Sunday, July 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in MU RWANDA
1
Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze
Share on FacebookShare on Twitter

Ministiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yasubije abarimu bavuga ko bahawe inkunga yo kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda ariko bakaza kwirukanwa bagitangira bababwira ko program bahawe itahaba, bagasabwa kutongera gukandagira muri Kaminuza bakanabwirwa ko uzabitangaza azahura n’akaga.

Aba barimu bagejeje ikibazo cyabo ku Munyamakuru Niwemwiza Anne Marie, bavuga ko bahawe iyi nkunga (Scholarship) na REB ifatanyije na HEC ndetse ngo baraniyandikisha baza no kujya kwiga mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’Uburezi rya Rukara.

Inyandiko igaragaza iki kibazo cy’aba barimu, igira iti “Dutangiye kwiga baraza baratwirukana ngo UR [Kaminuza y’u Rwanda] program (MCE) baduhaye ngo ntayo bagira kandi hari bakuru bacu bamaze umwaka bayiga.”

Iyi nyandiko ikomeza ivuga ko n’abo bagenzi babo bari bamaze igihe biga, na bo baje kubwirwa ko batagomba kugaruka kwiga ngo “babibeshyeho.”

Aba barimu bakomeza bagira bati “Igitangaje kurusha ni uko badutera ubwoba ko nitubwira itangazamakuru/tukabivuga kuri Twitter, bizatugiraho ingaruka.”

Bagakomeza bagira bati “Ubu twanze gutaha ariko banatubujije kwinjira mu kigo.”

Bagasoza bagira bati “Ubu twabuze aho tugana cyane ko twari twamaze gusinyanya amasezerano n’Uturere, imyanya y’abari bamaze umwaka biga yashyizwemo abandi, none ubu mu kazi ntitubarirwayo no mu ishuri ntitwemewe gukandagiramo.”

Uyu munyamakuru Niwemwiza wagaragaje ubu butumwa bw’aba barimu asa nk’ubakorera ubuvugizi, yabajije inzego zirebwa n’iki kibazo icyo ziri kugikoraho.

Yagize ati “Aba barimu banyu se murabafasha iki? HEC na BRD ibi mukora byungura nde? Minisiteri y’Uburezi ibi bintu murabizi?, Dr Uwamariya [Minisitiri w’Uburezi] mwakurikirana, ahari ikibazo kigacyemuka.”

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yagize icyo avuga kuri iki kibazo nubwo atagitomoye, agira ati “Aba barimu bariga kuko bujuje ibisabwa. Nibahumure.”

Waramutse Anne Marie. Aba barimu bariga kuko bujuje ibisabwa. Nibahumure. https://t.co/P3GsBrdN69

— Dr. Valentine Uwamariya (@Dr_Uwamariya) June 2, 2022

Abakora umwuga w’uburezi mu Rwanda, ni bamwe mu bakunze kugaragaza imbogamizi bahura na zo, kenshi bashingira ku mibereho yabo igoye kubera umushahara muto bahembwa.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda yatangiye inzira yo kuzamura ubushobozi bw’abarimu aho yazamuye umushahara wabo ndetse ikaba inabafasha mu bikorwa byo kubongerera ubushobozi n’ubumenyi mu rwego rwo kuzamura uburezi bw’u Rwanda dore ko ari bwo shingiro y’iterambere ry’ubukungu bw’ahazaza.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Aloys Ivumaharinde says:
    3 years ago

    Nukuri MINEDUC ishake uko yafasha abo bavandimwe niba kokobarasezeye mu turere twabo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 20 =

Previous Post

Ese azasubirayo ataramukije Abanyarwanda? The Ben ari hano hakurya muri Uganda

Next Post

Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

Related Posts

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.