Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti

radiotv10by radiotv10
24/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete ya mbere y’itumanaho mu Rwanda, MTN Rwanda yatangije interineti yihuta ya 4G kandi ihendutse, aho ibiciro byayo bizaba bingana n’ibya interineti isanzwe ya 3G.

Iyi sosiyete ivuga ko gutangiza iyi interineti biri mu murongo wo gufasha Abaturarwanda gukomeza kugera ku ikoranabuhanga rigezweho.

Gutangiza iri koranabuhanga rya 4G rya MTN Rwanda, bizatuma abantu barushaho gukoresha interineri yihuse no kwisanzura mu itumanaho, ndetse no korohereza abantu kugira interineti.

Ibi kandi bizatuma abantu babasha kubona serivisi z’ikoranabuhanga, kubona amakuru ashyirwa ku ikoranabuhanga ndetse no gukoresha imbuga nkoranyambaga mu buryo bworoshye, mu gihe abo muri bucuruzi na bo bazabasha kwihutisha imishinga yabo ndetse no gufungura imiryango y’amahirwe mashya mu nzego zinyuranye.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe, yashimiye Guverinoma y’u Rwanda ku bw’inkunga idahwema guha ibigo by’ishoramari, ishyiraho uburyo buborohereza imikorere.

Ati “Ibi biziye igihe mu gihe MTN iri kwizihiza imyaka 25 imaze ikorera mu Rwanda, tutabura gusubiza amaso inyuma ngo turebe urugendo twakoze mu guhanga udushya mu itumanaho rya telefone mu Rwanda mu myaka ya mbere 25 ishize, ubu ikaba izanye 4G nk’ikoranabuhanga rigezweho rizafasha Abanyarwanda.”

MTN Rwanda itangije iri koranabuhanga rya 4G, mu gihe uburyo bugezweho bw’ikoranabuhanga bwa LTE bumaze kugera kuri 80% ry’ihuzanzira ryayo, binatuma MTN Rwanda ihita iza ku isonga mu gutanga interineti ya 4G mu Rwanda.

Muri uku gutangiza ikoranabuhanga rya 4G kandi, iyi kompanyi ya MTN Rwanda izashora miliyari 26 Frw mu bikorwa remezo bigezweho by’ihuzanzira, kugira ngo abakiliya bayo barusheho kuryoherwa na serivisi.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Tekiniki muri MTN Rwanda, Eugene Gakwerere yavuze ko gutangiza 4G ku rwego rwagutse mu Gihugu hose, bizongera imbaraga z’ikoranabuhanga rya Interineti.

Ati “Turabizi ko amavugurura yakozwe mu bikorwa remezo azajyana no guhaza ibyifuzo by’abakiliya, kandi turizeza abakiliya bacu ko twakoze ibishoboka kugira ngo bazishimire serivisi zacu.”

Abakiliya ba MTN bazatangira gukoresha iyi interineti ya 4G bashobora kuzajya bakoresha poromosiyo ya 4G ku biciro bimwe n’ibyo bakoreshaga kuri 3G.

Abakiliya kandi barasabwa kuba bagana ibiro bya MTN bibegereye cyangwa iduka kugira ngo bakoreshe sim swap, bagahabwa Sim Card ya 4G kandi nta giciro cy’inyongera baciwe, kandi bagahabwa ubwasisi bwa interineti ya WhatsApp ku buntu mu gihe cy’icyumweru.

MTN Rwanda kandi yibutsa ko ku bantu badafite telefone zishobora gukoresha 4G, hari uburyo bwa ‘Macye Macye’ bwo kubona telefone zigezweho, bashobora kwishyura mu byiciro by’ubwoko bunyuranye, birimo kwishyura ku munsi, ku cyumweru cyangwa ku kwezi, bakanze *182*12#.

Abatanga serivisi za MTN Rwanda biteguye kwakira abifuza sim card za 4G

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 16 =

Previous Post

Haravugwa impamvu idasanzwe yatumye umusirikare wa FARDC yivugana abantu 13

Next Post

Umuhanzi nyarwanda wari umaze iminsi yitaba Urukiko yategetswe kujya yishyura indezo

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyarwanda wari umaze iminsi yitaba Urukiko yategetswe kujya yishyura indezo

Umuhanzi nyarwanda wari umaze iminsi yitaba Urukiko yategetswe kujya yishyura indezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.