Friday, February 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu rubanza rwa Prince Kid habaye ikintu kitari kitezwe

radiotv10by radiotv10
29/10/2022
in MU RWANDA
1
Mu rubanza rwa Prince Kid habaye ikintu kitari kitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe byari byitezwe ko Urukiko rusoma icyemezo cyarwo ku rubanza ruregwamo Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid, Umucamanza yategetse ko rugomba kuzasubirwamo bundi bushya.

Abanyamakuru ndetse na bamwe mu nshuti za hafi za Prince Kid, bari bakubise buzuye ku cyicaro ry’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, baje kumva icyemezo cy’Urukiko.

Ku isaaha ya saa saba zirengaho indi minota, Urukiko rwamenyesheje ababuranyi ko icyemezo kidasomwa ahubwo ko hafashwe icyo gusubiramo uru rubanza bundi bushya ku bw’impamvu zo gutanga ubutabera bwuzuye.

Umucamanza yavuze ko bamwe mu batangabuhamya babajijwe n’Ubugenzacyaha ndetse no mu Bushinjacyaha, bagomba no kuza imbere y’Urukiko gutanga ubuhamya bwabo.

Ni icyemezo cyasomwe, uregwa ndetse n’abamwunganira batari mu cyumba cy’iburanisha, aho iki gikorwa kitabiriwe n’Inteko y’Ubushinjacyaha yaburanye uru rubanza.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, guhamya ibyaha Ishimwe Dieudonne, rukamukatira gufungwa imyaka 16.

Prince Kid waburanye mu mizi tariki 05 Ukwakira 2022, aregwa ibyaha bibiri; gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no guhoza undi ku nkeke biganisha ku mibonano mpuzabitsina.

Ni ibyaha bishingiye ku bikorwa bivugwa ko byakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda ryamaze no kwamburwa kompanyi ya Prince Kid yari imaze igihe iritegura ikanarikoresha.

Bamwe muri abo bakobwa bavugaga ko Prince Kid yabahozaga ku nkeke, abandikira ubutumwa mu gicuku ndetse anabahamagara, mu biganiro byaganishaga ku mibonano mpuzabitsina.

Tariki 05 Ukwakira 2022, ubwo Prince yazaga kuburana mu mizi, Ubushinjacyaha bwongeye gusaba ko urubanza rwashyirwa mu muhezo, ariko we akabitera utwatsi, akifuza ko rubera mu ruhame kuko anatabwa muri yombi, byatangajwe mu bitangazamakuru.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko hakurikijwe ibivugirwa muri iyi dosiye, ku bw’impamvu mbonezabupfura, uru rubanza rukwiye gushyirwa mu muhezo.

Prince Kid waburanye ahakana ibyaha ashinjwa, yavugaga ko Abanyarwanda bakeneye kumenya ukuri kubivugwa muri ibi birego bye ndetse ko n’ababyeyi b’abo bakobwa bakeneye kumenya ukuri kwabyo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nice Ingabire says:
    3 years ago

    Ariko Ubu Abo tuganira ibyo biganiro Bose tuzabarege uziko aricyo kiganiro kiryoha munkuru zose zibaho nicyo mushobora kuganiraho umwanya muremure kurusha ikijyanye n’a business

    Reply

Leave a Reply to Nice Ingabire Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − two =

Previous Post

Uwabaye Minisitiri w’Intebe wafunguwe ku mbabazi za Perezida Kagame yongeye guhamagazwa n’urukiko

Next Post

Perezida Kagame muri Mozambique yaganiriye na mugenzi we Nyusi (AMAFOTO)

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

by radiotv10
06/02/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we Ngabo Eric amugongeye ku kabari ko...

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

by radiotv10
05/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yongeye gusubiza abirirwa bashinja u Rwanda ibinyoma ko ruri muri DRC, avuga ko ababibajije yabasubije kenshi ko...

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

by radiotv10
05/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yongeye kugaruka ku bibazo byo mu karere u Rwanda ruherereyemo by’umwihariko ibyarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

by radiotv10
05/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi REB, bwavuze ko umunyeshuri wigaga mu Ishuri ryisumbuye ryigamo abakobwa ryo mu Murenge wa Rusiga mu...

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

by radiotv10
05/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b'Abanyamulenge bahuriye na Patrick Muyaya-Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC i...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

by radiotv10
06/02/2026
0

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

05/02/2026
Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

05/02/2026
REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

05/02/2026
Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

05/02/2026
Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

05/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame muri Mozambique yaganiriye na mugenzi we Nyusi (AMAFOTO)

Perezida Kagame muri Mozambique yaganiriye na mugenzi we Nyusi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.