Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye

radiotv10by radiotv10
23/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, yashimiye u Rwanda ku budakemwa rwagaragaje muri gahunda rwagiranye n’u Bwongereza, gusa avuga ko ihagarikwa ryayo ari intsinzwi kuri Guverinoma yahozeho mu Gihugu cy’iwabo ndetse ko ari cyo gihombo gikomeye abonye kuva yabaho, anavuga amafaranga yatanzweho, ariko ishyaka ry’Aba-Conservative rivuga ko yayakabirije.

Yvette Cooper wabaye Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu kuva Ishyaka Labour Party ryafata ubutegetsi ritsinze iry’Aba-Conservative, yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga 2024.

Yavuze ko u Bwongereza bwakoresheje Miliyoni 700£ [angana na Miliyoni 900 $ cyangwa arenga Miliyari 1 000 Frw] muri iyi gahunda iki Gihugu cyari cyagiranye n’u Rwanda ariko ntigerweho.

Yavuze ko nubwo hakoreshejwe aka kayabo, ariko u Bwongereza bwohereje mu Rwanda abantu bane gusa, mbere y’uko iyi gahunda ihagarikwa n’ishyaka rya Labour Party.

Cooper yavuze ko Guverinoma ya Rishi Sunak wahoze ari Minisitiri w’Intebe, yateganya kuzakoresha Miliyari 10 £ yose hamwe mu mishinga ijyanye n’abimukira.

Yagize ati “Hari Miliyoni 290£ zishyuwe u Rwanda, amafaranga y’indege zitigeze zihaguruka, gufunga abantu ibihumbi ndetse no kubarekura, ndetse no kwishyura abakozi barenga 1 000 mu bikorwa by’uyu mushinga.”

Yakomeje agira ati “Kuba haroherejwe abantu bane, ni cyo gihombo giteye agahinda cyatwaye imisoro y’abasoreshwa myinshi, cya mbere nabonye mu buzima bwanjye.”

Gusa Cooper yaboneyeho gushimira u Rwanda kuba rwaragaragaje ubushake bwiza. Ati “Ndashaka gushimira Guverinoma y’u Rwanda ku bwo gukorana n’u Bwongereza mu budakemwa, kuko gutsindwa kw’iyi politiki, biri ku gahanga k’iyahoze ari Guverinoma y’u Bwongereza.”

Umuvugizi w’Aba-Conservative, James Cleverly wahoze ari Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, yashinje Cooper kuba yakabirije iyi mibare y’amafaranga yatangaje, anenga uburyarya bw’ishya rya Labour bwagaragaje kuri Guverinoma y’u Rwanda.

Ni mu gihe Sunak wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, we yavugaga ko iyi gahunda yashoboraga guca intege ibihumbi n’ibihumbi by’abimukira binjira mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Nyuma y’uko u Bwongereza buhagaritse iyi gahunda, Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko iki Gihugu cyari kinjiye muri aya masezerano ku busabe bw’u Bwongereza, ndetse ko ari ikibazo cyabwo aho kuba icy’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yavuze ko nubwo nta tegeko ritegeka iki Gihugu gusubiza u Bwongereza amafaranga bwagihaye, ariko ko buramutse bwifuje ko biganirwaho, u Rwanda rwiteguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + twenty =

Previous Post

Rusizi: Babonye umusaruro ushimishije ariko ibyo bibwiraga si ko byagenze

Next Post

APR yahesheje ishema Abanyarwanda yakiranywe ubwuzu n’urugwiro mu Rwanda

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
APR yahesheje ishema Abanyarwanda yakiranywe ubwuzu n’urugwiro mu Rwanda

APR yahesheje ishema Abanyarwanda yakiranywe ubwuzu n’urugwiro mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.