Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri wayoboye ibiganiro by’u Rwanda na DRCongo yaje i Kigali avuye i Goma

radiotv10by radiotv10
11/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri wayoboye ibiganiro by’u Rwanda na DRCongo yaje i Kigali avuye i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibyumweru bibiri avuye mu Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola wanayoboye ibiganiro byahuje bagenzi be b’u Rwanda na DRCongo mu cyumweru gishize, yagarutse i Kigali nyuma yuko anagiriye uruzinduko mu mujyi wa Goma muri Congo.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 10 Ugushyingo 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, António Tete yatangaje ko yageze i Kigali.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, António Tete yavuze ko “yaje mu Rwanda mu gutegura uruzinduko rwa Perezida wa Angola João Manuel Gonçalves Lourenço uzaza guhura na nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.”

António Tete aje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye ayoboye ibiganiro byahuje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula.

Ibi biganiro byabereye i Luanda muri Angola mu mpera z’icyumweru gishize tariki 05 Ugushyingo 2022, byemerejwemo ko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zongera kuganira mu rwego rwo gushaka umuti w’ibibazo biri mu mubano w’Ibihugu byombi.

António Tete kandi yaje i Kigali nyuma yo kugirira uruzinduko mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yanabonanye n’urwego rwa gisirikare rw’Umuryango w’Akarere k’Ibiyaga bigari rwashyiriweho kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’i Luanda.

Yavuze ko uru ruzinduko rwe mu mujyi wa Goma rwari rugamije kwerekana Lt Gen Nassone Joao ugiye kuyobora uru rwego.

António Tete yashimiye Guverineri w’Urwego rwa Gisirikare ruyoboye Intara ya Kivu ya Ruguru ku bwo kumwakira neza.

Mu byumweru bibiri bishize kandi, António Tete yari yagiriye uruzinduko mu Rwanda akubutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yakirwa na Perezida Paul Kagame nyuma yo guhura na Perezida Felix Tshisekedi.

Yageze i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane

Ku wa Gatatu tariki 09 Ugushyingo yari i Goma 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − one =

Previous Post

Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

Next Post

Reka nkorakore kuri ibyo bibero- Igisupusupu agarukanye indirimbo yumvikanamo inzongamubiri

Related Posts

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Reka nkorakore kuri ibyo bibero- Igisupusupu agarukanye indirimbo yumvikanamo inzongamubiri

Reka nkorakore kuri ibyo bibero- Igisupusupu agarukanye indirimbo yumvikanamo inzongamubiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.