Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri muto muri Guverinoma n’umuhanzi Nyarwanda bahuriye mu kiganiro nkangurambaga

radiotv10by radiotv10
07/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Minisitiri muto muri Guverinoma n’umuhanzi Nyarwanda bahuriye mu kiganiro nkangurambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, akaba ari na we muto mu myaka muri Guverinoma y’u Rwanda, ndetse n’umuhanzi w’umuraperi AmaG The Black, bahuriye mu kiganiro cy’umukino w’ubukangurambaga bugamije gusaba Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko banywa inzoga, kunywa mu rugero [#TunyweLess].

Ni ubukangurambaga buherutse gutangizwa n’inzego z’Ubuzima mu Rwanda, aho ku ikubitiro, hasohotse umukino urimo Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, asanga urubyiruko rwiteretse inzoga z’ubwoko bwose, akabasaba kunywa mu rugero.

Mu wundi mukino wagiye hanze, urimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera ndetse n’Umuhanzi nyarwanda Hakizimana Aman wamamaye nka AmaG the Black.

Muri uyu mukino, Dr. Yvan na AmaG batangira basuhuzanya mu buryo bumenyerewe mu rubyiruko, bahana chance, uyu muhanzi agatangira agira ati “Umusaza ngufitiye ibibazo.”

Uyu muhanzi abaza uyu muyobozi ku bukangurambaga bwa ‘TunyweLess’, akamubaza niba iyi gahunda itareba n’abanywa ibindi binyobwa.

Ati “dore nk’ubu uri kunywa icyayi. Papa wanjye iyo sukari ko itera diabetes, tuyite sukariless.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera yinjiye mu bukanguramba bwa #TunyweLess aho ari kumwe n'umuhanzi Hakizimana Amani uzwi nka AmaG The Black. pic.twitter.com/9goXmtGjl3

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) August 7, 2023

Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE, asubiza uyu muhanzi ko “ikintu cyose utanyweho mu rugero gitera ikibazo, ariko ku nzoga cyane cyane, ari na byo tuvuga aha, turashishikariza abantu kunywa gacyeya bakanywa mu rugero.”

AmaG akomeza abwira Minisitiri ko na we yazanye gahunda yise ‘TuvumbeLess’ aho avuga ko urubyiruko rwinshi muri iki gihe runywa rutakoze, akabaza uyu muyobozi ubutumwa yaha uru rubyiruko.

Dr Yvan Butera, avuga ko byoroshye, kuko abantu banashatse inzoga bazireka kandi ntibagire icyo baba, ahubwo ko kuzinywa ubwazo bigira ingaruka.

Ati “Icya mbere zangiza umwijima, zitera za diabetes, zitera za cancer, ndetse zinangiza n’imitekerereze, kuko iyo wanyweye inzoga mu rugero rukabije, ntutekereza, ntukora, ntiwiteza imbere, ntuteza imbere Igihugu cyawe.”

Dr. Yvan na we asoza abaza Ama G. niba kuba umuntu yaba afite ibibazo, akanywa inzoga ari wo muti wabyo, amusubiza agira ati “Inzoga si wo muti, abenshi bise igisubizo, wavuze ku buzima, ibyo turi gukora byose bisaba ubuzima, ntabwo uzakina umupira udafite ubuzima, ntuzaririmba nta buzima.”

Batangira bahana chance
Dr Yvan Butera avuga ko abantu binywereye icyayi byaba bihagije
AmaG yamubajije ubutumwa yaha urubyiruko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Abagiye gushinja Abanyarwanda baburanishirijwe mu Bufaransa bahishuye ikindi gikomeye bifuza

Next Post

Moses Turahirwa kuva yafungurwa bwa mbere avuze ku buzima bwe muri Gereza

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
17/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umugabo wo Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare watwikishijwe amazi yatuye n’umugore we byumwihariko ku bugabo bwe bugakomereka bikabije,...

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

by radiotv10
17/10/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Nyamyumva na Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bavuga ko abashumba bakomeje kuboneshereza imyaka...

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

by radiotv10
16/10/2025
0

IP Emmanuel Gahigana, ni umwe mu bapolisi bahize abandi mu mahugurwa yaberaga mu Misiri mu byiciro bitandukanye, akaba yanashyikirijwe igihembo...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

17/10/2025
Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

17/10/2025
Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Icyemezo gishya cyafatiwe Moses wari watakambiye Urukiko akanarira

Moses Turahirwa kuva yafungurwa bwa mbere avuze ku buzima bwe muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.