Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Mu mashusho ashotorana umuhanzi Alto yeruye ko akunda Asinah umurusha imyaka itari micye

radiotv10by radiotv10
05/01/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Mu mashusho ashotorana umuhanzi Alto yeruye ko akunda Asinah umurusha imyaka itari micye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi nyarwanda ukizamuka uzwi nka Alto yashyize amashusho ku mbuga nkoranyambaga ari kumwe n’umuhanzikazi Asinah Erra anyuzamo akamubwira ko ari mwiza bihebuje kandi ko yamwihebeye.

Mu mashusho yanyujije kuri status ya Instagram, Alto na Asinah baba barebana akana ko mu jisho mu buryo budasanzwe ubundi babwirana amagambo aryohereye.

Alto anyuzamo akabwira Asinah Erra ko ari mwiza bihebuje undi na we akamusubiza amwenyura cyane ati “Urakoze, ariko mpora nkubwira ko uri mwiza kundusha.”

Muri aya mashusho, uyu muhanzi ukizamuka ariko ufite indirimbo zikunzwe na benshi, agera aho akabwira Asinah ko amukunda ati “Ndagukunda” undi akirinda kugira icyo amubwira, Alto agasubira ati “Ndagukunda” na none Asinah akaryumaho.

Alto yemeye ko ari mu rukundo na Asinah koko ndetse ko bamaranye amezi abiri bakundana. Ati “Ni byo turakundana hashize amezi abiri.”

Uyu musore ukiri muto yavuze ko Asinah ari uko ari umugore mwiza wo gukunda ku buryo atakwitesha ayo mahirwe.

Avuga ko kuba akundanye n’uyu muhanzikazi umurusha imyaka itari micye, ntacyo bivuze kuko icya mbere ari urukundo atari imyaka umwe yaba arusha indi ahubwo ko ari uko bapfa kuba bahuza kandi buri umwe akunda undi.

Asinah utari uherutse kuvugwa mu itangazamakuru, mu minsi yashize yari yatangaje ko afite umukunzi mushya w’umunyamahanga icyakora yirinda kumutangaza ngo abantu batazamumutwara.

Uyu muhanzikazi yavuzwe cyane ubwo yakundanaga n’umuraperi Riderman bakanyujijeho ariko uyu muhanzi akaza gushaka undi mugore.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 10 =

Previous Post

Urukundo ruri kugurumana hagati ya Kwizera Olivier na Dj Sonia biyerekanye barebana icyoroshye

Next Post

Umusore warongoye umugore umurusha imyaka 27 ari mu bifuza kuba Rudasumbwa w’u Rwanda

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

by radiotv10
08/01/2026
0

In today’s digital world, screens are everywhere. From phones and laptops to TVs and tablets, many people spend hours staring...

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira
FOOTBALL

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

08/01/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

08/01/2026
Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

08/01/2026
Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

08/01/2026
Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore warongoye umugore umurusha imyaka 27 ari mu bifuza kuba Rudasumbwa w’u Rwanda

Umusore warongoye umugore umurusha imyaka 27 ari mu bifuza kuba Rudasumbwa w’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.