Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Mu birori binogeye ijisho Perezida Kagame na Madamu bitabiriye umusangiro w’Abanyacubahiro mu Bufaransa

radiotv10by radiotv10
05/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Mu birori binogeye ijisho Perezida Kagame na Madamu bitabiriye umusangiro w’Abanyacubahiro mu Bufaransa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari mu Bufaransa, bitabiriye igikorwa cyo kwakira ku meza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma cyayobowe na Perezida Emmanuel Macron ma Madamu we Brigitte Macron.

Ni umusangiro wabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Ukwakira 2024, wabereye mu rugo rw’Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa ‘Élysée Palace’.

Nk’uko byatangajwe na Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda mu ijoro ryacyeye, yavuze ko “muri uyu mugoroba muri Élysée Palace, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igikorwa cyo kwakirwa ku meza na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron na Madamu Brigitte Macron mu rwego rwo guha icyubahiro Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, kimwe n’abandi banyacyubahiro bitabiriye Ihuriro rya 19 rya Francophonie.”

Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye ibi birori by’umusangiro, babanzaga kunyura kuri tapi itukura, mu birori binogeye ijisho, byumwihariko Umukuru w’u Rwanda na Madamu Jeannette Kagame bagaragarijwe urugwiro rwinshi ubwo bitabiraga iki gikorwa.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bitabiriye ibi birori nyuma y’amasaha macye banitabiriye itangizwa ry’iyi Nama ya 19 yafunguwe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Ukwakira 2024.

Mu gutangiza iyi nama, Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Umunyarwandakazi Madamu Louise Mushikiwabo, yagaragaje ko Francophonie atari Umuryango w’Abanyafurika nk’uko bivugwa na bamwe, ahubwo ko ari Umuryango w’abatuye Isi.

Mushikiwabo kandi yavuze ko ururimi rw’Igifaransa rutari mu ipiganwa n’urw’icyongereza nk’uko byakunze kuvugwa, ahubwo ko zombi ari indimi zuzuzanya kandi ko n’ikimenyimenyi Umunyamabanga Mukuru w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), Patricia Scotland na we ari mu bitabiriye iyi nama.

Bishimiwe cyane

Ni ibirori byabereye muri Élysée Palace
Byari binogeye ijisho mu cyubahiro cy’Abakuru b’Ibihugu
Mbere y’iki gikorwa bari bitabiriye itangizwa ry’inama ya Francophonie

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 15 =

Previous Post

Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

Next Post

Hagaragajwe icyuho gikabije cy’umusaruro w’Ibigo by’Ubwishingizi mu Rwanda

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe icyuho gikabije cy’umusaruro w’Ibigo by’Ubwishingizi mu Rwanda

Hagaragajwe icyuho gikabije cy’umusaruro w’Ibigo by’Ubwishingizi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.