Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Moses Turahirwa kuva yafungurwa bwa mbere avuze ku buzima bwe muri Gereza

radiotv10by radiotv10
07/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
BREAKING: Icyemezo gishya cyafatiwe Moses wari watakambiye Urukiko akanarira
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhangamideri Moise Turahirwa washinze inzu y’imideri ya Moshions yambika abakomeye, nyuma y’uko afunguwe by’agateganyo, bwa mbere yavuze uko ubuzima bwe bwari bumeze mu igororero.

Moses Turahirwa ugiye kuzuza amezi abiri afunguwe, mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje yagaragaye mu ruhame mu gitaramo yateguye agatumiramo umuhanzi Mistaek basanzwe ari inshuti.

Uyu muhangamideri yavuze ko yifuje gukoresha iki gitaramo mu rwego rwo kugira ngo na we yumve uburyohe bwa album y’uyu muhanzi, ariko nanone kugira ngo abashe guhura n’inshuti n’umuryango ndetse n’abakiliya ba Moshions.

Moses Turahirwa wasomewe icyemezo cyo gufungurwa tariki 15 Kamena 2023, yarekuwe nyuma y’amezi abiri atawe muri yombi dore ko yafunzwe mu mpera za Mata 2023.

Agaruka ku buzima bwe mu igororero, Moses Turahirwa yavuze ko butari bworoshye ariko ko nanone byari ngombwa ko abunyuramo, kuko bwamusigiye isomo rikomeye.

Ati “Ndashima Imana ko nkiri muzima, hari ubuzima unyuramo butoroshye ariko ukagumana ubuzima, ni cyo cya mbere kuko kuba naragumanye ubuzima, hari impamvu nabugumanye.”

Avuga ko icyamugoye ubwo yari mu igororero, ari ukumenyerana n’abantu bashya yari agiye kubana na bo badasanzwe baziranye.

Ati “Kujya ahantu hatari mu Gihugu ariko hadafite irindi zina bwite, ni byo byangoye ariko ntabwo byamfashe igihe kwisanga.”

Avuga ko yasanzeyo abandi bahanzi mu ngeri zinyuranye, barimo abo mu mideri nka we, bakamufasha kwisanga muri ubwo buzima.

Ati “Nagize igihe cyo kudatekereza ku mpamvu ndiyo, cyangwa kwiheba ahubwo nkagira umwanya wo guhura n’abandi bahanzi. N’ubundi nakomeje gukoresha ubuhanzi bwanjye.”

Avuga ko nyuma yo gufungurwa, azakomeza gahunda ze zisanzwe z’ubuhanzi bw’imideri no kuzamura inzu ye ya Moshions, ariko ko ubu icyo ashyize imbere ari ukubahiriza amategeko n’amabwiriza y’inzego za Leta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 15 =

Previous Post

Minisitiri muto muri Guverinoma n’umuhanzi Nyarwanda bahuriye mu kiganiro nkangurambaga

Next Post

Igihugu cyagaragaje ko gishyigikiye Igisirikare cy’ikindi cyakoze ‘Coup d’Etat’ byatangiye kugikoraho

Related Posts

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

by radiotv10
19/05/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko yanyuzwe na Album ‘25Shades’ y'umuhanzikazi Bwiza aherutse gushyira hanze. Ni nyuma...

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

by radiotv10
16/05/2025
0

Umuhanzi w’Umunyamerika Chris Brown yatawe muri yombi na polisi yo mu Bwongereza kubera ibyaha by’urugomo ashinjwa kuba yarakoreye mu kabyiniro...

Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

by radiotv10
15/05/2025
0

Umuhanzi Jeje ukizamuka uzanye indirimbo nshya yise ‘Mpa Love’, avuga ko mu gutangira urugendo rwa muzika hari byinshi bigora benshi...

Uwari umugore w’umuhanzi Safi Madiba yagaragaje ibyishimo arimo

Uwari umugore w’umuhanzi Safi Madiba yagaragaje ibyishimo arimo

by radiotv10
15/05/2025
0

Niyonizera Judithe wahoze ari umugore w’umuhanzi Safi Madiba bakaza gutandukana, yagaragaje ko yishimiye kuba yakoze ubukwe n’umukunzi we mushya baherutse...

Umuhanzi w’ikirangirire wari utegerejwe mu Rwanda yahasesekaye yizeza ibitangaza abazitabira igitaramo azaririmbamo

Umuhanzi w’ikirangirire wari utegerejwe mu Rwanda yahasesekaye yizeza ibitangaza abazitabira igitaramo azaririmbamo

by radiotv10
15/05/2025
0

Umuhanzi w’ikirangirire ku Mugabane wa Afurika, Gregory Bortey Newman wamamaye nka King Promise, wari utegerejwe mu Rwanda mu gufungura imikino...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi
MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

by radiotv10
19/05/2025
0

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

19/05/2025
Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

19/05/2025
Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

17/05/2025
Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

17/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

16/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cyagaragaje ko gishyigikiye Igisirikare cy’ikindi cyakoze ‘Coup d’Etat’ byatangiye kugikoraho

Igihugu cyagaragaje ko gishyigikiye Igisirikare cy’ikindi cyakoze 'Coup d’Etat' byatangiye kugikoraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.