Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Icyambu cya Mocimboa da Praia muri Mozambique cyabohojwe ku bufanye bw’Ingabo z’Iki Gihugu n’iz’u Rwanda, cyongeye gufungurwa, kiba kimwe mu bikorwa bikomeje kugerwaho mu musaruro w’ubutumwa bwa RDF mu Ntara ya Cabo Delgado.

Iki cyambu cya Mocimboa da Praia cyo mu Ntara ya Cabo Delgado, cyongeye gusubukura imirimo ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ugushyingo 2022, mu muhango wo kugifungura wayobowe na Guverineri w’iyi Ntara, VALIGE TAUABO.

Iki cyambu cy’ubucuruzi, cyabohowe nyuma y’imyaka irenga ibiri gifunze kubera gufatwa n’umutwe w’iterabwoba wa Ansar Al Sunnah wanagenzuraga ibikorwa byose byo kuri iki cyambu.

Ifungurwa ry’iki cyambu, ni kimwe mu bikorwa bizafasha ubucuruzi bwo muri uyu mujyi kuko gisanzwe kinyuzwaho ibicuruzwa byinshi hifashishijwe amato.

Guverineri wa Cabo Delgado, VALIGE TAUABO yaboneyeho kongera gushimira Ingabo z’u Rwanda zafatanyije n’iza Mozambique mu bikorwa bya gisirikare byo kwirukana ibyihebe, bigatuma muri uyu mujyi wa Mocimboa Da Praia hongera kuboneka amahoro n’ituze.

Ifungurwa ry’iki cyambu kandi, ribaye ikindi gikorwa kiyongera ku bindi byinshi bigaragaza umusaruro w’ubutumwa bw’ingabo z’u Rwanda bwo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado dore ko hari umubare munini w’abaturage bari barakuwe mu byabo n’ibikorwa by’ibyihebe, ubu babisubijwemo, bakaba batekanye mu ngo zabo.

Iki cyambu cyafunguwe nyuma y’imyaka irenga ibiri kidakora
Ni icyambu gifatiye runini ubucuruzi bwo muri uyu mujyi
Ingabo na Polisi by’u Rwanda byongeye gushimirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

Next Post

ICY’ISI: USA gutsinda Iran batajya imbizi byazamuye amarangamutima ya Biden

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
ICY’ISI: USA gutsinda Iran batajya imbizi byazamuye amarangamutima ya Biden

ICY’ISI: USA gutsinda Iran batajya imbizi byazamuye amarangamutima ya Biden

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.