Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe n’abandi bayobozi bakomeye muri Sudan bafunzwe

radiotv10by radiotv10
25/10/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri w’Intebe n’abandi bayobozi bakomeye muri Sudan bafunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe wa Sudan, Abdalla Hamdok n’abandi bayobozi banyuranye muri Guverinoma ye batawe muri yombi n’Igisirikare bikaba byateje imidugararo ikomeye muri kiriya Gihugu aho ubu abaturage uruvunganzoka biraye mu mihanda bamagana kiriya gikorwa.

Minisiteri w’Itumanaho muri Kiriya Gihugu cya Sudan yatangaje iri tabwa muri yombi rya Minisitiri w’Intebe Abdalla Hamdok, yatangaje ko abantu bitwaje intwaro baje bakamufata bakajya kumufunga.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP dukesha aya makuru, biratangaza ko igisirikare kandi cyafashe Radio na Televiziyo by’Igihugu ndetse kigafunga bamwe mu bayobozi b’ibi bitangazamakuru.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere aho abaturage uruvunganzoka bahise bakwira mu mihanda bamagana ifungwa rya Minisitiri w’Intebe wabo ndetse na bamwe mu bayobozi muri Guverinoma.

Minisitiri w’Intebe Abdalla Hamdok atawe muri yombi nyuma yo kwanga kurekura ubutegetsi bwari bumaze iminsi buvugwaho gushaka guhirikwa.

Minisiteri y’Itumanaho muri Sudan yanyujije ubutumwa kuri Facebook, bugira buti “Nyuma y’uko yanze kuva ku butegetsi, igisirikare cyafashe Minisitiri w’Intebe Abdalla Hamdok kijya kumufungira ahantu hatazwi.”

Ubwo hari hagiye kuba ihirikwa ry’ubutegetsi, hari abasirikare bakomeye batawe muri yombi ari na byo byazamuye umwuka mubi hagati y’Igisirikare n’abasivile bayoboye Sudan kuva muri 2019 ubwo Omar al-Bashir yahirikwaga ku butegetsi.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Mukunzi Yannick  ashobora kumara igihe kirekire hanze y’ikibuga nyuma yo kugira icyibazo cy’imvune

Next Post

Sudan: Abarimo Misitiri w’intebe bafungiwe mu nzu zabo n’abitwaje intwaro

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Abarimo Misitiri w’intebe bafungiwe mu nzu zabo n’abitwaje intwaro

Sudan: Abarimo Misitiri w’intebe bafungiwe mu nzu zabo n’abitwaje intwaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.