Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’Umunya-Uganda wegukanye ikamba rya Miss Uganda wa 2023, wakomeje kwitwa ko ari Umunyarwandakazi kubera uburanga bwe budasanzwe, yeruriye abantu ko akomoka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwanda, ariko ko yavukiye muri Uganda, akanahakurira.

Hannah Karema Tumukunde akimara kwegukana ikamba, hazamutse impaka muri Uganda, aho bamwe bavugaga ko batumva ukuntu iri kamba rya Miss Uganda rihabwa Umunyarwandakazi.

No mu mazina ye harimo iryumvikana nk’irinyarwanda [Tumukunde] ariko si igitangaza kuko hari Abanya-Uganda benshi bahuje amazina n’Abanyarwanda biganjemo abakomoka mu bice byegereye u Rwanda.

Hannah Karema Tumukunde avuga kuri izi mpaka, yavuze ko “Njyewe ndi Umunya-Uganda. Nakuriye muri Uganda mu Buganda. Ariko abantu bashingiye ku buryo nsa bakavuga ko ndi Umunyarwandakazi.”

Hannah Karema Tumukunde yavukiye mu gace ka Kinoni muri Paruwasi ya Buremezi mu Karere ka Nakaseke muri Uganda.

Avuga ku mubyeyi w’umugore w’Umunyarwandakazi ndetse na Se w’Umunya-Uganda w’Umunyankore.

Yakomeje abazwa icyo avuga ku mpaka akomeje kuvugwaho, aho bamwe bavuga ko atari akwiye guhabwa ikamba, yagize ati “Mwiha amatwi ibivugwa n’abantu.”

Yakomeje agira ati “Njye si ndi umukemurampaka. Sinzi ibyo abantu bavuga aho babikuye ariko bafite uburenganzira bwo kuvuga ibyo bashaka. Abakemurampaka bakoze akazi kabo neza kandi nanjye nizera ko nakoze ibyo nagombaga gukora.”

Hannah Karema Tumukunde usanzwe ari n’umuhanga mu ishuri dore ko yagize amanota yo mu cyiciro cya mbere A, avuga indimi zitandukanye zirimo Ikinyankore, Icyongereza, Luganda ndetse n’Ikinyarwanda.

Hanna Karema yegukanye ikamba rya Miss Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 3 =

Previous Post

Umugore wo mu rugo rwugarijwe n’inzara aravugwaho icyemezo kigayitse cyababaje umugabo we

Next Post

Tshisekedi yakoze impinduka zidasanzwe muri Guverinoma yinjizamo abatunguranye cyane

Related Posts

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi yakoze impinduka zidasanzwe muri Guverinoma yinjizamo abatunguranye cyane

Tshisekedi yakoze impinduka zidasanzwe muri Guverinoma yinjizamo abatunguranye cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.