Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti

radiotv10by radiotv10
24/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete ya mbere y’itumanaho mu Rwanda, MTN Rwanda yatangije interineti yihuta ya 4G kandi ihendutse, aho ibiciro byayo bizaba bingana n’ibya interineti isanzwe ya 3G.

Iyi sosiyete ivuga ko gutangiza iyi interineti biri mu murongo wo gufasha Abaturarwanda gukomeza kugera ku ikoranabuhanga rigezweho.

Gutangiza iri koranabuhanga rya 4G rya MTN Rwanda, bizatuma abantu barushaho gukoresha interineri yihuse no kwisanzura mu itumanaho, ndetse no korohereza abantu kugira interineti.

Ibi kandi bizatuma abantu babasha kubona serivisi z’ikoranabuhanga, kubona amakuru ashyirwa ku ikoranabuhanga ndetse no gukoresha imbuga nkoranyambaga mu buryo bworoshye, mu gihe abo muri bucuruzi na bo bazabasha kwihutisha imishinga yabo ndetse no gufungura imiryango y’amahirwe mashya mu nzego zinyuranye.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe, yashimiye Guverinoma y’u Rwanda ku bw’inkunga idahwema guha ibigo by’ishoramari, ishyiraho uburyo buborohereza imikorere.

Ati “Ibi biziye igihe mu gihe MTN iri kwizihiza imyaka 25 imaze ikorera mu Rwanda, tutabura gusubiza amaso inyuma ngo turebe urugendo twakoze mu guhanga udushya mu itumanaho rya telefone mu Rwanda mu myaka ya mbere 25 ishize, ubu ikaba izanye 4G nk’ikoranabuhanga rigezweho rizafasha Abanyarwanda.”

MTN Rwanda itangije iri koranabuhanga rya 4G, mu gihe uburyo bugezweho bw’ikoranabuhanga bwa LTE bumaze kugera kuri 80% ry’ihuzanzira ryayo, binatuma MTN Rwanda ihita iza ku isonga mu gutanga interineti ya 4G mu Rwanda.

Muri uku gutangiza ikoranabuhanga rya 4G kandi, iyi kompanyi ya MTN Rwanda izashora miliyari 26 Frw mu bikorwa remezo bigezweho by’ihuzanzira, kugira ngo abakiliya bayo barusheho kuryoherwa na serivisi.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Tekiniki muri MTN Rwanda, Eugene Gakwerere yavuze ko gutangiza 4G ku rwego rwagutse mu Gihugu hose, bizongera imbaraga z’ikoranabuhanga rya Interineti.

Ati “Turabizi ko amavugurura yakozwe mu bikorwa remezo azajyana no guhaza ibyifuzo by’abakiliya, kandi turizeza abakiliya bacu ko twakoze ibishoboka kugira ngo bazishimire serivisi zacu.”

Abakiliya ba MTN bazatangira gukoresha iyi interineti ya 4G bashobora kuzajya bakoresha poromosiyo ya 4G ku biciro bimwe n’ibyo bakoreshaga kuri 3G.

Abakiliya kandi barasabwa kuba bagana ibiro bya MTN bibegereye cyangwa iduka kugira ngo bakoreshe sim swap, bagahabwa Sim Card ya 4G kandi nta giciro cy’inyongera baciwe, kandi bagahabwa ubwasisi bwa interineti ya WhatsApp ku buntu mu gihe cy’icyumweru.

MTN Rwanda kandi yibutsa ko ku bantu badafite telefone zishobora gukoresha 4G, hari uburyo bwa ‘Macye Macye’ bwo kubona telefone zigezweho, bashobora kwishyura mu byiciro by’ubwoko bunyuranye, birimo kwishyura ku munsi, ku cyumweru cyangwa ku kwezi, bakanze *182*12#.

Abatanga serivisi za MTN Rwanda biteguye kwakira abifuza sim card za 4G

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + ten =

Previous Post

Haravugwa impamvu idasanzwe yatumye umusirikare wa FARDC yivugana abantu 13

Next Post

Umuhanzi nyarwanda wari umaze iminsi yitaba Urukiko yategetswe kujya yishyura indezo

Related Posts

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?
MU RWANDA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyarwanda wari umaze iminsi yitaba Urukiko yategetswe kujya yishyura indezo

Umuhanzi nyarwanda wari umaze iminsi yitaba Urukiko yategetswe kujya yishyura indezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.