Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’Umunya-Uganda wegukanye ikamba rya Miss Uganda wa 2023, wakomeje kwitwa ko ari Umunyarwandakazi kubera uburanga bwe budasanzwe, yeruriye abantu ko akomoka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwanda, ariko ko yavukiye muri Uganda, akanahakurira.

Hannah Karema Tumukunde akimara kwegukana ikamba, hazamutse impaka muri Uganda, aho bamwe bavugaga ko batumva ukuntu iri kamba rya Miss Uganda rihabwa Umunyarwandakazi.

No mu mazina ye harimo iryumvikana nk’irinyarwanda [Tumukunde] ariko si igitangaza kuko hari Abanya-Uganda benshi bahuje amazina n’Abanyarwanda biganjemo abakomoka mu bice byegereye u Rwanda.

Hannah Karema Tumukunde avuga kuri izi mpaka, yavuze ko “Njyewe ndi Umunya-Uganda. Nakuriye muri Uganda mu Buganda. Ariko abantu bashingiye ku buryo nsa bakavuga ko ndi Umunyarwandakazi.”

Hannah Karema Tumukunde yavukiye mu gace ka Kinoni muri Paruwasi ya Buremezi mu Karere ka Nakaseke muri Uganda.

Avuga ku mubyeyi w’umugore w’Umunyarwandakazi ndetse na Se w’Umunya-Uganda w’Umunyankore.

Yakomeje abazwa icyo avuga ku mpaka akomeje kuvugwaho, aho bamwe bavuga ko atari akwiye guhabwa ikamba, yagize ati “Mwiha amatwi ibivugwa n’abantu.”

Yakomeje agira ati “Njye si ndi umukemurampaka. Sinzi ibyo abantu bavuga aho babikuye ariko bafite uburenganzira bwo kuvuga ibyo bashaka. Abakemurampaka bakoze akazi kabo neza kandi nanjye nizera ko nakoze ibyo nagombaga gukora.”

Hannah Karema Tumukunde usanzwe ari n’umuhanga mu ishuri dore ko yagize amanota yo mu cyiciro cya mbere A, avuga indimi zitandukanye zirimo Ikinyankore, Icyongereza, Luganda ndetse n’Ikinyarwanda.

Hanna Karema yegukanye ikamba rya Miss Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 3 =

Previous Post

Umugore wo mu rugo rwugarijwe n’inzara aravugwaho icyemezo kigayitse cyababaje umugabo we

Next Post

Tshisekedi yakoze impinduka zidasanzwe muri Guverinoma yinjizamo abatunguranye cyane

Related Posts

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

by radiotv10
18/10/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi, Ishimwe Hakizimana uzwi nka Shizzo baherutse kwambikana impeta y’urukundo, bashyize hanze itariki...

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

by radiotv10
17/10/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wari umaze imyaka 12 atuye ku Mugabane w’u Burayi, yemeje ko mu kwezi gutaha azagaruka mu Rwanda...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi uzwi mu Rwanda, Alliah Cool yongeye kwikoma umunyamakuru wagize icyo avuga ku modoka ye ifite plaque yo...

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma yuko umukinnyi wa filimi, Alliah Cool agaragaje imodoka aherutse kugura, yabaye nk’uterana amagambo n’umunyamakuru umwe mu Rwanda wayitanzeho igitekerezo...

Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Umuririmbyi Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ uherutse kugaragaza agahinda ko kuremererwa n’uburwayi bw’umugore we urembye kandi ubushobozi bwaramushiranye, yatangaje...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

by radiotv10
19/10/2025
0

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi yakoze impinduka zidasanzwe muri Guverinoma yinjizamo abatunguranye cyane

Tshisekedi yakoze impinduka zidasanzwe muri Guverinoma yinjizamo abatunguranye cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.