Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu mboni z’amategeko Evode yagaragaje ingingo zikomeye zahonyowe habaho iby’Abakono

radiotv10by radiotv10
26/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu mboni z’amategeko Evode yagaragaje ingingo zikomeye zahonyowe habaho iby’Abakono
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizeyimana avuga ko ubumwe bw’Abanyarwanda bugomba gushingira ku isano muzi y’Ubunyarwanda bahuje, kandi ko buteganywa n’amahame remezo y’Itegeko Nshinga rihatse andi yose mu Rwanda, bityo ko ntakindi bukwiye kubangikanywa, ati “‘Ndi Umunyarwanda’ ntiwayihuza na ‘Ndi Umukono’.”

Ubumwe bw’Abanyarwanda bwongeye gutekerezwa kuva mu cyumweru gishize ubwo Umuryango RPF-Inkotanyi wamaganaga ibirori byiswe “Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono” byabereye i Kinigi mu Karere ka Musanze tariki 09 Nyakanga 2023.

Iyi ngingo kandi yanagarutsweho mu nama nyunguranabitekerezo ya RPF yateranye ku Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2023, aho abayobozi b’Umuryango ndetse n’abanyamuryango banenze bamwe muri bo babaciye ruhinganyuma bakajya gukora iki gikorwa kidatanga urugero rwiza mu kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda.

Senateri Evode Uwizeyimana usanzwe ari n’impuguke mu by’amategeko, avuga ko ubumwe bw’Abanyarwanda bushingiye ku mahame atandatu ateganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, yiyemejwe na Leta y’u Rwanda ko agomba kugenga imibereho y’Abanyarwanda.

Ati “Ihame remezo rya kabiri Leta yiyemeje, rivuga ko Leta yiyemeje kurandura amacakubiri ayo ari yo yose, yaba ashingiye ku bwoko, ku Karere ndetse n’ibindi.”

Akomeza avuga ko mu ngingo ya 10 y’iri Tegeko Nshinga ivuga kuri iri hame, “Igashimangira icyitwa ubumwe bw’Abanyarwanda. Ni ukuvuga ko ari bwo bugomba gushyirwa imbere.”

Anagaruka ku byagiye bikosorwa muri politiki y’u Rwanda byari bishingiye ku gucamo ibice Abanyarwanda, atanga ingero z’ishyaka ryitwaga PDC (Parti Democratique Chretien), riharanira Demokarasi ya Gikirisitu, ndetse n’ishyaka ryitwaga PDI (Parti Democratique Islamique) riharanira Demokarasi ya Kisilamu.

Ati “Ayo mashyaka yose yagiye ahindura amazina kugira ngo adakomeza gushingira kuri bya bintu bibujijwe.”

 

‘Ndi Umunyarwanda’ ntiwayihuza na ‘Ndi Umukono’

Senateri Evode Uwizeyimana kandi agaruka ku biherutse kubaho byo ‘Kwimika Umutware w’Abakono’, yavuze ko ibikorwa byose bicamo Abanyarwanda ibice, binyuranyije n’irindi hame rya ‘Ndi Umunyarwanda’ risanzwe ari umuzi wo kongera kubaho k’u Rwanda, kandi ko ntakindi bikwiye kubangikanywa.

Ati “Ndi Umunyarwanda ntakuntu wayihuza na ndi Umunyanduga, Ndi Umunyarwanda ntabwo wayihuza na ndi Umukono, ntabwo mbona aho byahurira, […] ndi Umunyarwanda ntabwo wayihuza na ndi Umucyaba.”

Hon Evode kandi avuga ko n’ibyemezo byose bifatwa na Perezida birimo gushyiraho abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, “Iteka Itegeko Nshinga rimuhamagarira kwita ku bumwe bw’Abanyarwanda.”

Evode Uwizeyimana anagaruka kandi ku nkingi eshatu zatanzwe n’Umukuru w’Igihugu zigomba kugenderwaho n’Abanyarwanda bose, ari zo “Ubumwe bw’Abanyarwanda [Unity], kubazwa inshingano [Accountability] no gutekereza mu buryo bwagutse [think big].”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye Mushikiwabo asubika kujya muri DRCongo bitunguranye

Next Post

Huye: Ibisobanuro bitunguranye by’uwatinyutse umutungo wa Leta akawigabiza

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Huye: Ibisobanuro bitunguranye by’uwatinyutse umutungo wa Leta akawigabiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.