Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Mu mashusho ashotorana umuhanzi Alto yeruye ko akunda Asinah umurusha imyaka itari micye

radiotv10by radiotv10
05/01/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Mu mashusho ashotorana umuhanzi Alto yeruye ko akunda Asinah umurusha imyaka itari micye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi nyarwanda ukizamuka uzwi nka Alto yashyize amashusho ku mbuga nkoranyambaga ari kumwe n’umuhanzikazi Asinah Erra anyuzamo akamubwira ko ari mwiza bihebuje kandi ko yamwihebeye.

Mu mashusho yanyujije kuri status ya Instagram, Alto na Asinah baba barebana akana ko mu jisho mu buryo budasanzwe ubundi babwirana amagambo aryohereye.

Alto anyuzamo akabwira Asinah Erra ko ari mwiza bihebuje undi na we akamusubiza amwenyura cyane ati “Urakoze, ariko mpora nkubwira ko uri mwiza kundusha.”

Muri aya mashusho, uyu muhanzi ukizamuka ariko ufite indirimbo zikunzwe na benshi, agera aho akabwira Asinah ko amukunda ati “Ndagukunda” undi akirinda kugira icyo amubwira, Alto agasubira ati “Ndagukunda” na none Asinah akaryumaho.

Alto yemeye ko ari mu rukundo na Asinah koko ndetse ko bamaranye amezi abiri bakundana. Ati “Ni byo turakundana hashize amezi abiri.”

Uyu musore ukiri muto yavuze ko Asinah ari uko ari umugore mwiza wo gukunda ku buryo atakwitesha ayo mahirwe.

Avuga ko kuba akundanye n’uyu muhanzikazi umurusha imyaka itari micye, ntacyo bivuze kuko icya mbere ari urukundo atari imyaka umwe yaba arusha indi ahubwo ko ari uko bapfa kuba bahuza kandi buri umwe akunda undi.

Asinah utari uherutse kuvugwa mu itangazamakuru, mu minsi yashize yari yatangaje ko afite umukunzi mushya w’umunyamahanga icyakora yirinda kumutangaza ngo abantu batazamumutwara.

Uyu muhanzikazi yavuzwe cyane ubwo yakundanaga n’umuraperi Riderman bakanyujijeho ariko uyu muhanzi akaza gushaka undi mugore.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Urukundo ruri kugurumana hagati ya Kwizera Olivier na Dj Sonia biyerekanye barebana icyoroshye

Next Post

Umusore warongoye umugore umurusha imyaka 27 ari mu bifuza kuba Rudasumbwa w’u Rwanda

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore warongoye umugore umurusha imyaka 27 ari mu bifuza kuba Rudasumbwa w’u Rwanda

Umusore warongoye umugore umurusha imyaka 27 ari mu bifuza kuba Rudasumbwa w’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.