Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yagejeje inkuru nziza ku basoje kaminuza mu myuga

radiotv10by radiotv10
09/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Minisitiri w’Intebe yagejeje inkuru nziza ku basoje kaminuza mu myuga
Share on FacebookShare on Twitter

Minisititi w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yamenyesheje abasoje icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu masomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro (BTech), ko mu Rwanda hagiye no gutangizwa icyiciro cya gatatu cy’aya masomo (MTech).

Dr Edouard Ngirene yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 09 Gicurasi 2024, ubwo yayoboraga umuhango wo guha impamyabumenyi n’impamyabushobozi, abanyeshuri barangije mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyi ngiro.

Minisititi w’Intebe yavuze ko Ibihugu byose byateye imbere mu Bukungu, byashyize imbere politiki yo guteza imbere uburezi bw’amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro, kubera uruhare akomeza kugira mu kuzamura ubukungu bwabyo.

Yavuze ko imyuga yagize uruhare runini mu guteza imbere Ibikorwa Remezo u Rwanda rukomeje kugeraho.

Ati “Twarabibonye mu guteza imbere inganda, mu guhanga imirimo mishya, ndetse no mu bindi byiciro by’ubukungu.”

Dr Edouard Ngirente yibukije ko Intego ya Guverinoma y’u Rwanda ari ukubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi, bityo ko bisaba ko uburezi bukomeza gutezwa imbere bityo n’ababuvomamo ubumenyi babashe kujya ku isoko ry’umurimo bashoboye.

Dr Ngirente yibukije abarangije uyu munsi ko nubwo akazi kaba kabategereje hanze, ariko na bo basabwa kuzitwara neza.

Ati “Abize aya masomo babona akazi mu buryo bwihuse ugereranyije n’abandi, yaba imbere mu Gihugu cyangwa se mu mahanga, ibyo bikaba biterwa no kuba mufite ubumenyi ngiro [hands-on skills], kandi tukaba twizeye ko muzabikoresha ariko muzabikoresha mufitemo disipuline, n’iyo wagira hands-on skills ariko udafite disipuline mu byo ukora, ntacyo wageraho.”

Minisitiri w’Intebe yongeye kugaruka ku mavugurura yakozwe mu gutanga amasomo y’ubumenyi ngiro, n’ibyo basabwa bageze hanze, ku isoko ry’umurimo kugira ngo abayarangizamo boroherwe no kubona akazi.

Yavuze ko amavugurura yakozwe haherewe mu mashuri yisumbuye, kugira ngo abayarangizamo bakomereze mu mashuri makuru na za Kaminuza bafite ubumenyi bw’ibanze bukenewe kugira ngo ubwo bazakura muri aya mashuri buzabagirire akamaro bakagirire n’Igihugu.

Ati “Guverinoma y’u Rwanda kandi yavuguruye ibigenderwaho mu gutanga impamyabumenyi n’impamyabushobozi, ibyo twise ‘Rwanda Qualifications Framework’.”

Muri aya mavugurura, hatanzwe amahirwe ku biga amasomo y’ubumenyi ngiro na tekiniki, kuba babasha kwiga ibyiciro byose bya kaminuza.

Ibi byakuyeho impungenge zo kuba abarangizaga icyiciro cya mbere cya kaminuza batarafatwaga nk’abafite ibikenewe by’ibanze.

Ati “Ndagira ngo mbabwire ko iyo mpungenge na yo yavuyeho, ubu ibyiciro byose byigwa muri Rwanda Polytechnic, Leta ibyemera nk’icyiciro gishobora gusaba akazi. Waba ufite diploma, aho bagukeneye bazaguha akazi, waba ufite Advanced Diploma, na ho uremerewe gushaka akazi mu Rwanda, ndetse n’aba babonye BTech [Bachelors’ of Technology] na bo baremerewe. Nta n’umwe uhejwe gushaka akazi mu Rwanda. Ndagira ngo mbabwire ko iyo mbogamizi yari ihari mbere, yavuyeho.”

Dr Ngirenge yavuze ko gushyira iki cyiciro cya BTech, byari bigamije gukomeza kuzamura urwego rw’imyuga n’ubumenyi ngiro, kitashyiriweho gukuraho iyi mbogamizi, ku buryo abazajya bashaka kwiyungura ubumenyi no kuzamuka mu byiciro, bazajya babasha kubona aho bakomereza amasomo.

Ati “Ndetse ndagira ngo mbabwire inkuru nziza ko Guverinoma y’u Rwanda irimo gutegura icyo twise MTech, Masters of Technology, aho abazarangiza BTech bazashobora kwiga icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu myuga bazaba bize.”

Minisitiri w’Intebe yavuze ko ibi biri kwihutishwa kugira ngo bitangire gushyirwa mu bikorwa vuba, bityo n’abashaka gukomereza amasomo muri iki cyiciro, bazabone aho bayakomereza.

Nanone kandi amasomo yo ku rwego rwa BTech azajya abasha kujya atangwa mu mashami yose ya Rwanda Polytechnic.

Yaboneyeho gusaba abasoje muri aya masomo ya BTech biganjemo urubyiruko, kuyakoresha neza mu kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu cyabo ndetse n’imiryango bakomokamo.

Abasoje bakoze akarasisi muri BK Arena
Abahawe impamyabushobozi ni 3 024 barimo ab’igitsinagore 29.2% na 70.8% by’ab’igitsinagabo

Abo mu miryango yabo baje kubashyigikira
Habayeho no kubasusurutsa
Na bamwe mu bayobozi b’amashuri yabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Kenya: Perezida yatanze umunsi w’ikiruhuko cyo kunamira abarenga 230 bishwe n’ibiza anatangaza ibizakorwa

Next Post

RDF yungutse abasirikare 195 bazobereye gutwara ibinyabiziga birimo n’imodoka za rutura

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe
FOOTBALL

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yungutse abasirikare 195 bazobereye gutwara ibinyabiziga birimo n’imodoka za rutura

RDF yungutse abasirikare 195 bazobereye gutwara ibinyabiziga birimo n’imodoka za rutura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.