Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, SIPORO
3
Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Kalimpinya Queen wabaye igisonga cya gatatu cya Miss Rwanda 2017, ubu akaba asigaye anitabira amarushanwa y’amasiganwa y’imodoka, yavuze uko yinjiye muri aya masiganwa.

Kalimpinya avuga ko mu buzima busanzwe agenda kuri moto nto bakunze kwita ‘Scooter’, ari na byo byatumye zimwe mu nshuti ze zimushishikariza kuba yakwitabira amarushanwa yo gutwara ibinyabiziga.

Avuga ko bamuhuje n’umwe mu bashoferi witwa Yoto Fabrice usanzwe yitabira amarushanwa yo gusiganwa ku modoka ari na we bakorana mu masiganwa akunze kwitabira.

Kalimpinya agira ati “Yarambajije ati ‘ushobora gukora amasiganwa y’imodoka?’ ndamubwira nti ‘ntabwo mbizi ariko nagerageza’. Turabyemeza, ndabyitoza nk’umu-Copilote njya mu myitozo.”

Miss Kalimpinya avuga ko ubwo yajyaga mu myitozo ya mbere yabereye i Rwamagana, bamutwaye mu modoka iri ku muvuduko wo hejuru basa nk’abari kumugerageza, ubundi bakamubaza niba bitamuteye ubwoba, akababwira ko “ntabwo.”

Ati “Barongera bampa undi mupilote noneho wiruka cyane, ariruka cyane aragaruka ahita ayikata cyane, ndavuga nti ‘ibi ni byo byo hejuru?’ bati ‘Yego’ ndavuga nti ‘sha ndumva ntabugize cyane’. Barambwira bati ‘niba utabugize aha, birashoboka ko wabikora’.”

Avuga ko kuva ubwo muri 2019 yatangiye kujya akora imyitozo, agatangira ari ufasha umushoferi ariko aza guhura n’imbogamizi z’icyorezo cya COVID-19 cyahise cyaduka gihagarika ibikorwa binyuranye.

Amaze kumenyera gufasha abashoferi, na we yatangiye kwiga gutwara akaba yaranatangiye kwitabira amarushanwa arimo n’iriheruka kuba mu kwezi gushize rya Rwanda Mountain Gorilla Rally riri mu yakomeye mu Rwanda.

Miss Kalimpinya asanzwe agenda ku kamoto gato
Yaje kwisanga mu masiganwa y’imodoka
Yatangiye afasha abandi bashoferi
Ubu na we asigaye atwara

RADIOTV10

Comments 3

  1. Yohani U says:
    3 years ago

    Please mureke iyi non sense campaign-uyu mwana mwiza w’umukobwa nashake ahandi ajya gukorera PR ye atari muri Rallye kuko si ibintu bye. nabanze yige no gutwara imodoka mbere yo kuza gutesha abantu umwanya

    Reply
    • Ryangombe says:
      3 years ago

      Abantu mukunda guca intege uyu mukobwa azabaimenya kandi afite ubushake wowe ibyo uvuga ntabwo ubizi ,noneho uzamurushe turebe ,ayinyaaa bisaba igishoro bro utazitiranya ibintu

      Reply
  2. IYIBUKIRO Jean de Dieu says:
    3 years ago

    Hi nanjye numva mfite inzozi zo kuba nakora amasiganwa y’imodoka ariko nkabura support none ntimwansabira miss wacu kalimpinya ko nanjye yamfasha nkuko nawe bamufashije akaba hari aho ajyeze. Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Amagorofa batujwemo ntibumva uko inzu imwe bayitekeramo, bakayihereramo, bakanayogeramo

Next Post

Impamvu nyamukuru zatumye Abadepite basubiza inyuma itegeko ryemerera abangavu kuboneza urubyaro

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu nyamukuru zatumye Abadepite basubiza inyuma itegeko ryemerera abangavu kuboneza urubyaro

Impamvu nyamukuru zatumye Abadepite basubiza inyuma itegeko ryemerera abangavu kuboneza urubyaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.