• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Saturday, July 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton ari mu gahinda kenshi ko gupfusha imbwa ye yari ifite imyaka 12, aho yavuze ko yapfushije inshuti ye magara, ayisezeranya ko atazibagirwa ubuzima bwiza babanagamo.

Uyu mukinnyi ufite izina rikomeye muri Formula 1, yatangaje iyi nkuru y’akababaro kuri uyu wa Mbere, aho yagize ati “Naraye mpfushije inshuti yanjye magara mu ijoro ryacyeye.”

Lewis Hamilton yari yoroye iyi mbwa ye yitwa Roscoe kuva mu mwaka wa 2023, aho yashimiye inshuti ze zamufashe mu mugongo ku rupfu rw’iri tungo rye.

Yavuze ko iyi nshuti ye magara Roscoe, yasanze mugenzi wayo Coco, indi mbwa ye yapfuye muri Kamena mu mwaka wa 2020.

Uyu musitari w’imyaka 40 y’amavuko, yari yatangaje iby’uburwayi bw’iyi mbwa ye mu cyumweru gishize, avuga ko yagize ikibazo cy’umusonga watumaga igira ibibazo mu guhumeka.

Icyo gihe Hamilton yari yavuze ko Roscoe yagiye muri Coma, ariko akavuga ko yizeye ko itsinda ry’abaganga bariho bayitaho bazashobora kuyikangura, ariko birangira ishizemo umwuka.

Yagize ati “Nyuma y’iminsi ine iri kwitabwaho, iri kurwana n’ubuzima, bibaye ngombwa ko mfata icyemezo gikomeye mu buzima bwanjye, ndavuga nti urabeho Roscoe.”

Hamilton yakomeje avuga ko iyi mbwa ye mu burwayi bwayo “ntiyahwemye kurwana n’ubuzima, kugeza aho ashiriyemo umwuka [avuga imbwa ye], nishimiye gusangira ubuzima n’ikiremwa ntagereranywa, umumalayika akaba n’inshuti nyanshuti.”

Yakomeje avuga ibigwi iyi mbwa ye yapfuye, aho yagize ati “kuzana Roscoe mu buzima bwanjye ni cyo cyemezo cyiza nagize mu buzima bwanjye, nzahora iteka nzirikana ibihe byiza twagiranye.”

Hamilton yavuze ko apfushije inkoramutima ye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 20 =

Previous Post

Ibyamenyekanya ku by’abafana ba Rayon bafatiwe nzira n’inzego z’umutekano za Tanzania n’icyakurikiyeho

Next Post

AFC/M23 irashinja FARDC umugambi mubisha nyuma y’igikorwa cyahungabanyije imibereho y’abaturage

Related Posts

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

by radiotv10
03/07/2026
0

Abanyamakuru Hitimana Jean Claude uzwi nka Hit na Adelaide Ishimwe Muhayimpundu uzwi nka Ida, bazwi mu biganiro bya siporo, bagiye...

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

by radiotv10
02/07/2026
0

Umukinnyi wa filimi akaba n’umurwenya uzwi nka Mitsutsu, yashyize ku isoko umuyoboro we wa YouTube n’ikinyabiziga cye cya moto, kugira...

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

by radiotv10
02/07/2026
0

Couple y'Abarusiya Angela Nikolau w’imyaka 33 na Ivan Beerkus w’imyaka 32 buriye umunara w’inyubako ya Empire State izwi cyane mu...

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Dosiye iregwamo Umukaraza ukekwaho gusambanya ku gahato Shaddyboo yazamuwe mu Bushinjacyaha

by radiotv10
30/06/2026
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ushinjwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi Shadia uzwi nka...

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

Igitekerezo cy’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Uncle Austin cyazamuye impaka

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuhanzi wanamanyekanye mu mwuga w’itangazamakuru, Uncle Austin yanenze abategura ibitaramo byitabirwa ku buntu, mu gihe ababitangaho ibitekerezo bavuga ko mu...

Next Post
AFC/M23 irashinja FARDC umugambi mubisha nyuma y’igikorwa cyahungabanyije imibereho y’abaturage

AFC/M23 irashinja FARDC umugambi mubisha nyuma y’igikorwa cyahungabanyije imibereho y’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.