Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri wayoboye ibiganiro by’u Rwanda na DRCongo yaje i Kigali avuye i Goma

radiotv10by radiotv10
11/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri wayoboye ibiganiro by’u Rwanda na DRCongo yaje i Kigali avuye i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibyumweru bibiri avuye mu Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola wanayoboye ibiganiro byahuje bagenzi be b’u Rwanda na DRCongo mu cyumweru gishize, yagarutse i Kigali nyuma yuko anagiriye uruzinduko mu mujyi wa Goma muri Congo.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 10 Ugushyingo 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, António Tete yatangaje ko yageze i Kigali.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, António Tete yavuze ko “yaje mu Rwanda mu gutegura uruzinduko rwa Perezida wa Angola João Manuel Gonçalves Lourenço uzaza guhura na nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.”

António Tete aje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye ayoboye ibiganiro byahuje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula.

Ibi biganiro byabereye i Luanda muri Angola mu mpera z’icyumweru gishize tariki 05 Ugushyingo 2022, byemerejwemo ko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zongera kuganira mu rwego rwo gushaka umuti w’ibibazo biri mu mubano w’Ibihugu byombi.

António Tete kandi yaje i Kigali nyuma yo kugirira uruzinduko mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yanabonanye n’urwego rwa gisirikare rw’Umuryango w’Akarere k’Ibiyaga bigari rwashyiriweho kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’i Luanda.

Yavuze ko uru ruzinduko rwe mu mujyi wa Goma rwari rugamije kwerekana Lt Gen Nassone Joao ugiye kuyobora uru rwego.

António Tete yashimiye Guverineri w’Urwego rwa Gisirikare ruyoboye Intara ya Kivu ya Ruguru ku bwo kumwakira neza.

Mu byumweru bibiri bishize kandi, António Tete yari yagiriye uruzinduko mu Rwanda akubutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yakirwa na Perezida Paul Kagame nyuma yo guhura na Perezida Felix Tshisekedi.

Yageze i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane

Ku wa Gatatu tariki 09 Ugushyingo yari i Goma 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − thirteen =

Previous Post

Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

Next Post

Reka nkorakore kuri ibyo bibero- Igisupusupu agarukanye indirimbo yumvikanamo inzongamubiri

Related Posts

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games
MU RWANDA

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Reka nkorakore kuri ibyo bibero- Igisupusupu agarukanye indirimbo yumvikanamo inzongamubiri

Reka nkorakore kuri ibyo bibero- Igisupusupu agarukanye indirimbo yumvikanamo inzongamubiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.