Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Mu birori binogeye ijisho Perezida Kagame na Madamu bitabiriye umusangiro w’Abanyacubahiro mu Bufaransa

radiotv10by radiotv10
05/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Mu birori binogeye ijisho Perezida Kagame na Madamu bitabiriye umusangiro w’Abanyacubahiro mu Bufaransa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari mu Bufaransa, bitabiriye igikorwa cyo kwakira ku meza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma cyayobowe na Perezida Emmanuel Macron ma Madamu we Brigitte Macron.

Ni umusangiro wabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Ukwakira 2024, wabereye mu rugo rw’Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa ‘Élysée Palace’.

Nk’uko byatangajwe na Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda mu ijoro ryacyeye, yavuze ko “muri uyu mugoroba muri Élysée Palace, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igikorwa cyo kwakirwa ku meza na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron na Madamu Brigitte Macron mu rwego rwo guha icyubahiro Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, kimwe n’abandi banyacyubahiro bitabiriye Ihuriro rya 19 rya Francophonie.”

Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye ibi birori by’umusangiro, babanzaga kunyura kuri tapi itukura, mu birori binogeye ijisho, byumwihariko Umukuru w’u Rwanda na Madamu Jeannette Kagame bagaragarijwe urugwiro rwinshi ubwo bitabiraga iki gikorwa.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bitabiriye ibi birori nyuma y’amasaha macye banitabiriye itangizwa ry’iyi Nama ya 19 yafunguwe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Ukwakira 2024.

Mu gutangiza iyi nama, Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Umunyarwandakazi Madamu Louise Mushikiwabo, yagaragaje ko Francophonie atari Umuryango w’Abanyafurika nk’uko bivugwa na bamwe, ahubwo ko ari Umuryango w’abatuye Isi.

Mushikiwabo kandi yavuze ko ururimi rw’Igifaransa rutari mu ipiganwa n’urw’icyongereza nk’uko byakunze kuvugwa, ahubwo ko zombi ari indimi zuzuzanya kandi ko n’ikimenyimenyi Umunyamabanga Mukuru w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), Patricia Scotland na we ari mu bitabiriye iyi nama.

Bishimiwe cyane

Ni ibirori byabereye muri Élysée Palace
Byari binogeye ijisho mu cyubahiro cy’Abakuru b’Ibihugu
Mbere y’iki gikorwa bari bitabiriye itangizwa ry’inama ya Francophonie

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 1 =

Previous Post

Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

Next Post

Hagaragajwe icyuho gikabije cy’umusaruro w’Ibigo by’Ubwishingizi mu Rwanda

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

IZIHERUKA

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks
AMAHANGA

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe icyuho gikabije cy’umusaruro w’Ibigo by’Ubwishingizi mu Rwanda

Hagaragajwe icyuho gikabije cy’umusaruro w’Ibigo by’Ubwishingizi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.