Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw’umuburo ku kibazo gihangayikishije

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw’umuburo ku kibazo gihangayikishije
Share on FacebookShare on Twitter

“Gusinda si wane”– Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, mu butumwa busaba abanywa ibinyobwa bisembuye, by’umwihariko abasore n’inkumi, kugabanya, bakanywa mu rugero kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo zirimo kurwara indwara zikomeye.

Mu mashusho y’ubukangurambaga, yagiye hanze mu mpera z’icyumweru gishize, atangira abiganjemo urubyiruko biteretse amacupa y’inzoga, bari kwica icyaka bizihiwe.

Muri aya mashusho asa nk’ubutumwa bwamamaza, uru rubyiruko rubona Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana ahingutse aho, umwe agahita ahaguruka, akamuhamagara ati “Hey bro [komera muvandimwe], tugutemo kamwe se? [tukugurire icupa rimwe?].”

Muri aya mashusho, Minisitiri ahita yegera aba basore n’inkumi, ubundi akagaragaza ko atunguwe n’izi nzoga ziri kunyobwa n’uru Rwanda rw’ejo.

Ati “Abajene muraho. Izi nzoga se ra!?” Bakamusubiriza rimwe bagira bati “Ni neza pe, nta ribi.” Ariko we akabereka ko yatunguwe ndetse agatangira no kubaha impanuro.

Minisitiri ati “Izi nzoga zangiza ubuzima, zitera indwara zitandukanye, za Cancer, Diabetes, indwara z’umutima. Ubu murisukamo amacupa angana gutya mukagira ngo ubuzima bwanyu ntibugira ibibazo?”

Umwe muri uru rubyiruko ahita avuga ati “Nyamara ibintu Minisitiri avuze ni byo.” Na we agakomeza abasaba kuba bazireka, ariko bakavuga ko bitaborohera.

Minisitiri akomeza agira ati “Basi munywe gacye, musome gacye. Gusinda si wane.”

Minisiteri y’Ubuzima iherutse gushyira hanze ubushakashatsi ku bijyanye n’impamvu zishobora gutera indwara zitandura, bwagaragaje ko abanywa inzoga mu Rwanda bakomeje kwiyongera kuko bavuye kuri 43,3% bagera kuri 48,1% mu myaka 10 ishize.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko abanywa inzoga bikabije bagasinda, Intara y’Iburengerazuba ari yo iyoboye, ifite 19,1%, hagakurikiraho iy’Amajyaruguru ifite abasinzi bakabije 15,8%. Intara y’Amajyepfo iza ku mwanya wa gatatu n’abasinzi 15,1%, iy’Iburasirazuba igakurikiraho n’abasinzi 13,8%, Umujyi wa Kigali ukaza inyuma n’imibare ya 10,5%.

Perezida Paul Kagame mu kiganiro aherutse kugirana na RBA, yagarutse ku bishobora gutuma umuntu agira umunaniro w’ubwonko [Stress], n’uburyo abantu babyirinda, burimo kuba bareka kunywa inzoga nyinshi.

Umukuru w’u Rwanda agaruka ku bimuranga bimufasha kurwanya Stress no kugira ubuzima buzira umuze, yagize ati “Siporo ndayikora, mpitamo ibyo mfungura, ntabwo mpfa gufungura ibibonetse byose, n’ibi bisembuye byica abantu ntabwo…cyeretse umunsi mukuru cyangwa naje iwawe, nshobora gufata ikirahure kimwe…”

Dr Sabin akunze gushishikariza urubyiruko gukora siporo dore ko na we asanzwe ari umusiporutifu ukomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 12 =

Previous Post

Abaturarwanda bagiye kongera kwihera ijisho irushanwa ry’Abavangamiziki [DJs]

Next Post

Umuhanzikazi mushya ahishuye inkuru y’agahinda yashibutsemo indirimbo yazamuriye benshi amarangamutima

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
MU RWANDA

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

10/12/2025
U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

10/12/2025
Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi mushya ahishuye inkuru y’agahinda yashibutsemo indirimbo yazamuriye benshi amarangamutima

Umuhanzikazi mushya ahishuye inkuru y’agahinda yashibutsemo indirimbo yazamuriye benshi amarangamutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.