Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Ubuhinzi yemereye Abadepite ko hari ibitaranoga mu itangwa ry’amakuru y’iteganyagihe

radiotv10by radiotv10
03/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Minisitiri w’Ubuhinzi yemereye Abadepite ko hari ibitaranoga mu itangwa ry’amakuru y’iteganyagihe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse; yemereye Abadepite ko hari igihe Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere gitangaza ko hazagwa imvura ariko ntigwe, ati “Na bo babaye nk’abapfumu.” 

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi iracyashimangira ko igihembwe cy’ihinga gishize cyatanze umusaruro uhagije, kandi ko binashimangirwa n’ibiciro biri ku isoko.

Iyi Minisiteri ivuga ko ibi byatewe n’uko hongerewe ubuso buhingwa; ndetse n’ikirere gitanga imvura yafashije ibihingwa gutabara abari bagowe n’ibiribwa.

Gusa bamwe mu Badepite bavuga ko hari abahinzi batigeze boroherwa n’iki gihe cy’ihinga, ndetse ngo hari impungenge ko bishobora gukomeza.

Umwe mu Badepite yagize ati “Hari n’aho wumva abaturage bavuga ko bahinze ibishyimbo bigahura n’imvura. Imvura ikaba nyinshi bitarera. Nari ntanze urugero nko mu kwezi kwa mbere, ubundi twajyaga tubona umucyo, wenda ukabonamo n’’mvura nke, ariko ubona ko ibihe byahindutse. Iteganyagihe ryacu rihuzwa rite n’imikorere ya buri munsi y’abahinzi?”

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ildephonse Musafiri avuga ko byatewe n’ibibazo byo kutabona amakuru y’impamo ku iteganyagihe, kuko ababishinzwe bajya batanga ibipimo bisa n’ibidashingiye ku ikoranabunga.

Ati “Buri munsi duhamagara Meteo, na bo babaye nk’abapfumu ni nk’ibyo byose. Na bo bucya batazi uko biri bugende. Twari tuzi ko izarangira mu kwa mbere, mu kwa cumi n’abiri. Buri gihe bakatubwira ngo mu cyumweru kimwe iraba irangiye, ahubwo bati ‘ukwa kabiri kose iracyahari’. Bishatse kuvuga ngo urugaryi rwacu rwose turarutakaje. Ibyo bifite ingaruka zitandukanye.”

Usibye uruhare rw’urwego rushinzwe ikirere; intumwa za rubanda zivuga ko ubuhinzi bwugarijwe n’ikibazo cy’imyumvire ikiri hasi y’ababukora.

Imibare igaragaza ko 84% y’abahinzi batigeze barenza amashuri abanza, bo bakabibonamo ikibazo gikomeye kigomba kubonerwa umuti hifashishijwe ubushakashatsi.

Minisitiri Ildephonse na ho yagize ati “Ni uko n’ubushakashatsi abantu basigaye bandika na byo ari ibintu bitagishinga cyane, ariko tugize amahirwe tukabona abantu bafite ubushakashatsi bwiza buzana agashya; nta mpamvu abo bantu tutakorana na bo ngo tubaherekeze. Ni uko ubu haje ibintu byo kudodesha no kudawunilodinga; ugasanga n’ubundi ni ibintu by’imihango biri aho ngaho.”

Nubwo abahinzi bashinjwa ubumenyi bucye ku iterambere ry’umwuga wabo; abayobozi mu nzego z’ibanze na bo ngo ntibumva ko uru rwego rubareba.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, avuga ko hakiri umukoro wo kwegera abahinzi mu buryo buhoraho bakanabamenyesha impinduka zose zishobora kugira ingaruka ku musaruro w’umwuga wabo.

Ni mu kiganiro Minisitiri yagiranye n’Abadepite

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 8 =

Previous Post

M23 yavuze icyo igereranya nacyo ibitero bya FARDC n’ingabo z’u Burundi byakajije umurego

Next Post

Uko ukekwaho kwiba itungo akarihisha mu buriri akanashyiraho inzitiramibu ryamutamaje

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington...

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko yamaze kwakira ibibazo by’abakiliya ba Sosiyete ya Spiro icuruza moto zikoresha amashanyarazi, bavuga ko zifite...

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ko ruri gukurikirana ikibazo cya Interineti y'umurongo wa MTN Rwanda nyuma yuko isobanuye ko cyatewe n'ibibazo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa kwakira indonke y’arenga Miliyoni 1 Frw, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze...

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

by radiotv10
12/11/2025
0

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa igikombe kimwe cy’ikawa buri munsi, bigabanya 39% by’ibibazo by’ihindagurika ryo gutera k’umutima, ugereranyije n’abatanywa iki kinyobwa....

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko ukekwaho kwiba itungo akarihisha mu buriri akanashyiraho inzitiramibu ryamutamaje

Uko ukekwaho kwiba itungo akarihisha mu buriri akanashyiraho inzitiramibu ryamutamaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.