Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri muto muri Guverinoma n’umuhanzi Nyarwanda bahuriye mu kiganiro nkangurambaga

radiotv10by radiotv10
07/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Minisitiri muto muri Guverinoma n’umuhanzi Nyarwanda bahuriye mu kiganiro nkangurambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, akaba ari na we muto mu myaka muri Guverinoma y’u Rwanda, ndetse n’umuhanzi w’umuraperi AmaG The Black, bahuriye mu kiganiro cy’umukino w’ubukangurambaga bugamije gusaba Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko banywa inzoga, kunywa mu rugero [#TunyweLess].

Ni ubukangurambaga buherutse gutangizwa n’inzego z’Ubuzima mu Rwanda, aho ku ikubitiro, hasohotse umukino urimo Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, asanga urubyiruko rwiteretse inzoga z’ubwoko bwose, akabasaba kunywa mu rugero.

Mu wundi mukino wagiye hanze, urimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera ndetse n’Umuhanzi nyarwanda Hakizimana Aman wamamaye nka AmaG the Black.

Muri uyu mukino, Dr. Yvan na AmaG batangira basuhuzanya mu buryo bumenyerewe mu rubyiruko, bahana chance, uyu muhanzi agatangira agira ati “Umusaza ngufitiye ibibazo.”

Uyu muhanzi abaza uyu muyobozi ku bukangurambaga bwa ‘TunyweLess’, akamubaza niba iyi gahunda itareba n’abanywa ibindi binyobwa.

Ati “dore nk’ubu uri kunywa icyayi. Papa wanjye iyo sukari ko itera diabetes, tuyite sukariless.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera yinjiye mu bukanguramba bwa #TunyweLess aho ari kumwe n'umuhanzi Hakizimana Amani uzwi nka AmaG The Black. pic.twitter.com/9goXmtGjl3

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) August 7, 2023

Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE, asubiza uyu muhanzi ko “ikintu cyose utanyweho mu rugero gitera ikibazo, ariko ku nzoga cyane cyane, ari na byo tuvuga aha, turashishikariza abantu kunywa gacyeya bakanywa mu rugero.”

AmaG akomeza abwira Minisitiri ko na we yazanye gahunda yise ‘TuvumbeLess’ aho avuga ko urubyiruko rwinshi muri iki gihe runywa rutakoze, akabaza uyu muyobozi ubutumwa yaha uru rubyiruko.

Dr Yvan Butera, avuga ko byoroshye, kuko abantu banashatse inzoga bazireka kandi ntibagire icyo baba, ahubwo ko kuzinywa ubwazo bigira ingaruka.

Ati “Icya mbere zangiza umwijima, zitera za diabetes, zitera za cancer, ndetse zinangiza n’imitekerereze, kuko iyo wanyweye inzoga mu rugero rukabije, ntutekereza, ntukora, ntiwiteza imbere, ntuteza imbere Igihugu cyawe.”

Dr. Yvan na we asoza abaza Ama G. niba kuba umuntu yaba afite ibibazo, akanywa inzoga ari wo muti wabyo, amusubiza agira ati “Inzoga si wo muti, abenshi bise igisubizo, wavuze ku buzima, ibyo turi gukora byose bisaba ubuzima, ntabwo uzakina umupira udafite ubuzima, ntuzaririmba nta buzima.”

Batangira bahana chance
Dr Yvan Butera avuga ko abantu binywereye icyayi byaba bihagije
AmaG yamubajije ubutumwa yaha urubyiruko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 2 =

Previous Post

Abagiye gushinja Abanyarwanda baburanishirijwe mu Bufaransa bahishuye ikindi gikomeye bifuza

Next Post

Moses Turahirwa kuva yafungurwa bwa mbere avuze ku buzima bwe muri Gereza

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Icyemezo gishya cyafatiwe Moses wari watakambiye Urukiko akanarira

Moses Turahirwa kuva yafungurwa bwa mbere avuze ku buzima bwe muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.