Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti

radiotv10by radiotv10
24/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete ya mbere y’itumanaho mu Rwanda, MTN Rwanda yatangije interineti yihuta ya 4G kandi ihendutse, aho ibiciro byayo bizaba bingana n’ibya interineti isanzwe ya 3G.

Iyi sosiyete ivuga ko gutangiza iyi interineti biri mu murongo wo gufasha Abaturarwanda gukomeza kugera ku ikoranabuhanga rigezweho.

Gutangiza iri koranabuhanga rya 4G rya MTN Rwanda, bizatuma abantu barushaho gukoresha interineri yihuse no kwisanzura mu itumanaho, ndetse no korohereza abantu kugira interineti.

Ibi kandi bizatuma abantu babasha kubona serivisi z’ikoranabuhanga, kubona amakuru ashyirwa ku ikoranabuhanga ndetse no gukoresha imbuga nkoranyambaga mu buryo bworoshye, mu gihe abo muri bucuruzi na bo bazabasha kwihutisha imishinga yabo ndetse no gufungura imiryango y’amahirwe mashya mu nzego zinyuranye.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe, yashimiye Guverinoma y’u Rwanda ku bw’inkunga idahwema guha ibigo by’ishoramari, ishyiraho uburyo buborohereza imikorere.

Ati “Ibi biziye igihe mu gihe MTN iri kwizihiza imyaka 25 imaze ikorera mu Rwanda, tutabura gusubiza amaso inyuma ngo turebe urugendo twakoze mu guhanga udushya mu itumanaho rya telefone mu Rwanda mu myaka ya mbere 25 ishize, ubu ikaba izanye 4G nk’ikoranabuhanga rigezweho rizafasha Abanyarwanda.”

MTN Rwanda itangije iri koranabuhanga rya 4G, mu gihe uburyo bugezweho bw’ikoranabuhanga bwa LTE bumaze kugera kuri 80% ry’ihuzanzira ryayo, binatuma MTN Rwanda ihita iza ku isonga mu gutanga interineti ya 4G mu Rwanda.

Muri uku gutangiza ikoranabuhanga rya 4G kandi, iyi kompanyi ya MTN Rwanda izashora miliyari 26 Frw mu bikorwa remezo bigezweho by’ihuzanzira, kugira ngo abakiliya bayo barusheho kuryoherwa na serivisi.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Tekiniki muri MTN Rwanda, Eugene Gakwerere yavuze ko gutangiza 4G ku rwego rwagutse mu Gihugu hose, bizongera imbaraga z’ikoranabuhanga rya Interineti.

Ati “Turabizi ko amavugurura yakozwe mu bikorwa remezo azajyana no guhaza ibyifuzo by’abakiliya, kandi turizeza abakiliya bacu ko twakoze ibishoboka kugira ngo bazishimire serivisi zacu.”

Abakiliya ba MTN bazatangira gukoresha iyi interineti ya 4G bashobora kuzajya bakoresha poromosiyo ya 4G ku biciro bimwe n’ibyo bakoreshaga kuri 3G.

Abakiliya kandi barasabwa kuba bagana ibiro bya MTN bibegereye cyangwa iduka kugira ngo bakoreshe sim swap, bagahabwa Sim Card ya 4G kandi nta giciro cy’inyongera baciwe, kandi bagahabwa ubwasisi bwa interineti ya WhatsApp ku buntu mu gihe cy’icyumweru.

MTN Rwanda kandi yibutsa ko ku bantu badafite telefone zishobora gukoresha 4G, hari uburyo bwa ‘Macye Macye’ bwo kubona telefone zigezweho, bashobora kwishyura mu byiciro by’ubwoko bunyuranye, birimo kwishyura ku munsi, ku cyumweru cyangwa ku kwezi, bakanze *182*12#.

Abatanga serivisi za MTN Rwanda biteguye kwakira abifuza sim card za 4G

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 3 =

Previous Post

Haravugwa impamvu idasanzwe yatumye umusirikare wa FARDC yivugana abantu 13

Next Post

Umuhanzi nyarwanda wari umaze iminsi yitaba Urukiko yategetswe kujya yishyura indezo

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyarwanda wari umaze iminsi yitaba Urukiko yategetswe kujya yishyura indezo

Umuhanzi nyarwanda wari umaze iminsi yitaba Urukiko yategetswe kujya yishyura indezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.