• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

radiotv10by radiotv10
15/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza
Share on FacebookShare on Twitter

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Abanyekongo ubutumwa, abamenyesha ko adashobora kwicara ngo arebere Igihugu cyabo kirindimurwa n’ubutegetsi bwamusimbuye, bityo ko agomba gukoresha ubunarabibunye bwe akagisubizo ku murongo, kandi ko yiteguye kongera kukiyobora.

Bikubiye mu butumwa yatanze kuri iki Cyumweru tariki 14 Nzeri 2025, bwari butegerejwe n’Abanyekongo benshi, ngo bumve ikiri ku mutima w’uyu munyapolitiki wabayoboreye Igihugu.

Joseph Kabila yatangaje ko yarekuye ubutegetsi mu mahoro mu buryo bwubahirije Itegeko Nshinga, ariko ko hari benshi batekerezaga ko urugendo rwe rwa Politiki aruhagarikiye aho. Ati “Ariko uyu munsi ndagira ngo mbabwire nti ‘byari akaruhuko’.”

Akomeza avuga ko yakomeje kureba ibibazo byatangiye kuvuka akiva ku butegetsi, birimo “amasezerano atarashyizwe mu bikorwa, ivangura, akarengane kakomeje kwiyongera. Abansimbuye nta mahoro cyangwa iterambere bigeze bazana.”

Akomeza agira ati “Sinshobora gukomeza kurebera. Ni yo mpamvu ntangaje ku mugaragaro ko: Niteguye gusubukukura inshingano zikomeye z’Igihugu [kuba yakongera akaba Umukuru w’Igihugu]. Atari ukubera njye ahubwo ari ukugira ngo nsubizeho ubutegetsi buhamye, kugira ngo ndinde buri Munyekongo, no kugira ngo ubukungu bwacu bugirire akamaro abana bacu.”

Kabila yavuze ko bamwe bashobora kumunenga ko ashaka kwisubiza ubutegetsi, “ariko nabasubiza nti: ngarutse kuko Congo iri mu kangaratete, no kubera ko Congo nyifitiye ubunararibonye ndetse n’imbaraga zo kuba nayigoboka.”

Yaboneyeho gusaba Abanyekongo bose gushyira hamwe, kugira ngo basubize Igihugu cyabo mu maboko meza. Ati “Simfite ubwoba bwo kunengwa, nta nubwo mfite impungenge zo guterwa ubwoba. Icyo nshyize imbere ni uko Congo yongera guhaguruka. Ndaje. Kandi nzagaruka kugeza igihe Abaturage babonye agaciro kabakwiye.”

Joseph Kabila yasubiye muri Congo mu mpera za Gicurasi uyu mwaka, ubwo yahitaga yerecyeza i Goma mu bice bigenzurwa na AFC/M23. Kuva yagera muri Congo yagiye yakira abo mu matsinda atandukanye, kugira ngo yumve ibitekerezo byabo bityo azabone aho ahera ashyira mu bikorwa intego ye yo gusubiza iki Gihugu ku murongo nk’uko yakunze kubivuga.

Ni mu gihe ubutegetsi bw’iki Gihugu bwo butamworoheye, dore ko bumaze igihe bumuburanisha ku byaha bikomeye, birimo ibyo kugambanira Igihugu, aho ashinjwa gufatanya na AFC/M23, ndetse Ubushinjacyaha bukaba bwaramusabiye igihano cy’urupfu, akaba yaragombaga gusomerwa mu cyumweru gishize, ariko bikaza gusubikwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Next Post

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.