Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, SIPORO
3
Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Kalimpinya Queen wabaye igisonga cya gatatu cya Miss Rwanda 2017, ubu akaba asigaye anitabira amarushanwa y’amasiganwa y’imodoka, yavuze uko yinjiye muri aya masiganwa.

Kalimpinya avuga ko mu buzima busanzwe agenda kuri moto nto bakunze kwita ‘Scooter’, ari na byo byatumye zimwe mu nshuti ze zimushishikariza kuba yakwitabira amarushanwa yo gutwara ibinyabiziga.

Avuga ko bamuhuje n’umwe mu bashoferi witwa Yoto Fabrice usanzwe yitabira amarushanwa yo gusiganwa ku modoka ari na we bakorana mu masiganwa akunze kwitabira.

Kalimpinya agira ati “Yarambajije ati ‘ushobora gukora amasiganwa y’imodoka?’ ndamubwira nti ‘ntabwo mbizi ariko nagerageza’. Turabyemeza, ndabyitoza nk’umu-Copilote njya mu myitozo.”

Miss Kalimpinya avuga ko ubwo yajyaga mu myitozo ya mbere yabereye i Rwamagana, bamutwaye mu modoka iri ku muvuduko wo hejuru basa nk’abari kumugerageza, ubundi bakamubaza niba bitamuteye ubwoba, akababwira ko “ntabwo.”

Ati “Barongera bampa undi mupilote noneho wiruka cyane, ariruka cyane aragaruka ahita ayikata cyane, ndavuga nti ‘ibi ni byo byo hejuru?’ bati ‘Yego’ ndavuga nti ‘sha ndumva ntabugize cyane’. Barambwira bati ‘niba utabugize aha, birashoboka ko wabikora’.”

Avuga ko kuva ubwo muri 2019 yatangiye kujya akora imyitozo, agatangira ari ufasha umushoferi ariko aza guhura n’imbogamizi z’icyorezo cya COVID-19 cyahise cyaduka gihagarika ibikorwa binyuranye.

Amaze kumenyera gufasha abashoferi, na we yatangiye kwiga gutwara akaba yaranatangiye kwitabira amarushanwa arimo n’iriheruka kuba mu kwezi gushize rya Rwanda Mountain Gorilla Rally riri mu yakomeye mu Rwanda.

Miss Kalimpinya asanzwe agenda ku kamoto gato
Yaje kwisanga mu masiganwa y’imodoka
Yatangiye afasha abandi bashoferi
Ubu na we asigaye atwara

RADIOTV10

Comments 3

  1. Yohani U says:
    3 years ago

    Please mureke iyi non sense campaign-uyu mwana mwiza w’umukobwa nashake ahandi ajya gukorera PR ye atari muri Rallye kuko si ibintu bye. nabanze yige no gutwara imodoka mbere yo kuza gutesha abantu umwanya

    Reply
    • Ryangombe says:
      3 years ago

      Abantu mukunda guca intege uyu mukobwa azabaimenya kandi afite ubushake wowe ibyo uvuga ntabwo ubizi ,noneho uzamurushe turebe ,ayinyaaa bisaba igishoro bro utazitiranya ibintu

      Reply
  2. IYIBUKIRO Jean de Dieu says:
    3 years ago

    Hi nanjye numva mfite inzozi zo kuba nakora amasiganwa y’imodoka ariko nkabura support none ntimwansabira miss wacu kalimpinya ko nanjye yamfasha nkuko nawe bamufashije akaba hari aho ajyeze. Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Amagorofa batujwemo ntibumva uko inzu imwe bayitekeramo, bakayihereramo, bakanayogeramo

Next Post

Impamvu nyamukuru zatumye Abadepite basubiza inyuma itegeko ryemerera abangavu kuboneza urubyaro

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu nyamukuru zatumye Abadepite basubiza inyuma itegeko ryemerera abangavu kuboneza urubyaro

Impamvu nyamukuru zatumye Abadepite basubiza inyuma itegeko ryemerera abangavu kuboneza urubyaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.