Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

MTN ifitiye inkuru nziza Abanyarwanda bifuza gutunga Smartphone zigezweho za Interineti inyaruka

radiotv10by radiotv10
25/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
2
MTN ifitiye inkuru nziza Abanyarwanda bifuza gutunga Smartphone zigezweho za Interineti inyaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho n’ikoranabuhanga, MTN Rwanda ikomeje gushyira igorora Abanyarwanda bifuza gutunga telefone zigezweho kandi ku giciro gihendutse, aho ubu ku bufatanye na ITEL Rwanda bazanye telefone ya ITEL A60 mu rwego rwo gutuma serivisi interineti inyaruka ya 4G, igera kuri bose.

Ni muri gahunda yamuritswe ku mugaragaro mu cyumweru twaraye dusoje ku ya 24 Werurwe 2023, aho ibi byose bigamije gukomeza kugeza kuri benshi ibikoresho bya interineti ya 4G, bityo Abanyarwanda bakarushaho gukomeza gukoresha ikoranabuhanga rigezweho.

Iyi telefone ya ITEL A60 izajya igurishirizwa ku maduka yose ya MTN Rwanda ndetse n’amaduka ya ITEL Rwanda ku giciro gito, kuko izajya igura ibihumbi 75 Frw gusa.

Gutangiza iyi gahunda ya telefone ikoresha 4G bishimangira intego ya MTN Rwanda yo gukomeza gutuma Abanyarwanda barushaho kwinjira mu Isi y’ikoranabuhanga rigezweho kandi ryorohereza benshi imibereho kandi ku giciro gihendutse.

Iyi telefone ya ITEL A60 kandi ifite ububiko bwa Gigabytes 32 ndetse na internal memory ya Gigabytes 2, ikaba ifite na screen yagutse ya inches 6.6 kandi igaragaza amashusho yo ku rwego rwo hejuru ya HD +.

Izwiho kandi kubika umuriro igihe kinini ikaba inafata amashusho acyeye kuko ifite camera igezweho. Ku bw’aya masezerano kandi bizatuma abazagura iyi telefone bazajya bahabwa interineti ya 1G buri kwezi mu gihe cy’amezi atandatu.

Desire Ruhinguka, Umuyobozi mukuru w’agateganyo ushinzwe abaguzi muri MTN Rwanda, ubwo yatangizaga iyi gahunda mu gikorwa cyabereye kuri City Plaza mu Karere ka Nyarugenge, yatangaje ko, MTN Rwanda yishimiye gufatanya na ITEL Rwanda muri iyi gahunda.

Yagize ati “Intego yacu ni ukuba ikiraro cyo kugeza abantu ku ikoranabuhanga rigezweho no gutuma interineti yihuta igera kuri bose, nta muntu usigaye inyuma.”

Yakomeje agira ati “Iyi telefone ntabwo ari igikoresho gusa, inafasha abantu n’abaturage gukomeza gutumanaho, kwiga, no gukora ubucuruzi mu buryo butashobokaga mbere. Twishimiye guha abakiliya bacu amahirwe yo kwinjira mu mpinduramatwara no gufungura ubushobozi bwabo.”

Abakiliya kandi baributswa ko gahunda ya Macye Macye ikomeje kuko izi telefone bashobora no kuzajya bazifata bakishyura mu byiciro, aho bazajya bishyura 335 Frw ku munsi.

No kwishyura Macye Macye birashoboka
Ubwo hatangizwa ubu bufatanye bwa MTN na Itel Rwanda

RADIOTV10

Comments 2

  1. Vava says:
    3 years ago

    Nibyiza ark 4ne xa Itel rwose ntacyigenda pe iyabari techno vg sumsung narikubyuka nza kubabera umu client

    Reply
  2. Christine says:
    3 years ago

    Mubyukuri mujye muvugisha ukuri,ngo mutanga 1GB buri kwezi,ntimukabeshye ntabyo mukora,ibyo mwizeza abaclient ntabyo mubaha.Nge nabaye umukriya wanyu ariko ntakintu mbona mubyo mwanyijeje

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 17 =

Previous Post

Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

Next Post

Harry Kane yaciye agahigo, Saka yerekana ko atari mwiza muri Arsenal gusa

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze
FOOTBALL

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harry Kane yaciye agahigo, Saka yerekana ko atari mwiza muri Arsenal gusa

Harry Kane yaciye agahigo, Saka yerekana ko atari mwiza muri Arsenal gusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.