Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

MTN ifitiye inkuru nziza Abanyarwanda bifuza gutunga Smartphone zigezweho za Interineti inyaruka

radiotv10by radiotv10
25/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
2
MTN ifitiye inkuru nziza Abanyarwanda bifuza gutunga Smartphone zigezweho za Interineti inyaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho n’ikoranabuhanga, MTN Rwanda ikomeje gushyira igorora Abanyarwanda bifuza gutunga telefone zigezweho kandi ku giciro gihendutse, aho ubu ku bufatanye na ITEL Rwanda bazanye telefone ya ITEL A60 mu rwego rwo gutuma serivisi interineti inyaruka ya 4G, igera kuri bose.

Ni muri gahunda yamuritswe ku mugaragaro mu cyumweru twaraye dusoje ku ya 24 Werurwe 2023, aho ibi byose bigamije gukomeza kugeza kuri benshi ibikoresho bya interineti ya 4G, bityo Abanyarwanda bakarushaho gukomeza gukoresha ikoranabuhanga rigezweho.

Iyi telefone ya ITEL A60 izajya igurishirizwa ku maduka yose ya MTN Rwanda ndetse n’amaduka ya ITEL Rwanda ku giciro gito, kuko izajya igura ibihumbi 75 Frw gusa.

Gutangiza iyi gahunda ya telefone ikoresha 4G bishimangira intego ya MTN Rwanda yo gukomeza gutuma Abanyarwanda barushaho kwinjira mu Isi y’ikoranabuhanga rigezweho kandi ryorohereza benshi imibereho kandi ku giciro gihendutse.

Iyi telefone ya ITEL A60 kandi ifite ububiko bwa Gigabytes 32 ndetse na internal memory ya Gigabytes 2, ikaba ifite na screen yagutse ya inches 6.6 kandi igaragaza amashusho yo ku rwego rwo hejuru ya HD +.

Izwiho kandi kubika umuriro igihe kinini ikaba inafata amashusho acyeye kuko ifite camera igezweho. Ku bw’aya masezerano kandi bizatuma abazagura iyi telefone bazajya bahabwa interineti ya 1G buri kwezi mu gihe cy’amezi atandatu.

Desire Ruhinguka, Umuyobozi mukuru w’agateganyo ushinzwe abaguzi muri MTN Rwanda, ubwo yatangizaga iyi gahunda mu gikorwa cyabereye kuri City Plaza mu Karere ka Nyarugenge, yatangaje ko, MTN Rwanda yishimiye gufatanya na ITEL Rwanda muri iyi gahunda.

Yagize ati “Intego yacu ni ukuba ikiraro cyo kugeza abantu ku ikoranabuhanga rigezweho no gutuma interineti yihuta igera kuri bose, nta muntu usigaye inyuma.”

Yakomeje agira ati “Iyi telefone ntabwo ari igikoresho gusa, inafasha abantu n’abaturage gukomeza gutumanaho, kwiga, no gukora ubucuruzi mu buryo butashobokaga mbere. Twishimiye guha abakiliya bacu amahirwe yo kwinjira mu mpinduramatwara no gufungura ubushobozi bwabo.”

Abakiliya kandi baributswa ko gahunda ya Macye Macye ikomeje kuko izi telefone bashobora no kuzajya bazifata bakishyura mu byiciro, aho bazajya bishyura 335 Frw ku munsi.

No kwishyura Macye Macye birashoboka
Ubwo hatangizwa ubu bufatanye bwa MTN na Itel Rwanda

RADIOTV10

Comments 2

  1. Vava says:
    3 years ago

    Nibyiza ark 4ne xa Itel rwose ntacyigenda pe iyabari techno vg sumsung narikubyuka nza kubabera umu client

    Reply
  2. Christine says:
    3 years ago

    Mubyukuri mujye muvugisha ukuri,ngo mutanga 1GB buri kwezi,ntimukabeshye ntabyo mukora,ibyo mwizeza abaclient ntabyo mubaha.Nge nabaye umukriya wanyu ariko ntakintu mbona mubyo mwanyijeje

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

Next Post

Harry Kane yaciye agahigo, Saka yerekana ko atari mwiza muri Arsenal gusa

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400
AMAHANGA

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Harry Kane yaciye agahigo, Saka yerekana ko atari mwiza muri Arsenal gusa

Harry Kane yaciye agahigo, Saka yerekana ko atari mwiza muri Arsenal gusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.