Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe n’abandi bayobozi bakomeye muri Sudan bafunzwe

radiotv10by radiotv10
25/10/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri w’Intebe n’abandi bayobozi bakomeye muri Sudan bafunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe wa Sudan, Abdalla Hamdok n’abandi bayobozi banyuranye muri Guverinoma ye batawe muri yombi n’Igisirikare bikaba byateje imidugararo ikomeye muri kiriya Gihugu aho ubu abaturage uruvunganzoka biraye mu mihanda bamagana kiriya gikorwa.

Minisiteri w’Itumanaho muri Kiriya Gihugu cya Sudan yatangaje iri tabwa muri yombi rya Minisitiri w’Intebe Abdalla Hamdok, yatangaje ko abantu bitwaje intwaro baje bakamufata bakajya kumufunga.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP dukesha aya makuru, biratangaza ko igisirikare kandi cyafashe Radio na Televiziyo by’Igihugu ndetse kigafunga bamwe mu bayobozi b’ibi bitangazamakuru.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere aho abaturage uruvunganzoka bahise bakwira mu mihanda bamagana ifungwa rya Minisitiri w’Intebe wabo ndetse na bamwe mu bayobozi muri Guverinoma.

Minisitiri w’Intebe Abdalla Hamdok atawe muri yombi nyuma yo kwanga kurekura ubutegetsi bwari bumaze iminsi buvugwaho gushaka guhirikwa.

Minisiteri y’Itumanaho muri Sudan yanyujije ubutumwa kuri Facebook, bugira buti “Nyuma y’uko yanze kuva ku butegetsi, igisirikare cyafashe Minisitiri w’Intebe Abdalla Hamdok kijya kumufungira ahantu hatazwi.”

Ubwo hari hagiye kuba ihirikwa ry’ubutegetsi, hari abasirikare bakomeye batawe muri yombi ari na byo byazamuye umwuka mubi hagati y’Igisirikare n’abasivile bayoboye Sudan kuva muri 2019 ubwo Omar al-Bashir yahirikwaga ku butegetsi.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − one =

Previous Post

Mukunzi Yannick  ashobora kumara igihe kirekire hanze y’ikibuga nyuma yo kugira icyibazo cy’imvune

Next Post

Sudan: Abarimo Misitiri w’intebe bafungiwe mu nzu zabo n’abitwaje intwaro

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Abarimo Misitiri w’intebe bafungiwe mu nzu zabo n’abitwaje intwaro

Sudan: Abarimo Misitiri w’intebe bafungiwe mu nzu zabo n’abitwaje intwaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.