Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Icyambu cya Mocimboa da Praia muri Mozambique cyabohojwe ku bufanye bw’Ingabo z’Iki Gihugu n’iz’u Rwanda, cyongeye gufungurwa, kiba kimwe mu bikorwa bikomeje kugerwaho mu musaruro w’ubutumwa bwa RDF mu Ntara ya Cabo Delgado.

Iki cyambu cya Mocimboa da Praia cyo mu Ntara ya Cabo Delgado, cyongeye gusubukura imirimo ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ugushyingo 2022, mu muhango wo kugifungura wayobowe na Guverineri w’iyi Ntara, VALIGE TAUABO.

Iki cyambu cy’ubucuruzi, cyabohowe nyuma y’imyaka irenga ibiri gifunze kubera gufatwa n’umutwe w’iterabwoba wa Ansar Al Sunnah wanagenzuraga ibikorwa byose byo kuri iki cyambu.

Ifungurwa ry’iki cyambu, ni kimwe mu bikorwa bizafasha ubucuruzi bwo muri uyu mujyi kuko gisanzwe kinyuzwaho ibicuruzwa byinshi hifashishijwe amato.

Guverineri wa Cabo Delgado, VALIGE TAUABO yaboneyeho kongera gushimira Ingabo z’u Rwanda zafatanyije n’iza Mozambique mu bikorwa bya gisirikare byo kwirukana ibyihebe, bigatuma muri uyu mujyi wa Mocimboa Da Praia hongera kuboneka amahoro n’ituze.

Ifungurwa ry’iki cyambu kandi, ribaye ikindi gikorwa kiyongera ku bindi byinshi bigaragaza umusaruro w’ubutumwa bw’ingabo z’u Rwanda bwo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado dore ko hari umubare munini w’abaturage bari barakuwe mu byabo n’ibikorwa by’ibyihebe, ubu babisubijwemo, bakaba batekanye mu ngo zabo.

Iki cyambu cyafunguwe nyuma y’imyaka irenga ibiri kidakora
Ni icyambu gifatiye runini ubucuruzi bwo muri uyu mujyi
Ingabo na Polisi by’u Rwanda byongeye gushimirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

Next Post

ICY’ISI: USA gutsinda Iran batajya imbizi byazamuye amarangamutima ya Biden

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
ICY’ISI: USA gutsinda Iran batajya imbizi byazamuye amarangamutima ya Biden

ICY’ISI: USA gutsinda Iran batajya imbizi byazamuye amarangamutima ya Biden

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.