• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya Miss Naomie yasubije abavuze ku mugabo we ibitamunyuze

radiotv10by radiotv10
17/07/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Mu butumwa bwumvikanamo umujinya Miss Naomie yasubije abavuze ku mugabo we ibitamunyuze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, Nishimwe Naomie yahaye gasopo abakomeje kuvuga ku mugabo we bamwita umukene bagendeye ku mafoto yasakaye amugaragaza yinjira anicaye mu modoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Ku mbuga nkoranyambaga, nta munsi w’ubusa, bimwe biraza bigahuhera, bigasakabaka abantu bakabivugaho, ariko ntibitinda kuko buri munsi ugira ibyawo.

Kuri uyu wa Gatatu, ku mbuga nkoranyambaga, hiriwe hacicikana amafoto agaragaza Umunya-Ethiopia Michael Tesfay, umugabo wa Miss Nishimwe Naomie, agiye gutega imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange anayicayemo, aho abayikwirakwizaga, bavugaga ko batumva uburyo umugabo w’uyu wabaye nyampinga w’u Rwanda yagenda muri ‘twegerane’.

Bamwe bageze n’aho batebya, bakavuga ngo baterateranye amafaranga bagurire imodoka uyu mugabo wa Naomie, aho umwe yagize ati “Dukusanye amafaranga tumugurire ka Prius [Toyota Prius, imwe mu modoka zigezweho mu Rwanda ariko zihendutse].”

Ibi byose byavugwaga ku mugabo wa Miss Naomie, byababaje uyu wabaye Nyampinga w’u Rwanda, bituma akora ikiganiro Live ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, yasubirijemo abantu kuri ibi byavugwaga ku mugabo we.

Mu mvugo zumvikanagamo umujinya n’akababaro yatewe n’ibi byavuzwe ku mugabo we, Miss Naomie yagize ati “mujye mumureka kandi igihe muzajya mumubona, mujye mufunga umunwa. Icyo nzabafasha, ni ukubagurira akantu kitwa ka ‘Super Glue’, nimujya mumureba nijoro mujye muceceka.”

Naomie yavuze ko ahaye uburenganzira abantu kumuvugaho we ubwe, ariko bakirinda kuvuga ku mugabo we, kuko bimubabaza cyane.

Ati “Numvise muvuga ko akennye…Mwigeze mumubona aza hano ku mbuga nkoranyambaga asabiriza? Nigeze nza hano ku mbuga nkoranyambaga mvuga ko hari ibitagenda kuri we? Oya, rero mumundekere.”

Miss Naomie yavuze ko umugabo we ari we, kandi ko uko yaba abayeho kose, ari we na we bireba, bityo ko abandi bakwiye kuruca bakarumira ku mugabo we.

Ubwo umugabo wa Naomie yinjiraga muri bus itwara abagenzi

Miss Naomie yasabye abantu kureka umugabo we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − two =

Previous Post

Eng.-The Government has appointed officials including former prominent figures from top national institutions

Next Post

Trinity International Academy students explore RDF combat training centre in Gabiro

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Trinity International Academy students explore RDF combat training centre in Gabiro

Trinity International Academy students explore RDF combat training centre in Gabiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.