Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri Gatabazi yaruriye abanyeshuri ubundi barasangira ashimirwa gutanga urugero rwiza

radiotv10by radiotv10
20/01/2022
in MU RWANDA
0
Minisitiri Gatabazi yaruriye abanyeshuri ubundi barasangira ashimirwa gutanga urugero rwiza
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney uri mu ruzinduko mu Ntara y’Iburengerazuba yatangiriye mu Karere ka Rutsiro, yasuye abanyeshuri biga ku Kigo cy’Ishuri ryo mu Murenge wa Kinihira, asangira na bo. Igikorwa gikomeje gushimwa na benshi.

Ni mu ruzinduko rw’iminsi itatu Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianney yatangiriye mu Ntara y’Iburengerazuba aho kuri uyu wa Kane tariki 20 Mutarama 2022yasuye ibikorwa binyuranye byo Karere ka Rutsiro.

Ubwo amasaha yo gufata ifunguro yari ageze, Minisitiri Gatabazi n’abayobozi bari kumwe, basuye Urwunge rw’Amashuri rwa Kinihira mu Murenge wa Kigeyo.

Minisitiri Gatabazi wari ugiye kureba uko gahunda yo kugaburira abanyeshuri ku ishuri ihagaze, yaberetse urugero rw’umubyeyi; yarurira bamwe muri banyeshuri ndetse baranasangira.

Amashusho yashyizwe kuri Twitter ya Minisitiri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, agaragaza Minisitiri Gatabazi ari kwarurira bamwe mu banyeshuri ubundi bagasenga bagahita batangira gufungura.

Ni igikorwa cyashimwe na benshi, bavuga ko Minisitiri Gatabazi yagaragaje urugero rwiza rw’umubyeyi w’abana b’u Rwanda.

Uwitwa Alexis Nyandwi kuri Twitter, atanga igitekerezo ku mafoto yari kuri uru rubuga rwa Rutsiro, yagize ati “U Rwanda rugira Imana kugira abayobozi beza bicisha bugufi kandi bakunda abo bayobora.”

Uwitwa Gatera Alphonse na we yagize ati “Umuyobozi mwiza w’intangarugero.”

Minisitiri Gatabazi kandi yasuye ibindi bikorwa birimo sitasiyo ya RDB muri aka Karere ndetse n’uruganda rw’ubuki ruri muri aka Karere.

Minisitiri Gatabazi wakiriwe n’Abayobozi bo mu nzego z’ibanze n’ab’inzego z’umutekano muri aka Karere ka Rutsiro, banasuye ahari gukorerwa igikorwa cyo gukingira COVID-19 mu gasanteri ka Gakeri mu Murenge wa Ruhando.

Mu Ntara y’Iburengerazuba hakunze kuvugwa bamwe bakomeje kwinangira banga kwikingiza COVID-19 bashingira ku myemerere yabo.

Minisitiri Gatabazi yaboneyeho kongera kubashishikariza kwitabira iyi gahunda yo kwikingiza, anabashimira uburyo abari bakomeje kwinangira bari guhindura imyumvire bakabyitabira.

Gatabazi yanje kwarurira bamwe mu banyeshuri
Ubundi barasangira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 18 =

Previous Post

Bwa mbere Bamporiki yavuze ku byo kuvuga ‘Idebe’ n’uburyo yakiriye isakazwa ry’iriya Video

Next Post

Nyanza: Abayisilamu bashinjwaga iterabwoga bari basabiwe burundu bagizwe abere

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Abayisilamu bashinjwaga iterabwoga bari basabiwe burundu bagizwe abere

Nyanza: Abayisilamu bashinjwaga iterabwoga bari basabiwe burundu bagizwe abere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.