Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu mboni z’amategeko Evode yagaragaje ingingo zikomeye zahonyowe habaho iby’Abakono

radiotv10by radiotv10
26/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu mboni z’amategeko Evode yagaragaje ingingo zikomeye zahonyowe habaho iby’Abakono
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizeyimana avuga ko ubumwe bw’Abanyarwanda bugomba gushingira ku isano muzi y’Ubunyarwanda bahuje, kandi ko buteganywa n’amahame remezo y’Itegeko Nshinga rihatse andi yose mu Rwanda, bityo ko ntakindi bukwiye kubangikanywa, ati “‘Ndi Umunyarwanda’ ntiwayihuza na ‘Ndi Umukono’.”

Ubumwe bw’Abanyarwanda bwongeye gutekerezwa kuva mu cyumweru gishize ubwo Umuryango RPF-Inkotanyi wamaganaga ibirori byiswe “Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono” byabereye i Kinigi mu Karere ka Musanze tariki 09 Nyakanga 2023.

Iyi ngingo kandi yanagarutsweho mu nama nyunguranabitekerezo ya RPF yateranye ku Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2023, aho abayobozi b’Umuryango ndetse n’abanyamuryango banenze bamwe muri bo babaciye ruhinganyuma bakajya gukora iki gikorwa kidatanga urugero rwiza mu kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda.

Senateri Evode Uwizeyimana usanzwe ari n’impuguke mu by’amategeko, avuga ko ubumwe bw’Abanyarwanda bushingiye ku mahame atandatu ateganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, yiyemejwe na Leta y’u Rwanda ko agomba kugenga imibereho y’Abanyarwanda.

Ati “Ihame remezo rya kabiri Leta yiyemeje, rivuga ko Leta yiyemeje kurandura amacakubiri ayo ari yo yose, yaba ashingiye ku bwoko, ku Karere ndetse n’ibindi.”

Akomeza avuga ko mu ngingo ya 10 y’iri Tegeko Nshinga ivuga kuri iri hame, “Igashimangira icyitwa ubumwe bw’Abanyarwanda. Ni ukuvuga ko ari bwo bugomba gushyirwa imbere.”

Anagaruka ku byagiye bikosorwa muri politiki y’u Rwanda byari bishingiye ku gucamo ibice Abanyarwanda, atanga ingero z’ishyaka ryitwaga PDC (Parti Democratique Chretien), riharanira Demokarasi ya Gikirisitu, ndetse n’ishyaka ryitwaga PDI (Parti Democratique Islamique) riharanira Demokarasi ya Kisilamu.

Ati “Ayo mashyaka yose yagiye ahindura amazina kugira ngo adakomeza gushingira kuri bya bintu bibujijwe.”

 

‘Ndi Umunyarwanda’ ntiwayihuza na ‘Ndi Umukono’

Senateri Evode Uwizeyimana kandi agaruka ku biherutse kubaho byo ‘Kwimika Umutware w’Abakono’, yavuze ko ibikorwa byose bicamo Abanyarwanda ibice, binyuranyije n’irindi hame rya ‘Ndi Umunyarwanda’ risanzwe ari umuzi wo kongera kubaho k’u Rwanda, kandi ko ntakindi bikwiye kubangikanywa.

Ati “Ndi Umunyarwanda ntakuntu wayihuza na ndi Umunyanduga, Ndi Umunyarwanda ntabwo wayihuza na ndi Umukono, ntabwo mbona aho byahurira, […] ndi Umunyarwanda ntabwo wayihuza na ndi Umucyaba.”

Hon Evode kandi avuga ko n’ibyemezo byose bifatwa na Perezida birimo gushyiraho abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, “Iteka Itegeko Nshinga rimuhamagarira kwita ku bumwe bw’Abanyarwanda.”

Evode Uwizeyimana anagaruka kandi ku nkingi eshatu zatanzwe n’Umukuru w’Igihugu zigomba kugenderwaho n’Abanyarwanda bose, ari zo “Ubumwe bw’Abanyarwanda [Unity], kubazwa inshingano [Accountability] no gutekereza mu buryo bwagutse [think big].”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye Mushikiwabo asubika kujya muri DRCongo bitunguranye

Next Post

Huye: Ibisobanuro bitunguranye by’uwatinyutse umutungo wa Leta akawigabiza

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Huye: Ibisobanuro bitunguranye by’uwatinyutse umutungo wa Leta akawigabiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.