugo ‘gutwika’ cyangwa ngo ‘hahiye’, arwibutsa ko ibi byombi bifite igisobanuro kibi mu mateka y’Abanyarwanda.

Dr Bizimana n’ubundi yari yabivuze mu kiganiro aherutse kugirana n’abanyamakuru, aho yagaragazaga imvugo zidakwiye gukoreshwa mu rurimi rw’Ikinyarwanda, aho yari yagarutse kuri izi ziharajwe na rumwe mu rubyiruko.

Yari yavuze ko akenshi izi mvugo zikoreshwa iyo umuhanzi yashyize hanze igihangano cyiza cyangwa agayiye gukora igitaramo.

Yari yagize ati “Umuhanzi uzwi w’igihangange, bajya kuririmba, ijambo bakoresha ngo ‘yatwitse’, ‘ejo hazashya’ […] gutwika muzi ibyo ari byo buriya? Cyane cyane mu Rwanda?”

Dr Bizimana yavuze ko Abanyarwanda bariho mu gihe cya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bazi ibyabaye, bashobora kumva iyi mvugo ikabatera ihahamuka, kuko bimwe mu bikorwa bibi byakorerwaga Abatutsi muri ibyo bihe, birimo no kubatwikira.

Ati “Njyewe nari muto nakuze mbibona, ariko umuntu nka ‘Ngarambe’ (Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari, Imidari n’Impeta z’Ishimwe) watwikiwe agahunga […] gutwika hari abo bishobora guhita bihahamura pe. Iyo uvuze ngo umuhanzi w’Umuhanga ngo yatwitse, gutwika ni ukujya kwica, ni ukujya gutwika ingo z’Abatutsi. Ni cyo bivuze mu mateka y’u Rwanda, ntabwo iryo jambo rishobora kuba ryiza pe.”

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga agendeye kuri ubu butumwa bw’impanuro bwatanzwe na Minisitiri Dr Bizimana, yavuze ko iyi mvugo ntacyo itwaye, yari akwiye kureka ngo urubyiruko rukayikoresha.

Mu kumusubiza, mu butumwa yatanze kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Gashyantare 2026, Dr Bizimana yatunguwe n’ibi byatangajwe n’uyu muntu, avuga ko adakwiye guterera iyo ngo areke u Rwanda rw’ejo rukomeze kuyoba.

Ati “Ureruye uti Gutwika ntacyo bitwaye nimbireke bivugwe gutyo mu mwanya w’igitaramo???? Have have sinkwifurije kuzahura nabyo nta n’undi muntu wese nabyifuriza. Gutwika no gutwikirwa ni bibi, ni icyaha ntibishobora na rimwe kuba byiza.”

Minisitiri Bizimana yakomeje agira inama uyu muntu, ati “Uzegere abakuru tukubwire aho gutwika byagejeje u Rwanda. Nimukoreshe ijambo igitaramo ni cyo kinyarwanda gikwiye.”

Yavuze ko atabujije urubyiruko gukoresha imvugo zijyanye n’igihe cyarwo, ariko rukwiye kwirinda izaza kwangiza ururimi rw’Ikinyarwanda cyangwa kugira abo zikomeretsa.

Ati “Ese mwashatse izo “styles” mu kinyarwanda gikwiye kandi ko bishoboka? Kuki icyongereza n’igifransa mutacyangiza mukumva ko ikinyarwanda cyo kigomba kwangizwa? Oya rwose.”

Mu kwizihiza Umunsi w’Intwari wabaye tariki 01 Gashyantare, byajyanye n’ubukangurambaga bugamije kunoza imikoreshereze iboneye y’ururimi rw’Ikinyarwanda, byumwihariko mu rubyiruko.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ni kenshi akunze kugira inama urubyiruko gukoresha neza ururimi rw’Ikinyarwanda, rukirinda gukoresha imvugo zitaboneye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 2 =

Previous Post

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

Related Posts

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

by radiotv10
04/02/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’inzoga z’inkorano bahimbye izina 'Nyirantare', bavuga...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

by radiotv10
04/02/2026
0

Ngendahayo Evariste wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Batura mu kagari ka Karenge ho mu murenge wa Rwimbogo mu Karere...

Gender Expectations at Home vs in Public Spaces

Gender Expectations at Home vs in Public Spaces

by radiotv10
04/02/2026
0

Gender expectations are the rules society puts on people because they are male or female. These rules affect how we...

Why many marriages are ending in divorce

Why many marriages are ending in divorce

by radiotv10
04/02/2026
0

Divorce is not something that happens overnight. In most cases, it is the result of problems that grow slowly over...

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

by radiotv10
03/02/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yatanze ubufasha burimo ibiribwa n’imiti nyuma y’ibiza by’imyuzure byibasiye iki Gihugu byasize abakabakaba ibihumbi 400 badafite aho...

IZIHERUKA

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye
MU RWANDA

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

by radiotv10
04/02/2026
0

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

04/02/2026
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

04/02/2026
Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

04/02/2026
Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

04/02/2026
Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

04/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.