Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Mu mwiherero w’Amavubi y’amasura mashya hagaragayemo umukinnyi wawujemo bitunguranye (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
01/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Mu mwiherero w’Amavubi y’amasura mashya hagaragayemo umukinnyi wawujemo bitunguranye (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo hatangiraga imyitozo y’Ikipe y’Igihugu Amavubi, hagaragayemo umukinnyi Kabanda Serge wa Gasogi United utari uri ku rutonde rw’abahamagawe n’umutoza Frank Torsten Spitller.

Kuri uyu wa mbere saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ku kibuga cy’imyitozo cya Sitade Amahoro hatangiye imyitozo y’Ikipe y’Igihugu Amavubi iri kwitegura imikino ibiri na Benin muri uku kwezi k’Ukwakira twatangiye.

Ni imyitozo yagaragayemo abakinnyi b’amasura mashya mu ikipe y’Igihugu, ndetse na Kabanda Serge wa Gasogi United, utari wahamagawe.

Ikipe y’u Rwanda iri kwitegura guhura na Benin tariki 11 Ukwakira 2024 muri Côte D’Ivoire, ndetse na tariki ya 15 Ukwakira 2024, aho Amavubi azakira Benin kuri Sitade Amahoro.

Kabanda Serge si we wenyine uhamagawe bwa mbere wagaragaye mu myitozo y’ikipe y’Igihugu, kuko na Rutahizamu Johan Marvin Kury ukinira ikipe ya Yverdon Sports FC yo mu cyiciro cya mbere mu Busuwisi nawe yakoze imyitozo ya mbere ndetse na Salim Abdallah ukinira Musanze FC na we akaba yaragaragaye muri iyi myitozo ya mbere y’Amavubi.

Abandi bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda bategerejwe, ni Gitego Arthur ugera mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri, umunyezamu Buhake Clement utegerejwe mu Rwanda Tariki 03 Ukwakira 2024 ndetse Mugisha Bonheur Casemiro na Ishimwe Annicet bo bazagera mu Rwanda tariki 05 Ukwakira 2024.

Amavubi y’amasura mashya yatangiye imyitozo

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 9 =

Previous Post

Ruhango: Hashyizwe hanze ukuri ku byagwaga ko Umuyobozi mu z’ibanze afungiye mu nzererezi

Next Post

U Rwanda rwagaragaje ibyo Congo igomba gukora kugira ngo amahoro aboneke

Related Posts

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya...

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w'iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagaragaje ibyo Congo igomba gukora kugira ngo amahoro aboneke

U Rwanda rwagaragaje ibyo Congo igomba gukora kugira ngo amahoro aboneke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.