Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Icyambu cya Mocimboa da Praia muri Mozambique cyabohojwe ku bufanye bw’Ingabo z’Iki Gihugu n’iz’u Rwanda, cyongeye gufungurwa, kiba kimwe mu bikorwa bikomeje kugerwaho mu musaruro w’ubutumwa bwa RDF mu Ntara ya Cabo Delgado.

Iki cyambu cya Mocimboa da Praia cyo mu Ntara ya Cabo Delgado, cyongeye gusubukura imirimo ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ugushyingo 2022, mu muhango wo kugifungura wayobowe na Guverineri w’iyi Ntara, VALIGE TAUABO.

Iki cyambu cy’ubucuruzi, cyabohowe nyuma y’imyaka irenga ibiri gifunze kubera gufatwa n’umutwe w’iterabwoba wa Ansar Al Sunnah wanagenzuraga ibikorwa byose byo kuri iki cyambu.

Ifungurwa ry’iki cyambu, ni kimwe mu bikorwa bizafasha ubucuruzi bwo muri uyu mujyi kuko gisanzwe kinyuzwaho ibicuruzwa byinshi hifashishijwe amato.

Guverineri wa Cabo Delgado, VALIGE TAUABO yaboneyeho kongera gushimira Ingabo z’u Rwanda zafatanyije n’iza Mozambique mu bikorwa bya gisirikare byo kwirukana ibyihebe, bigatuma muri uyu mujyi wa Mocimboa Da Praia hongera kuboneka amahoro n’ituze.

Ifungurwa ry’iki cyambu kandi, ribaye ikindi gikorwa kiyongera ku bindi byinshi bigaragaza umusaruro w’ubutumwa bw’ingabo z’u Rwanda bwo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado dore ko hari umubare munini w’abaturage bari barakuwe mu byabo n’ibikorwa by’ibyihebe, ubu babisubijwemo, bakaba batekanye mu ngo zabo.

Iki cyambu cyafunguwe nyuma y’imyaka irenga ibiri kidakora
Ni icyambu gifatiye runini ubucuruzi bwo muri uyu mujyi
Ingabo na Polisi by’u Rwanda byongeye gushimirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − four =

Previous Post

Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

Next Post

ICY’ISI: USA gutsinda Iran batajya imbizi byazamuye amarangamutima ya Biden

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
ICY’ISI: USA gutsinda Iran batajya imbizi byazamuye amarangamutima ya Biden

ICY’ISI: USA gutsinda Iran batajya imbizi byazamuye amarangamutima ya Biden

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.