Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Moses Turahirwa watangaje ibyateje impaka yahamagajwe na RIB

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Moses Turahirwa watangaje ibyateje impaka yahamagajwe na RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga mu byo guhanga imideri, Moses Turahirwa wanashinze inzu ikomeye y’imideri ya Moshions, nyuma yo gutangaza ko muri Pasiporo ye yemerewe kwitwa ‘Igitsinagore’, yahamagajwe na RIB gusobanura iby’iyo nyandiko y’impimbano.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mata 2023, ku mbuga nkoranyambaga, hacicikanye amakuru yatangijwe na Moses Turahirwa ubwe, ko Leta y’u Rwanda yamwereye ko muri Pasiporo ye handikwa ko ari umukobwa.

Mu butumwa yari yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Moses Turahirwa yashimiraga Perezida Paul Kagame kuba Guverinoma ngo yaramwereye ko muri Pasiporo ye handikwa ko ari umukobwa.

Nyuma yo kugaragaza uru rwandiko, Moses Turahirwa yahamagajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rumukurikiranyeho gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, kuko Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka ruhakanye ko rutatanze iyo pasiporo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yemereye RADIOTV10 ko uru rwego rwahamagaje uyu musore kugira abazwe kuri iyo nyandiko yagaragaje ku mbuga nkoranyambaga.

Dr Murangira yavuze ko Moise Turahirwa “ari kubazwa muri RIB ku nyandiko mpimbano; nyuma y’uko Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka rwemeje ko iyo pasiporo atari rwo rwayitanze.”

Uyu muhanga mu byo guhanga imideri, amaze iminsi ashyira ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa bwagiye buteza impaka, burimo ubwo yavuze ko Leta y’u Rwanda yamwemereye kunywa ku mugaragaro ikiyobyabwenge cy’urumogi.

Uyu musore kandi yanavuzwe cyane ubwo hagaragaraga amashusho ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abandi bagabo, ndetse na we ubwe akaza kwiyemerera ko ari we ugaragaramo, ariko ko yagiye hanze mu buryo bw’impanuka kuko ari ayo muri film iri gutunganywa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 9 =

Previous Post

Uganda: Ibyabaye ku Badepite 11 b’Abagore bari biyemeje kwigaragambya ntibabyiyumvishaga

Next Post

Abari ku kiriyo bitegura gushyingura umuturanyi wabo bakiriye inkuru itunguranye yatumye bavuza impundu

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abari ku kiriyo bitegura gushyingura umuturanyi wabo bakiriye inkuru itunguranye yatumye bavuza impundu

Abari ku kiriyo bitegura gushyingura umuturanyi wabo bakiriye inkuru itunguranye yatumye bavuza impundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.