Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Miss Jolly aranengerwa guhakanira Muhoozi ko atazitabira ibirori bye akanabikorera ku karubanda

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in IMYIDAGADURO
0
Miss Jolly aranengerwa guhakanira Muhoozi ko atazitabira ibirori bye akanabikorera ku karubanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Miss Mutesi Jolly yiseguye kuri Gen Muhoozi Kainerugaba amumenyesha ko atazitabira ibirori by’isabukuru ye, bamwe bamunenze kuba ubu butumwa bumuhakanira yabushyize ku karubanda ndetse no kuba atitabiriye ibi birori by’umuntu ukomeye.

Lt Gen Muhoozi, umuhungu wa Perezida Museveni, umaze iminsi agaruka ku birori by’isabukuru ye, atangaza bamwe mu bazabyitabira, ku wa Mbere yari yatangaje ko Miss Jolly Mutesi ari mu bazifatanya na we muri iyi sabukuru.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye, Muhoozi yari yagize ati “Jolly Mutesi wabaye Miss Rwanda, inshuti yanjye ya cyera azaba ari mu isabukuru! Tuzagira ibihe byiza.”

Uyu munyarwandakazi wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2016, yasubije Muhoozi kuri ubu butumwa na we yifashishije Twitter, amwiseguraho ko atazabasha kwitabira ibi birori.

Yagize ati “Ni iby’agaciro kuri njye muvandimwe wanjye ariko ntabwo nzabasha kwitabira isabukuru y’uyu mwaka, nzaza mu yitaha.”

Bamwe mu bakurikira uyu mukobwa, bamunenze, bavuga ko atari akwiye guhakanira umuyobozi ukomeye nk’uyu abinyujije kuri Twitter.

Uwitwa Ndacyayisaba yagize ati “Ibi bigaragaza ikinyabupfura gicye no kwiyumva. Kuki utamwandikiye ubutumwa bw’ibana [DM/Direct Message]? Ukeka ko ari umuntu wa giseseka.”

Uwitwa Hatali Gilbert na we yagize ati “Nkurikije ibihe ibihugu byombi birimo byo kuzahura umubano wari kwigora ukujyayo, guhakanira umuyobozi ku karubanda nta burere burimo. Twari twishimiye buriya butumire ariko uradutengushye.”

Uwitwa David Byiringiro na we ati “Uko niko umuntu wazamutse mubicu cyane atangira kumanuka atabizi, Jolly Mutesi iyo usanga General mu gikari ukamubwira ko utazaboneka byari kuba umuco mwiza w’Umunyarwandakazi. Abagabo baguhe amahoro burya si wowe ni iminsi.”

Hari n’abashyigikiye iki cyemezo cya Miss Jolly, bavuze ko kuba yahakaniye Muhoozi, ari uko azaba ari mu bindi.

Uwitwa Engineer ati “Icyo mbona ni uko Jolly agira ingengabihe y’ibikorwa bye, si wamukobwa ubonera igihe ushakiye. Kuki abandi bakobwa batakwigiraho ko mbona udasamara! Rwose urasobanutse cyane, abatemera si uko batabona ukuri ahubwo Baba baganira.”

Kuba hari abamunenze guhakanira Muhoozi ku karubanda, bamwe babishyigikiye bavuga ko uyu musirikare na we yari yanditse buriya butumwa kuri Twitter.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 10 =

Previous Post

U Rwanda rwemeye ko ruri mu biganiro na Denmark bigamije kurwoherereza abimukira

Next Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku bagenzi bari muri ya ndege

Related Posts

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

by radiotv10
30/12/2025
0

Abahanzi Ali Kiba wo muri Tanzania uri mu bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, na Shaffy; bageze mu Rwanda kwitegura...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko akurikije uko yabonye Israel Mbonyi yataramiye abantu, uyu muhanzi arenze kuba...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force
MU RWANDA

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Hamenyekanye amakuru mashya ku bagenzi bari muri ya ndege

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.