Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN Rwanda yagaragaje ibyo yishimira mu mezi 6 inahishura ibyayifashije kubigeraho

radiotv10by radiotv10
07/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN Rwanda yagaragaje ibyo yishimira mu mezi 6 inahishura ibyayifashije kubigeraho
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, yagaragaje ko mu gihe cy’amezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, inyungu yayo yazamutseho 15,7% bitewe n’izamuka ry’abafatabuguzi bayo biyongereho 6%, bagera kuri miliyoni 7.

Bikubiye mu byagaragajwe na MTN Rwanda, byerekana ishusho y’imikorere yayo mu gihe cy’amezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, yarangiye tariki 30 Kamena 2023.

Igaragaza ko umusaruro wavuye mu ikoreshwa rya interineti wazamutseho 22,5% bitewe n’izamuka ry’umubare w’abakoresha interineti wiyongereyeho 5,1%, hakaba harabayeho kandi n’izamuka ry’ingano ya Interineti ikoreshwa n’umuntu ku giti cye, aho yazamutseho 12,9%; byanazibye icyuho cy’igabanuka ry’amafaranga yinjijwe no guhamagarana, yagabanutseho 0,9%.

MTN kandi igaragaza ko habayeho izamuka ry’abakoresha telefone zigezweho za Smartphone aho ryageze kuri 24,5% byagizwemo uruhare na gahunda ya Macye Macye.

Nanone kandi ingo zikoresha ikoranabuhanga rya Interineti, ziyongereyeho izirenga 7 000, zituma habaho izamuka rya 58,2 %.

Umuyobozi ushinzwe Imari muri MTN Rwanda, Mark Nkurunziza, yavuze ko bishimiye inyungu babonye muri aya mezi atandatu ya mbere y’umwaka.

Yagize ati “Urwunguko rwacu havuyemo ibindi byose n’imisoro [EBITDA] rugaragaza intambwe ishimishije ya 4,8% muri kimwe cya kabiri cya 2023, ituganisha ku nyungu twifuza ya 45,1%.”

Yavuze ko nubwo hariho imbogamizi ziri mu bigo bikomeye nka MTN Rwanda, bitabujije iki kigo gutangiza ikoranabuhanga rya interineti yihuta ya 4G ndetse no gushyira mu bikorwa indi mishinga yagutse y’iyi sosiyete.

Nanone kandi ikigo gishingiye kuri MTN Rwanda cya Mobile Money Rwanda Ltd, gikomeje gukura no kugera kuri byinshi, aho inyungu yacyo yazamutse kuri 35,7% biturutse kuri serivisi zacyo nka Payments zazamutseho 38,8%; iya  Banktech yazamutseho 206,8% ndetse na Remittances yazamutseho 197.7%, zose zikaba zaratumye inyungu ya Mobile Money izamuka kuri 22.9%.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe, avuga ko intego y’iyi sosiyete ari ugukomeza kugira uruhare mu gutanga umusanzu mu muryango mugari.

Yavuze ko ibi byatumye ishyiraho imishinga nk’uwa Twese, ugamije gufasha abakozi bayo kwiga ururimi rw’amarenga kugira ngo Abanyarwanda bose bisange muri serivisi z’iyi kompanyi.

Nanone kandi muri Kamena uyu mwaka wa 2023, MTN Rwanda yatangiye umushinga wiswe “21 Days of Yello Care” ugamije guteza imbere ba rwiyemezamirimo bato, mu kubaha ubumenyi ndetse n’ubushobozi bw’amafaranga, kugira ngo bazavemo ba rwiyemezamirimo bakomeye.

Bodibe avuga ko ibyagezweho muri iki kimwe cya kabiri cy’umwaka, ari umusaruro w’ibikorwa bigamije gushaka ibisubizo mu by’ikoranabuhanga mu Rwanda.

Ati “Ibikorwa byacu biracyakomeje gushinga imizi ku ntego za 2025 zizatuganisha gukomeza kuba ikigo cy’itumanaho kiyoboye ibindi mu Rwanda. Gutangiza Network ya 4G bizatuma duha serivisi nziza abakiliya, no gukomeza gufasha abantu kubona serivisi zigezweho na interineti.”

Mu kindi gice cy’uyu mwaka, MTN Rwanda izakomeza gushora imari mu bikorwa byo kwagura imiyoboro yayo, kandi ikabasha kugera kuri 99,99% by’Abaturarwanda mu mpera z’uyu mwaka wa 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − two =

Previous Post

Mu muhango unogeye ijisho Perezida Kagame yahaye ikaze umushyitsi uri mu Rwanda (AMAFOTO)

Next Post

Havumbuwe ibyumvikanamo inkuru nziza ku Banyafurika byerecyeye indwara ihitana benshi kurusha izindi

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Havumbuwe ibyumvikanamo inkuru nziza ku Banyafurika byerecyeye indwara ihitana benshi kurusha izindi

Havumbuwe ibyumvikanamo inkuru nziza ku Banyafurika byerecyeye indwara ihitana benshi kurusha izindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.