Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Moses Turahirwa nyuma yo guhamagazwa na RIB hari andi amakuru yahise amenyekana

radiotv10by radiotv10
28/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Moses Turahirwa nyuma yo guhamagazwa na RIB hari andi amakuru yahise amenyekana
Share on FacebookShare on Twitter

Turahirwa Moïse (Moses) wahamagajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ngo yisobanure ku byo akekwaho b’inyandiko mpimbano, yahise atabwa muri yombi, ndetse hari ikindi cyaha yahise akurikiranwaho.

Uyu musore usanzwe ari inzobere mu buhanzi bw’imideri, akaba yaranashinze inzu yayo yitwa Moshions yambika abakomeye barimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, yari yahamagajwe kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023.

Ihamagazwa rye rishingiye ku butumwa yari yatanze ku mbuga nkoranyambaga, bugaragaza ko mu rupapuro rwe rw’inzira (Pasiporo) yemerewe ko handikwamo ko ari igitsinagore, nyamara Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka rukaba rwavuze ko iyo Pasiporo rutayitanze.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yemeje ko ubwo uyu musore Turahirwa Moïse yitabaga uru rwego, yahise atabwa muri yombi, kugira ngo akurikiranwe afunze.

Dr Murangira yavuze kandi uko uretse kiriya cyaha yari yahamagarijwe cyo gukoresha inyandiko mpimbano, hari n’ikindi cyaha yatangiye gukurikiranwaho.

Yagize ati “Mu byaha yabwazwahaho hiyongereho icyo gukoresha ibiyobyabwenge nkuko ibipimo bya Rwanda Forensic Laboratory byabigaragaje.”

Moses Turahirwa kandi yari aherutse kwiyemerera ko anywa ikiyobyabwenge cy’urumogi we yita itabi, aho yavuze ko ubuyobozi bw’u Rwanda bwabimwemereye ngo kubera ikibazo cy’uburwayi afite.

Uyu musore usanzwe azwiho ubuhanga mu guhanga imideri, amaze iminsi ateza impagarara ku mbuga nkoranyambaga, kuva yatangira kugaraga asa nk’uwambaye ubusa yakinze umwenda ku myanya y’ibanga ye, nyuma akongera kugaragara mu mashusho ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abandi bagabo ndetse n’ibindi byagiye biteza sakwe sakwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 3 =

Previous Post

Abari ku kiriyo bitegura gushyingura umuturanyi wabo bakiriye inkuru itunguranye yatumye bavuza impundu

Next Post

Menya icyatumye Perezida w’Igihugu cy’igihangange atungurana akagaragara arinzwe n’Abajepe badasanzwe

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyatumye Perezida w’Igihugu cy’igihangange atungurana akagaragara arinzwe n’Abajepe badasanzwe

Menya icyatumye Perezida w’Igihugu cy’igihangange atungurana akagaragara arinzwe n’Abajepe badasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.