Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye

radiotv10by radiotv10
23/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, yashimiye u Rwanda ku budakemwa rwagaragaje muri gahunda rwagiranye n’u Bwongereza, gusa avuga ko ihagarikwa ryayo ari intsinzwi kuri Guverinoma yahozeho mu Gihugu cy’iwabo ndetse ko ari cyo gihombo gikomeye abonye kuva yabaho, anavuga amafaranga yatanzweho, ariko ishyaka ry’Aba-Conservative rivuga ko yayakabirije.

Yvette Cooper wabaye Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu kuva Ishyaka Labour Party ryafata ubutegetsi ritsinze iry’Aba-Conservative, yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga 2024.

Yavuze ko u Bwongereza bwakoresheje Miliyoni 700£ [angana na Miliyoni 900 $ cyangwa arenga Miliyari 1 000 Frw] muri iyi gahunda iki Gihugu cyari cyagiranye n’u Rwanda ariko ntigerweho.

Yavuze ko nubwo hakoreshejwe aka kayabo, ariko u Bwongereza bwohereje mu Rwanda abantu bane gusa, mbere y’uko iyi gahunda ihagarikwa n’ishyaka rya Labour Party.

Cooper yavuze ko Guverinoma ya Rishi Sunak wahoze ari Minisitiri w’Intebe, yateganya kuzakoresha Miliyari 10 £ yose hamwe mu mishinga ijyanye n’abimukira.

Yagize ati “Hari Miliyoni 290£ zishyuwe u Rwanda, amafaranga y’indege zitigeze zihaguruka, gufunga abantu ibihumbi ndetse no kubarekura, ndetse no kwishyura abakozi barenga 1 000 mu bikorwa by’uyu mushinga.”

Yakomeje agira ati “Kuba haroherejwe abantu bane, ni cyo gihombo giteye agahinda cyatwaye imisoro y’abasoreshwa myinshi, cya mbere nabonye mu buzima bwanjye.”

Gusa Cooper yaboneyeho gushimira u Rwanda kuba rwaragaragaje ubushake bwiza. Ati “Ndashaka gushimira Guverinoma y’u Rwanda ku bwo gukorana n’u Bwongereza mu budakemwa, kuko gutsindwa kw’iyi politiki, biri ku gahanga k’iyahoze ari Guverinoma y’u Bwongereza.”

Umuvugizi w’Aba-Conservative, James Cleverly wahoze ari Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, yashinje Cooper kuba yakabirije iyi mibare y’amafaranga yatangaje, anenga uburyarya bw’ishya rya Labour bwagaragaje kuri Guverinoma y’u Rwanda.

Ni mu gihe Sunak wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, we yavugaga ko iyi gahunda yashoboraga guca intege ibihumbi n’ibihumbi by’abimukira binjira mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Nyuma y’uko u Bwongereza buhagaritse iyi gahunda, Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko iki Gihugu cyari kinjiye muri aya masezerano ku busabe bw’u Bwongereza, ndetse ko ari ikibazo cyabwo aho kuba icy’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yavuze ko nubwo nta tegeko ritegeka iki Gihugu gusubiza u Bwongereza amafaranga bwagihaye, ariko ko buramutse bwifuje ko biganirwaho, u Rwanda rwiteguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Rusizi: Babonye umusaruro ushimishije ariko ibyo bibwiraga si ko byagenze

Next Post

APR yahesheje ishema Abanyarwanda yakiranywe ubwuzu n’urugwiro mu Rwanda

Related Posts

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

by radiotv10
12/08/2025
0

Jorine Najjemba w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, yagiye kwaka impapuro zo kujya gushaka imikono y'abamushyigikira kugira...

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

by radiotv10
12/08/2025
0

Abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibyana bitatu by’intare ubwo bari mu muhanda wa Kasenga mu bilometero bicye...

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
12/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatanze impuruza ku mahanga ko uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruri kwitegura intambara yeruye,...

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
12/08/2025
0

Amahanga yamaganye icyemezo cya Guverinoma ya Israel cyo kwigarurira Intara ya Gaza nubwo iki Gihugu kivuga ko ari byo byonyine...

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

by radiotv10
11/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko ribabajwe bikomeye no kuba uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha ruri kwinjiza mu gisirikare abana bato rukabajyana...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
APR yahesheje ishema Abanyarwanda yakiranywe ubwuzu n’urugwiro mu Rwanda

APR yahesheje ishema Abanyarwanda yakiranywe ubwuzu n’urugwiro mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.