Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN Rwanda yagaragaje ibyo yishimira mu mezi 6 inahishura ibyayifashije kubigeraho

radiotv10by radiotv10
07/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN Rwanda yagaragaje ibyo yishimira mu mezi 6 inahishura ibyayifashije kubigeraho
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, yagaragaje ko mu gihe cy’amezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, inyungu yayo yazamutseho 15,7% bitewe n’izamuka ry’abafatabuguzi bayo biyongereho 6%, bagera kuri miliyoni 7.

Bikubiye mu byagaragajwe na MTN Rwanda, byerekana ishusho y’imikorere yayo mu gihe cy’amezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, yarangiye tariki 30 Kamena 2023.

Igaragaza ko umusaruro wavuye mu ikoreshwa rya interineti wazamutseho 22,5% bitewe n’izamuka ry’umubare w’abakoresha interineti wiyongereyeho 5,1%, hakaba harabayeho kandi n’izamuka ry’ingano ya Interineti ikoreshwa n’umuntu ku giti cye, aho yazamutseho 12,9%; byanazibye icyuho cy’igabanuka ry’amafaranga yinjijwe no guhamagarana, yagabanutseho 0,9%.

MTN kandi igaragaza ko habayeho izamuka ry’abakoresha telefone zigezweho za Smartphone aho ryageze kuri 24,5% byagizwemo uruhare na gahunda ya Macye Macye.

Nanone kandi ingo zikoresha ikoranabuhanga rya Interineti, ziyongereyeho izirenga 7 000, zituma habaho izamuka rya 58,2 %.

Umuyobozi ushinzwe Imari muri MTN Rwanda, Mark Nkurunziza, yavuze ko bishimiye inyungu babonye muri aya mezi atandatu ya mbere y’umwaka.

Yagize ati “Urwunguko rwacu havuyemo ibindi byose n’imisoro [EBITDA] rugaragaza intambwe ishimishije ya 4,8% muri kimwe cya kabiri cya 2023, ituganisha ku nyungu twifuza ya 45,1%.”

Yavuze ko nubwo hariho imbogamizi ziri mu bigo bikomeye nka MTN Rwanda, bitabujije iki kigo gutangiza ikoranabuhanga rya interineti yihuta ya 4G ndetse no gushyira mu bikorwa indi mishinga yagutse y’iyi sosiyete.

Nanone kandi ikigo gishingiye kuri MTN Rwanda cya Mobile Money Rwanda Ltd, gikomeje gukura no kugera kuri byinshi, aho inyungu yacyo yazamutse kuri 35,7% biturutse kuri serivisi zacyo nka Payments zazamutseho 38,8%; iya  Banktech yazamutseho 206,8% ndetse na Remittances yazamutseho 197.7%, zose zikaba zaratumye inyungu ya Mobile Money izamuka kuri 22.9%.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe, avuga ko intego y’iyi sosiyete ari ugukomeza kugira uruhare mu gutanga umusanzu mu muryango mugari.

Yavuze ko ibi byatumye ishyiraho imishinga nk’uwa Twese, ugamije gufasha abakozi bayo kwiga ururimi rw’amarenga kugira ngo Abanyarwanda bose bisange muri serivisi z’iyi kompanyi.

Nanone kandi muri Kamena uyu mwaka wa 2023, MTN Rwanda yatangiye umushinga wiswe “21 Days of Yello Care” ugamije guteza imbere ba rwiyemezamirimo bato, mu kubaha ubumenyi ndetse n’ubushobozi bw’amafaranga, kugira ngo bazavemo ba rwiyemezamirimo bakomeye.

Bodibe avuga ko ibyagezweho muri iki kimwe cya kabiri cy’umwaka, ari umusaruro w’ibikorwa bigamije gushaka ibisubizo mu by’ikoranabuhanga mu Rwanda.

Ati “Ibikorwa byacu biracyakomeje gushinga imizi ku ntego za 2025 zizatuganisha gukomeza kuba ikigo cy’itumanaho kiyoboye ibindi mu Rwanda. Gutangiza Network ya 4G bizatuma duha serivisi nziza abakiliya, no gukomeza gufasha abantu kubona serivisi zigezweho na interineti.”

Mu kindi gice cy’uyu mwaka, MTN Rwanda izakomeza gushora imari mu bikorwa byo kwagura imiyoboro yayo, kandi ikabasha kugera kuri 99,99% by’Abaturarwanda mu mpera z’uyu mwaka wa 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 17 =

Previous Post

Mu muhango unogeye ijisho Perezida Kagame yahaye ikaze umushyitsi uri mu Rwanda (AMAFOTO)

Next Post

Havumbuwe ibyumvikanamo inkuru nziza ku Banyafurika byerecyeye indwara ihitana benshi kurusha izindi

Related Posts

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana
IBYAMAMARE

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

30/06/2025
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

28/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Havumbuwe ibyumvikanamo inkuru nziza ku Banyafurika byerecyeye indwara ihitana benshi kurusha izindi

Havumbuwe ibyumvikanamo inkuru nziza ku Banyafurika byerecyeye indwara ihitana benshi kurusha izindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.