Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yagejeje inkuru nziza ku basoje kaminuza mu myuga

radiotv10by radiotv10
09/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Minisitiri w’Intebe yagejeje inkuru nziza ku basoje kaminuza mu myuga
Share on FacebookShare on Twitter

Minisititi w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yamenyesheje abasoje icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu masomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro (BTech), ko mu Rwanda hagiye no gutangizwa icyiciro cya gatatu cy’aya masomo (MTech).

Dr Edouard Ngirene yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 09 Gicurasi 2024, ubwo yayoboraga umuhango wo guha impamyabumenyi n’impamyabushobozi, abanyeshuri barangije mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyi ngiro.

Minisititi w’Intebe yavuze ko Ibihugu byose byateye imbere mu Bukungu, byashyize imbere politiki yo guteza imbere uburezi bw’amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro, kubera uruhare akomeza kugira mu kuzamura ubukungu bwabyo.

Yavuze ko imyuga yagize uruhare runini mu guteza imbere Ibikorwa Remezo u Rwanda rukomeje kugeraho.

Ati “Twarabibonye mu guteza imbere inganda, mu guhanga imirimo mishya, ndetse no mu bindi byiciro by’ubukungu.”

Dr Edouard Ngirente yibukije ko Intego ya Guverinoma y’u Rwanda ari ukubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi, bityo ko bisaba ko uburezi bukomeza gutezwa imbere bityo n’ababuvomamo ubumenyi babashe kujya ku isoko ry’umurimo bashoboye.

Dr Ngirente yibukije abarangije uyu munsi ko nubwo akazi kaba kabategereje hanze, ariko na bo basabwa kuzitwara neza.

Ati “Abize aya masomo babona akazi mu buryo bwihuse ugereranyije n’abandi, yaba imbere mu Gihugu cyangwa se mu mahanga, ibyo bikaba biterwa no kuba mufite ubumenyi ngiro [hands-on skills], kandi tukaba twizeye ko muzabikoresha ariko muzabikoresha mufitemo disipuline, n’iyo wagira hands-on skills ariko udafite disipuline mu byo ukora, ntacyo wageraho.”

Minisitiri w’Intebe yongeye kugaruka ku mavugurura yakozwe mu gutanga amasomo y’ubumenyi ngiro, n’ibyo basabwa bageze hanze, ku isoko ry’umurimo kugira ngo abayarangizamo boroherwe no kubona akazi.

Yavuze ko amavugurura yakozwe haherewe mu mashuri yisumbuye, kugira ngo abayarangizamo bakomereze mu mashuri makuru na za Kaminuza bafite ubumenyi bw’ibanze bukenewe kugira ngo ubwo bazakura muri aya mashuri buzabagirire akamaro bakagirire n’Igihugu.

Ati “Guverinoma y’u Rwanda kandi yavuguruye ibigenderwaho mu gutanga impamyabumenyi n’impamyabushobozi, ibyo twise ‘Rwanda Qualifications Framework’.”

Muri aya mavugurura, hatanzwe amahirwe ku biga amasomo y’ubumenyi ngiro na tekiniki, kuba babasha kwiga ibyiciro byose bya kaminuza.

Ibi byakuyeho impungenge zo kuba abarangizaga icyiciro cya mbere cya kaminuza batarafatwaga nk’abafite ibikenewe by’ibanze.

Ati “Ndagira ngo mbabwire ko iyo mpungenge na yo yavuyeho, ubu ibyiciro byose byigwa muri Rwanda Polytechnic, Leta ibyemera nk’icyiciro gishobora gusaba akazi. Waba ufite diploma, aho bagukeneye bazaguha akazi, waba ufite Advanced Diploma, na ho uremerewe gushaka akazi mu Rwanda, ndetse n’aba babonye BTech [Bachelors’ of Technology] na bo baremerewe. Nta n’umwe uhejwe gushaka akazi mu Rwanda. Ndagira ngo mbabwire ko iyo mbogamizi yari ihari mbere, yavuyeho.”

Dr Ngirenge yavuze ko gushyira iki cyiciro cya BTech, byari bigamije gukomeza kuzamura urwego rw’imyuga n’ubumenyi ngiro, kitashyiriweho gukuraho iyi mbogamizi, ku buryo abazajya bashaka kwiyungura ubumenyi no kuzamuka mu byiciro, bazajya babasha kubona aho bakomereza amasomo.

Ati “Ndetse ndagira ngo mbabwire inkuru nziza ko Guverinoma y’u Rwanda irimo gutegura icyo twise MTech, Masters of Technology, aho abazarangiza BTech bazashobora kwiga icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu myuga bazaba bize.”

Minisitiri w’Intebe yavuze ko ibi biri kwihutishwa kugira ngo bitangire gushyirwa mu bikorwa vuba, bityo n’abashaka gukomereza amasomo muri iki cyiciro, bazabone aho bayakomereza.

Nanone kandi amasomo yo ku rwego rwa BTech azajya abasha kujya atangwa mu mashami yose ya Rwanda Polytechnic.

Yaboneyeho gusaba abasoje muri aya masomo ya BTech biganjemo urubyiruko, kuyakoresha neza mu kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu cyabo ndetse n’imiryango bakomokamo.

Abasoje bakoze akarasisi muri BK Arena
Abahawe impamyabushobozi ni 3 024 barimo ab’igitsinagore 29.2% na 70.8% by’ab’igitsinagabo

Abo mu miryango yabo baje kubashyigikira
Habayeho no kubasusurutsa
Na bamwe mu bayobozi b’amashuri yabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 12 =

Previous Post

Kenya: Perezida yatanze umunsi w’ikiruhuko cyo kunamira abarenga 230 bishwe n’ibiza anatangaza ibizakorwa

Next Post

RDF yungutse abasirikare 195 bazobereye gutwara ibinyabiziga birimo n’imodoka za rutura

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yungutse abasirikare 195 bazobereye gutwara ibinyabiziga birimo n’imodoka za rutura

RDF yungutse abasirikare 195 bazobereye gutwara ibinyabiziga birimo n’imodoka za rutura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.