Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Ubuhinzi yemereye Abadepite ko hari ibitaranoga mu itangwa ry’amakuru y’iteganyagihe

radiotv10by radiotv10
03/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Minisitiri w’Ubuhinzi yemereye Abadepite ko hari ibitaranoga mu itangwa ry’amakuru y’iteganyagihe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse; yemereye Abadepite ko hari igihe Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere gitangaza ko hazagwa imvura ariko ntigwe, ati “Na bo babaye nk’abapfumu.” 

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi iracyashimangira ko igihembwe cy’ihinga gishize cyatanze umusaruro uhagije, kandi ko binashimangirwa n’ibiciro biri ku isoko.

Iyi Minisiteri ivuga ko ibi byatewe n’uko hongerewe ubuso buhingwa; ndetse n’ikirere gitanga imvura yafashije ibihingwa gutabara abari bagowe n’ibiribwa.

Gusa bamwe mu Badepite bavuga ko hari abahinzi batigeze boroherwa n’iki gihe cy’ihinga, ndetse ngo hari impungenge ko bishobora gukomeza.

Umwe mu Badepite yagize ati “Hari n’aho wumva abaturage bavuga ko bahinze ibishyimbo bigahura n’imvura. Imvura ikaba nyinshi bitarera. Nari ntanze urugero nko mu kwezi kwa mbere, ubundi twajyaga tubona umucyo, wenda ukabonamo n’’mvura nke, ariko ubona ko ibihe byahindutse. Iteganyagihe ryacu rihuzwa rite n’imikorere ya buri munsi y’abahinzi?”

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ildephonse Musafiri avuga ko byatewe n’ibibazo byo kutabona amakuru y’impamo ku iteganyagihe, kuko ababishinzwe bajya batanga ibipimo bisa n’ibidashingiye ku ikoranabunga.

Ati “Buri munsi duhamagara Meteo, na bo babaye nk’abapfumu ni nk’ibyo byose. Na bo bucya batazi uko biri bugende. Twari tuzi ko izarangira mu kwa mbere, mu kwa cumi n’abiri. Buri gihe bakatubwira ngo mu cyumweru kimwe iraba irangiye, ahubwo bati ‘ukwa kabiri kose iracyahari’. Bishatse kuvuga ngo urugaryi rwacu rwose turarutakaje. Ibyo bifite ingaruka zitandukanye.”

Usibye uruhare rw’urwego rushinzwe ikirere; intumwa za rubanda zivuga ko ubuhinzi bwugarijwe n’ikibazo cy’imyumvire ikiri hasi y’ababukora.

Imibare igaragaza ko 84% y’abahinzi batigeze barenza amashuri abanza, bo bakabibonamo ikibazo gikomeye kigomba kubonerwa umuti hifashishijwe ubushakashatsi.

Minisitiri Ildephonse na ho yagize ati “Ni uko n’ubushakashatsi abantu basigaye bandika na byo ari ibintu bitagishinga cyane, ariko tugize amahirwe tukabona abantu bafite ubushakashatsi bwiza buzana agashya; nta mpamvu abo bantu tutakorana na bo ngo tubaherekeze. Ni uko ubu haje ibintu byo kudodesha no kudawunilodinga; ugasanga n’ubundi ni ibintu by’imihango biri aho ngaho.”

Nubwo abahinzi bashinjwa ubumenyi bucye ku iterambere ry’umwuga wabo; abayobozi mu nzego z’ibanze na bo ngo ntibumva ko uru rwego rubareba.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, avuga ko hakiri umukoro wo kwegera abahinzi mu buryo buhoraho bakanabamenyesha impinduka zose zishobora kugira ingaruka ku musaruro w’umwuga wabo.

Ni mu kiganiro Minisitiri yagiranye n’Abadepite

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 9 =

Previous Post

M23 yavuze icyo igereranya nacyo ibitero bya FARDC n’ingabo z’u Burundi byakajije umurego

Next Post

Uko ukekwaho kwiba itungo akarihisha mu buriri akanashyiraho inzitiramibu ryamutamaje

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko ukekwaho kwiba itungo akarihisha mu buriri akanashyiraho inzitiramibu ryamutamaje

Uko ukekwaho kwiba itungo akarihisha mu buriri akanashyiraho inzitiramibu ryamutamaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.