Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri muto muri Guverinoma n’umuhanzi Nyarwanda bahuriye mu kiganiro nkangurambaga

radiotv10by radiotv10
07/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Minisitiri muto muri Guverinoma n’umuhanzi Nyarwanda bahuriye mu kiganiro nkangurambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, akaba ari na we muto mu myaka muri Guverinoma y’u Rwanda, ndetse n’umuhanzi w’umuraperi AmaG The Black, bahuriye mu kiganiro cy’umukino w’ubukangurambaga bugamije gusaba Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko banywa inzoga, kunywa mu rugero [#TunyweLess].

Ni ubukangurambaga buherutse gutangizwa n’inzego z’Ubuzima mu Rwanda, aho ku ikubitiro, hasohotse umukino urimo Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, asanga urubyiruko rwiteretse inzoga z’ubwoko bwose, akabasaba kunywa mu rugero.

Mu wundi mukino wagiye hanze, urimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera ndetse n’Umuhanzi nyarwanda Hakizimana Aman wamamaye nka AmaG the Black.

Muri uyu mukino, Dr. Yvan na AmaG batangira basuhuzanya mu buryo bumenyerewe mu rubyiruko, bahana chance, uyu muhanzi agatangira agira ati “Umusaza ngufitiye ibibazo.”

Uyu muhanzi abaza uyu muyobozi ku bukangurambaga bwa ‘TunyweLess’, akamubaza niba iyi gahunda itareba n’abanywa ibindi binyobwa.

Ati “dore nk’ubu uri kunywa icyayi. Papa wanjye iyo sukari ko itera diabetes, tuyite sukariless.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera yinjiye mu bukanguramba bwa #TunyweLess aho ari kumwe n'umuhanzi Hakizimana Amani uzwi nka AmaG The Black. pic.twitter.com/9goXmtGjl3

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) August 7, 2023

Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE, asubiza uyu muhanzi ko “ikintu cyose utanyweho mu rugero gitera ikibazo, ariko ku nzoga cyane cyane, ari na byo tuvuga aha, turashishikariza abantu kunywa gacyeya bakanywa mu rugero.”

AmaG akomeza abwira Minisitiri ko na we yazanye gahunda yise ‘TuvumbeLess’ aho avuga ko urubyiruko rwinshi muri iki gihe runywa rutakoze, akabaza uyu muyobozi ubutumwa yaha uru rubyiruko.

Dr Yvan Butera, avuga ko byoroshye, kuko abantu banashatse inzoga bazireka kandi ntibagire icyo baba, ahubwo ko kuzinywa ubwazo bigira ingaruka.

Ati “Icya mbere zangiza umwijima, zitera za diabetes, zitera za cancer, ndetse zinangiza n’imitekerereze, kuko iyo wanyweye inzoga mu rugero rukabije, ntutekereza, ntukora, ntiwiteza imbere, ntuteza imbere Igihugu cyawe.”

Dr. Yvan na we asoza abaza Ama G. niba kuba umuntu yaba afite ibibazo, akanywa inzoga ari wo muti wabyo, amusubiza agira ati “Inzoga si wo muti, abenshi bise igisubizo, wavuze ku buzima, ibyo turi gukora byose bisaba ubuzima, ntabwo uzakina umupira udafite ubuzima, ntuzaririmba nta buzima.”

Batangira bahana chance
Dr Yvan Butera avuga ko abantu binywereye icyayi byaba bihagije
AmaG yamubajije ubutumwa yaha urubyiruko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Abagiye gushinja Abanyarwanda baburanishirijwe mu Bufaransa bahishuye ikindi gikomeye bifuza

Next Post

Moses Turahirwa kuva yafungurwa bwa mbere avuze ku buzima bwe muri Gereza

Related Posts

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

The Effects of Eating Noodles: What You Should Know

The Effects of Eating Noodles: What You Should Know

by radiotv10
21/11/2025
0

Noodles have become one of the most popular quick meals around the world. They are cheap, easy to prepare, and...

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

by radiotv10
21/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze guta muri yombi abanyamahanga babiri bagaragaye mu rugomo mu Mujyi wa Kigali, bahohotera umumotari,...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda
MU RWANDA

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

The Effects of Eating Noodles: What You Should Know

The Effects of Eating Noodles: What You Should Know

21/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

21/11/2025
Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Icyemezo gishya cyafatiwe Moses wari watakambiye Urukiko akanarira

Moses Turahirwa kuva yafungurwa bwa mbere avuze ku buzima bwe muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

The Effects of Eating Noodles: What You Should Know

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.