Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Miss Jolly aranengerwa guhakanira Muhoozi ko atazitabira ibirori bye akanabikorera ku karubanda

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in IMYIDAGADURO
0
Miss Jolly aranengerwa guhakanira Muhoozi ko atazitabira ibirori bye akanabikorera ku karubanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Miss Mutesi Jolly yiseguye kuri Gen Muhoozi Kainerugaba amumenyesha ko atazitabira ibirori by’isabukuru ye, bamwe bamunenze kuba ubu butumwa bumuhakanira yabushyize ku karubanda ndetse no kuba atitabiriye ibi birori by’umuntu ukomeye.

Lt Gen Muhoozi, umuhungu wa Perezida Museveni, umaze iminsi agaruka ku birori by’isabukuru ye, atangaza bamwe mu bazabyitabira, ku wa Mbere yari yatangaje ko Miss Jolly Mutesi ari mu bazifatanya na we muri iyi sabukuru.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye, Muhoozi yari yagize ati “Jolly Mutesi wabaye Miss Rwanda, inshuti yanjye ya cyera azaba ari mu isabukuru! Tuzagira ibihe byiza.”

Uyu munyarwandakazi wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2016, yasubije Muhoozi kuri ubu butumwa na we yifashishije Twitter, amwiseguraho ko atazabasha kwitabira ibi birori.

Yagize ati “Ni iby’agaciro kuri njye muvandimwe wanjye ariko ntabwo nzabasha kwitabira isabukuru y’uyu mwaka, nzaza mu yitaha.”

Bamwe mu bakurikira uyu mukobwa, bamunenze, bavuga ko atari akwiye guhakanira umuyobozi ukomeye nk’uyu abinyujije kuri Twitter.

Uwitwa Ndacyayisaba yagize ati “Ibi bigaragaza ikinyabupfura gicye no kwiyumva. Kuki utamwandikiye ubutumwa bw’ibana [DM/Direct Message]? Ukeka ko ari umuntu wa giseseka.”

Uwitwa Hatali Gilbert na we yagize ati “Nkurikije ibihe ibihugu byombi birimo byo kuzahura umubano wari kwigora ukujyayo, guhakanira umuyobozi ku karubanda nta burere burimo. Twari twishimiye buriya butumire ariko uradutengushye.”

Uwitwa David Byiringiro na we ati “Uko niko umuntu wazamutse mubicu cyane atangira kumanuka atabizi, Jolly Mutesi iyo usanga General mu gikari ukamubwira ko utazaboneka byari kuba umuco mwiza w’Umunyarwandakazi. Abagabo baguhe amahoro burya si wowe ni iminsi.”

Hari n’abashyigikiye iki cyemezo cya Miss Jolly, bavuze ko kuba yahakaniye Muhoozi, ari uko azaba ari mu bindi.

Uwitwa Engineer ati “Icyo mbona ni uko Jolly agira ingengabihe y’ibikorwa bye, si wamukobwa ubonera igihe ushakiye. Kuki abandi bakobwa batakwigiraho ko mbona udasamara! Rwose urasobanutse cyane, abatemera si uko batabona ukuri ahubwo Baba baganira.”

Kuba hari abamunenze guhakanira Muhoozi ku karubanda, bamwe babishyigikiye bavuga ko uyu musirikare na we yari yanditse buriya butumwa kuri Twitter.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + thirteen =

Previous Post

U Rwanda rwemeye ko ruri mu biganiro na Denmark bigamije kurwoherereza abimukira

Next Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku bagenzi bari muri ya ndege

Related Posts

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

IZIHERUKA

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego
MU RWANDA

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Hamenyekanye amakuru mashya ku bagenzi bari muri ya ndege

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.