Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yagejeje inkuru nziza ku basoje kaminuza mu myuga

radiotv10by radiotv10
09/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Minisitiri w’Intebe yagejeje inkuru nziza ku basoje kaminuza mu myuga
Share on FacebookShare on Twitter

Minisititi w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yamenyesheje abasoje icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu masomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro (BTech), ko mu Rwanda hagiye no gutangizwa icyiciro cya gatatu cy’aya masomo (MTech).

Dr Edouard Ngirene yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 09 Gicurasi 2024, ubwo yayoboraga umuhango wo guha impamyabumenyi n’impamyabushobozi, abanyeshuri barangije mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyi ngiro.

Minisititi w’Intebe yavuze ko Ibihugu byose byateye imbere mu Bukungu, byashyize imbere politiki yo guteza imbere uburezi bw’amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro, kubera uruhare akomeza kugira mu kuzamura ubukungu bwabyo.

Yavuze ko imyuga yagize uruhare runini mu guteza imbere Ibikorwa Remezo u Rwanda rukomeje kugeraho.

Ati “Twarabibonye mu guteza imbere inganda, mu guhanga imirimo mishya, ndetse no mu bindi byiciro by’ubukungu.”

Dr Edouard Ngirente yibukije ko Intego ya Guverinoma y’u Rwanda ari ukubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi, bityo ko bisaba ko uburezi bukomeza gutezwa imbere bityo n’ababuvomamo ubumenyi babashe kujya ku isoko ry’umurimo bashoboye.

Dr Ngirente yibukije abarangije uyu munsi ko nubwo akazi kaba kabategereje hanze, ariko na bo basabwa kuzitwara neza.

Ati “Abize aya masomo babona akazi mu buryo bwihuse ugereranyije n’abandi, yaba imbere mu Gihugu cyangwa se mu mahanga, ibyo bikaba biterwa no kuba mufite ubumenyi ngiro [hands-on skills], kandi tukaba twizeye ko muzabikoresha ariko muzabikoresha mufitemo disipuline, n’iyo wagira hands-on skills ariko udafite disipuline mu byo ukora, ntacyo wageraho.”

Minisitiri w’Intebe yongeye kugaruka ku mavugurura yakozwe mu gutanga amasomo y’ubumenyi ngiro, n’ibyo basabwa bageze hanze, ku isoko ry’umurimo kugira ngo abayarangizamo boroherwe no kubona akazi.

Yavuze ko amavugurura yakozwe haherewe mu mashuri yisumbuye, kugira ngo abayarangizamo bakomereze mu mashuri makuru na za Kaminuza bafite ubumenyi bw’ibanze bukenewe kugira ngo ubwo bazakura muri aya mashuri buzabagirire akamaro bakagirire n’Igihugu.

Ati “Guverinoma y’u Rwanda kandi yavuguruye ibigenderwaho mu gutanga impamyabumenyi n’impamyabushobozi, ibyo twise ‘Rwanda Qualifications Framework’.”

Muri aya mavugurura, hatanzwe amahirwe ku biga amasomo y’ubumenyi ngiro na tekiniki, kuba babasha kwiga ibyiciro byose bya kaminuza.

Ibi byakuyeho impungenge zo kuba abarangizaga icyiciro cya mbere cya kaminuza batarafatwaga nk’abafite ibikenewe by’ibanze.

Ati “Ndagira ngo mbabwire ko iyo mpungenge na yo yavuyeho, ubu ibyiciro byose byigwa muri Rwanda Polytechnic, Leta ibyemera nk’icyiciro gishobora gusaba akazi. Waba ufite diploma, aho bagukeneye bazaguha akazi, waba ufite Advanced Diploma, na ho uremerewe gushaka akazi mu Rwanda, ndetse n’aba babonye BTech [Bachelors’ of Technology] na bo baremerewe. Nta n’umwe uhejwe gushaka akazi mu Rwanda. Ndagira ngo mbabwire ko iyo mbogamizi yari ihari mbere, yavuyeho.”

Dr Ngirenge yavuze ko gushyira iki cyiciro cya BTech, byari bigamije gukomeza kuzamura urwego rw’imyuga n’ubumenyi ngiro, kitashyiriweho gukuraho iyi mbogamizi, ku buryo abazajya bashaka kwiyungura ubumenyi no kuzamuka mu byiciro, bazajya babasha kubona aho bakomereza amasomo.

Ati “Ndetse ndagira ngo mbabwire inkuru nziza ko Guverinoma y’u Rwanda irimo gutegura icyo twise MTech, Masters of Technology, aho abazarangiza BTech bazashobora kwiga icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu myuga bazaba bize.”

Minisitiri w’Intebe yavuze ko ibi biri kwihutishwa kugira ngo bitangire gushyirwa mu bikorwa vuba, bityo n’abashaka gukomereza amasomo muri iki cyiciro, bazabone aho bayakomereza.

Nanone kandi amasomo yo ku rwego rwa BTech azajya abasha kujya atangwa mu mashami yose ya Rwanda Polytechnic.

Yaboneyeho gusaba abasoje muri aya masomo ya BTech biganjemo urubyiruko, kuyakoresha neza mu kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu cyabo ndetse n’imiryango bakomokamo.

Abasoje bakoze akarasisi muri BK Arena
Abahawe impamyabushobozi ni 3 024 barimo ab’igitsinagore 29.2% na 70.8% by’ab’igitsinagabo

Abo mu miryango yabo baje kubashyigikira
Habayeho no kubasusurutsa
Na bamwe mu bayobozi b’amashuri yabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − five =

Previous Post

Kenya: Perezida yatanze umunsi w’ikiruhuko cyo kunamira abarenga 230 bishwe n’ibiza anatangaza ibizakorwa

Next Post

RDF yungutse abasirikare 195 bazobereye gutwara ibinyabiziga birimo n’imodoka za rutura

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yungutse abasirikare 195 bazobereye gutwara ibinyabiziga birimo n’imodoka za rutura

RDF yungutse abasirikare 195 bazobereye gutwara ibinyabiziga birimo n’imodoka za rutura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.