Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Ubuhinzi yemereye Abadepite ko hari ibitaranoga mu itangwa ry’amakuru y’iteganyagihe

radiotv10by radiotv10
03/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Minisitiri w’Ubuhinzi yemereye Abadepite ko hari ibitaranoga mu itangwa ry’amakuru y’iteganyagihe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse; yemereye Abadepite ko hari igihe Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere gitangaza ko hazagwa imvura ariko ntigwe, ati “Na bo babaye nk’abapfumu.” 

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi iracyashimangira ko igihembwe cy’ihinga gishize cyatanze umusaruro uhagije, kandi ko binashimangirwa n’ibiciro biri ku isoko.

Iyi Minisiteri ivuga ko ibi byatewe n’uko hongerewe ubuso buhingwa; ndetse n’ikirere gitanga imvura yafashije ibihingwa gutabara abari bagowe n’ibiribwa.

Gusa bamwe mu Badepite bavuga ko hari abahinzi batigeze boroherwa n’iki gihe cy’ihinga, ndetse ngo hari impungenge ko bishobora gukomeza.

Umwe mu Badepite yagize ati “Hari n’aho wumva abaturage bavuga ko bahinze ibishyimbo bigahura n’imvura. Imvura ikaba nyinshi bitarera. Nari ntanze urugero nko mu kwezi kwa mbere, ubundi twajyaga tubona umucyo, wenda ukabonamo n’’mvura nke, ariko ubona ko ibihe byahindutse. Iteganyagihe ryacu rihuzwa rite n’imikorere ya buri munsi y’abahinzi?”

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ildephonse Musafiri avuga ko byatewe n’ibibazo byo kutabona amakuru y’impamo ku iteganyagihe, kuko ababishinzwe bajya batanga ibipimo bisa n’ibidashingiye ku ikoranabunga.

Ati “Buri munsi duhamagara Meteo, na bo babaye nk’abapfumu ni nk’ibyo byose. Na bo bucya batazi uko biri bugende. Twari tuzi ko izarangira mu kwa mbere, mu kwa cumi n’abiri. Buri gihe bakatubwira ngo mu cyumweru kimwe iraba irangiye, ahubwo bati ‘ukwa kabiri kose iracyahari’. Bishatse kuvuga ngo urugaryi rwacu rwose turarutakaje. Ibyo bifite ingaruka zitandukanye.”

Usibye uruhare rw’urwego rushinzwe ikirere; intumwa za rubanda zivuga ko ubuhinzi bwugarijwe n’ikibazo cy’imyumvire ikiri hasi y’ababukora.

Imibare igaragaza ko 84% y’abahinzi batigeze barenza amashuri abanza, bo bakabibonamo ikibazo gikomeye kigomba kubonerwa umuti hifashishijwe ubushakashatsi.

Minisitiri Ildephonse na ho yagize ati “Ni uko n’ubushakashatsi abantu basigaye bandika na byo ari ibintu bitagishinga cyane, ariko tugize amahirwe tukabona abantu bafite ubushakashatsi bwiza buzana agashya; nta mpamvu abo bantu tutakorana na bo ngo tubaherekeze. Ni uko ubu haje ibintu byo kudodesha no kudawunilodinga; ugasanga n’ubundi ni ibintu by’imihango biri aho ngaho.”

Nubwo abahinzi bashinjwa ubumenyi bucye ku iterambere ry’umwuga wabo; abayobozi mu nzego z’ibanze na bo ngo ntibumva ko uru rwego rubareba.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, avuga ko hakiri umukoro wo kwegera abahinzi mu buryo buhoraho bakanabamenyesha impinduka zose zishobora kugira ingaruka ku musaruro w’umwuga wabo.

Ni mu kiganiro Minisitiri yagiranye n’Abadepite

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

M23 yavuze icyo igereranya nacyo ibitero bya FARDC n’ingabo z’u Burundi byakajije umurego

Next Post

Uko ukekwaho kwiba itungo akarihisha mu buriri akanashyiraho inzitiramibu ryamutamaje

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko ukekwaho kwiba itungo akarihisha mu buriri akanashyiraho inzitiramibu ryamutamaje

Uko ukekwaho kwiba itungo akarihisha mu buriri akanashyiraho inzitiramibu ryamutamaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.