• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu mafoto: Icyahise gikurikira impinduka zikomeye mu buyobozi bwo hejuru muri RDF

radiotv10by radiotv10
06/06/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Mu mafoto: Icyahise gikurikira impinduka zikomeye mu buyobozi bwo hejuru muri RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amasaha macye hakozwe impinduka mu buyobozi bukuru bwa RDF, Umugaba Mukuru mushya, Lt Gen Mubarakh Muganga ndetse n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka mushya,  Maj Gen Vincent Nyakarundi, bahise batangira inshingano, nyuma y’uko habayeho ihererekanyabubasha ry’inshingano.

Uku guhererekanya ububasha bw’inshingano, kwabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Kamena 2023, nyuma y’amasaha macye, Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, akoze izi mpinduka.

Itangazo dukesha ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ryagiye hanze kuri uyu wa Kabiri, tariki 06 Kamena, rivuga ko “Umugaba Mukuru wa RDF mushya, Lt Gen Mubarakh Muganga n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka Maj Gen Vincent Nyakarundi, batangiye inshingano zabo uyu munsi nyuma yo guhererekanya ububasha mu muhango wabereye ku cyicaro cya RDF ku Kimihurura.”

Ni umuhango kandi wanitabiriwe na bamwe mu Bajenerali ba RDF ndetse na bamwe mu bandi basirikare bakuru b’Abofisiye.

Aba bayobozi Bakuru muri RDF, batangiye inshingano nshya, nyuma y’amasaha macye, bazihawe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, wanashyizeho Minisitiri w’Umutekano mushya, ari we Juvenal Marizamunda wasimbuye Maj Gen Albert Murasira.

Perezida Paul Kagame kandi yanakoze izindi mpinduka, nko kuba Colonel Francis Regis Gatarayiha yagizwe Umuyobozi w’agateganyo w’Ishami rishinzwe Ubutasi mu Ngabo z’u Rwanda, na we wanagaragaye muri uyu muhango wabaye none ku wa Kabiri.

Ubwo Umugaba Mukuru wa RDF mushya n’ucyuye Igihe bashyiraga umukono ku guhererekanya ububasha bw’inshingano
Umugaba Mukuru yahererekanyije ububasha n’umusimbuye Maj Gen Vincent Nyakarundi

Umuhango warimo abandi Bajenerali muri RDF

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 4 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Umusirikare mukuru muri RDF yinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali

Next Post

Uregwa kwica umugore we yavugiye mu ruhame icyo yamuhoye cyatunguye benshi

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Uregwa kwica umugore we yavugiye mu ruhame icyo yamuhoye cyatunguye benshi

Uregwa kwica umugore we yavugiye mu ruhame icyo yamuhoye cyatunguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.